Umuhanzi General Ozzy yaraye ageze i Kigali

Umuhanzi w’icyamamare akaba n’umuvandimwe wa Roberto wamenyekanye mu ndirimbo Amarula yamaze gusesekara i Kigali aje kwitabira igitaramo cya Two 4Real

General Ozzy nk’umwe mu bahanzi bazifatanya n’itsinda Two 4Real mu kumurika umuzingo (Album) yabo, abaye uwa mbere mu gusesekara i Kigali akaba yamaze kwakirwa n’aba basore bagize itsinda rya Two 4Real.

Yakiriwe n'abagize itsinda Two 4Real
Yakiriwe n’abagize itsinda Two 4Real

Dj Pius yadutangarije ko bishimiye kwakira General Ozzy kandi ko bategereje n’abandi bahanzi mu minsi iri imbere. Yanadutangarije ko yasesekaye i Kigali kuri uyu wa 27.10.2015 ahagana ku isaha ya saa saba z’amanywa nk’uko byari biteganyijwe.

Yongeye asaba abafana ba Two 4Real kuzitabira uku kumurika umuzingo agira ati: “Icyo nasaba abafana bacu ni ukuza kutuba hafi, ni n’uburyo bwo kugira ngo babone aho Two 4Real ihagaze no kudushyigikira nk’itsinda bakunda.”

Umuhanzi General Ozzy aganira n'abanyamakuru
Umuhanzi General Ozzy aganira n’abanyamakuru

Yakomeje avuga ko kubera uburyo bakunda abafana babo ari yo mpamvu bahisemo kubazanira abahanzi bakunzwe mu karere.

Uyu muzingo (Album) iri tsinda rigiye kumurika yitwa “Nyumva” ikaba ariyo alubumu ya mbere bagiye kumurika.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka