Ruhango: Yambuwe amafaranga 300 yahuka intsina arazararika

Nkunzurwanda Elias yagiye mu rutoki rwa Ntahobakina Marcel atema insina 30 azishyira hasi ku wa 27 Ukwakira 2015, bapafa ko ngo yamwambuye 300Frw.

Nkunzurwanda yari umukozi wa Ntahobatuye wo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, akaba ngo yari asanzwe amukorera muri uru rutoki.

Yatemye insina arararika ngo kubera ko bamwambuye amafaranga 300.
Yatemye insina arararika ngo kubera ko bamwambuye amafaranga 300.

Inzego z’umutekano zahise zita muri yombi Nkunzurwanda, ariko Umyobozi wa Polisi mu Karere ka Ruhango, CIP Adrien Rutagengwa, avuga ko agomba gukurikirwanwa n’urwego rw’abunzi, anasaba abaturage kujya birinda urugomo nk’uru kuko kuko ngo bibatesha agaciro.

CIP Rutagengwa akomeza asaba abaturage kujya batanga amakuru hakiri kare, kugira ngo hirindwe amakimbirane nk’aya y’urukozasoni, ashobora no kubyara impfu.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ego mana, ubwo uwo muntu ni muzima? Aha ndumiwe pe!

Uwera yanditse ku itariki ya: 19-11-2015  →  Musubize

abagabo bose ntakigenda peee...!kwambura 300 namahano kumukire, arikonogutema insina nayo...nandi

j adolph yanditse ku itariki ya: 14-11-2015  →  Musubize

Uyu muntu watemye insina ashyikirizwe ubutabera ahanwe by’intangarugero

KAGANGA yanditse ku itariki ya: 12-11-2015  →  Musubize

birababaje gusa, imbuye haranze harananiranye pe!! kdi ari iwacu?

Tugiye kwisubiraho abanyembuye!

irankunda clement yanditse ku itariki ya: 29-10-2015  →  Musubize

Bwakwiye kujya bahemba abo bakoresheje hakirikare kuko baba bakoresheje imbaraga zabo

Kanyabitaro yanditse ku itariki ya: 28-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka