Ubwongereza: Yahisemo kugenda mu isanduku ku munsi w’ubukwe bwe

Jenny Buckleff, Umwongerezakazi w’imyaka 58 mu rwego ngo rwo kukora ubukwe budasanzwe, ku munsi wo gusezerana n’umugabo yahisemo kugenda mu isandu yahisemo kugenda mu isanduku y’umukara ifunze ikururwa na moto aho kugenda mu modoka nziza nk’uko abandi babigenza.

Hari mu mpera z’icyumweru ubwo uyu Jenny wakoze igihe kinini muri kampani ikora akazi kajyanye no gushyingura abapfuye yatunguraga abantu aho kugenda ku ifarasi cya mu modoka agahitamo kwigendera mu isanduku uboshye uwapfuye.

Ngo yari arambiwe kubona ibintu bimwe ku bageni ahitamo kwigendera mu isanduku ajya gusezerana n'umugabo we.
Ngo yari arambiwe kubona ibintu bimwe ku bageni ahitamo kwigendera mu isanduku ajya gusezerana n’umugabo we.

Mbere yo gukora aka gashya ariko Jenny ngo yari yabwiye umugabo we uko azagera aho bari busezeranire. Icyakora ngo abatumirwa bo ntiyari yababwiye ku buryo ngo babibonye bakumirwa.

Umukobwa wa Jenny witwa Jade, akaba afite imyaka 27, yabwiye igitangazamakuru The Mirror ati « Kuza mu isanduku navuga ko bisa n’ibikocamye, ariko n’ubundi mama ntajya akora ibisanzwe. Atangira kubivuga natekerezaga ko yikinirira, ariko… »

Abantu mu nzira bari bumiwe.
Abantu mu nzira bari bumiwe.
Yari anezerewe mu isanduku.
Yari anezerewe mu isanduku.
Bakura umugeni mu isanduku.
Bakura umugeni mu isanduku.
Jenny'umugabo we. N'aho bakoreye ubukwe ntihasanzwe.
Jenny’umugabo we. N’aho bakoreye ubukwe ntihasanzwe.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

We ingororano ye yamaze kuzironka,kdi nanjye bimfashije kumenyako isi ishaje.

tarquin yanditse ku itariki ya: 24-09-2015  →  Musubize

yaberetse ikosora pe!!!!!!! aarikose nibikibyateye haa nimana izbibamo.

joseph 4you yanditse ku itariki ya: 5-08-2015  →  Musubize

Icyi ni kimwe mubyerekana ko ari ibihe byanyuma umutima nama ntawo bagira ni abo gusabirwa!!!

Alias yanditse ku itariki ya: 3-07-2015  →  Musubize

yewe ntamakuru kabisa nyamara uwomugore sigusa ;ubwose ibintu nkibyo byamumariye iki ahubwo ;ashobora kuba afite ikibazo mumutwe kuko ntamuntu muzima wakora ibyo

joseph sarto yanditse ku itariki ya: 8-06-2015  →  Musubize

kbs itandukanyirizo ryi kosora

moide yanditse ku itariki ya: 8-06-2015  →  Musubize

haricyo mwongera kuvuga iyi niminsi yanyuma ibyabandi batinya u
wo abiha agaciro

umusaza anko yanditse ku itariki ya: 8-06-2015  →  Musubize

Birasekeje Sana!!!!!!!!!!!!!!

tdiogene yanditse ku itariki ya: 7-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka