Gatumba: Abarema isoko rya Rusumo bagiye gusubizwa

Nyuma y’igihe kinini abarema isoko rya Rusumo riri mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero basaba ko bakubakirwa isoko rya kijyambere, ubu imirimo yo kuryubaka yamaze gutangira.

Abarema iri soko biganjemo abacuruza imyambaro n’ibiribwa bavuga ko bashimishijwe cyane n’uko bagiye kujya bacuruza bafite umutekano w’ibicuruzwa byabo.

Imirimo yo kubaka isoko rya Rusumo yaratangiye.
Imirimo yo kubaka isoko rya Rusumo yaratangiye.

Gatumba ni umwe mu mirenge y’Akarere ka Ngororero irimo ibikorwa by’ubucuruzi byinshi aho iza ku mwanya wa gatatu, nyuma ya Ngororero na Kabaya. Ibyo bituma abarema isoko riremera muri uyu murenge baba benshi ndetse baturutse imihanda yose.

Kubera ubwinshi bw’abarema iri soko kandi rikaba ryakoreraga ahantu hatisanzuye, abarirema bari barariciyemo ibice bibiri, igice kimwe cyiganjemo abacuruza imyenda bayitandika ku nkengero z’umuhanda ndetse bamwe bakanawugeramo ku buryo byateza impanuka.

Abacururizaga ahadatunganye batangiye kwiruhutsa.
Abacururizaga ahadatunganye batangiye kwiruhutsa.

Sebagabo Innocent, umwe mu bacururiza mu isoko rya Rusumo avuga ko bishimiye ko ubuyobozi bw’akarere bwumvise ubusabe bwabo, biteganyijwe ko rizuzura muri nyakanga 2015.

Mu mwaka wa 2012, nibwo ubuyobozi bw’akarere bwari bwemereye abatuye uyu murenge n’abarema iri soko kuryubaka. Iri soko rije ari irya 6 mu masoko ya kijyambere abarirwa muri aka karere.

Biteganyijwe ko imirimo yo kubaka isoko rya Rusumo izarangira muri Nyakanga 2015.
Biteganyijwe ko imirimo yo kubaka isoko rya Rusumo izarangira muri Nyakanga 2015.

Ernest Kalinganire

Ibitekerezo   ( 2 )

ibikorwaremezo inkingi y’amajyambere

kibamba yanditse ku itariki ya: 3-03-2015  →  Musubize

ni byiza rwose iri soko ry’iwacu baryukake ndabyishimiye cyane!

Gatumba Oyeee! oye! oye!

Mugabarigira Theogene yanditse ku itariki ya: 3-03-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka