Itangazo dukesha iyi minisiteri riravuga ko iri gabanuka ritewe n’igabanuka ry’igiciro cya peteroli ku isoko mpuzamahanga mu mezi atatu ashize.
Riragira riti: “Igiciro fatizo cya essence na Mazutu i Kigali ntikigomba kurenza amafaranga 1000 kuri litiro”.
Iyi ni inshuro ya gatatu ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihinduka muri uyu mwaka wa 2013, aho byahindutse tariki 01/01/2013 ndetse no ku itariki 12/03/2013.
Mu mujyi wa Kigali, litiro ya essence cyangwa iya mazout yaguraga amafaranga 1050.
Jean Noel Mugabo
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|