Ikibazo cya buruse itinda y’Abanyarwanda biga mu Budage cyabonewe umuti

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Minisiteri y’Uburezi gukemura ikibazo cy’amafaranga ya buruse agenerwa Abanyarwanda biga mu Budage atinda kubageraho.

Mu kibazo abiga mu Budage babajije, basobanuye ko aya mafaranga atinda cyane ku buryo amara amezi abiri atari yabageraho, bigatuma ubuzima bwo mu mahanga bubagora cyane.

Minisitiri w'Uburezi, Dr Musafiri Malimba Papias asobanura ko abanyeshuri biga mu mahanga batazongera gutinda kubona buruse.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Malimba Papias asobanura ko abanyeshuri biga mu mahanga batazongera gutinda kubona buruse.

Uwabisobanuye yagize ati « Buruse iraza ariko iratinda kuko bimara amezi abiri itaraza. Ihagera abanyeshuri bamaze guhangayika ubuzima bwabagoye. »

Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias, yasobanuye ko iki kibazo cyaterwaga n’uko amafaranga yanyuzwaga mu nzira ndende kugira ngo agere kuri aba banyeshuri, ariko ubu kikaba kigiye gukemuka burundu.

Perezida Kagame yavuze ko abanyeshuri batari bakwiye kuba bahura n’ikibazo nk’icyo kuko kuboherereza amafaranga ku gihe bitagoye.

Abaza ikibazo yagize ati «Kumenya umubare w’abanyeshuri n’amafaranga bakeneye biragoye!?»

Perezida Kagame yasabye Minisitiri Musafiri ndetse n’izindi nzego bireba gukemura iki kibazo kikarangira burundu. Yagize ati « Murebe uburyo mwakorana n’ibigo by’ishuri na za Ambasade hanyuma ikibazo gikemuke vuba.»

Emmanuel Nyandwi M.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

rwose inzego bireba nibagerageze kuko abiga igikondo muri sfb inzara aho bukera iratumara

jados yanditse ku itariki ya: 4-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka