Albert Nsengiyumva yakuwe muri Minisiteri y’Uburezi

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, yatangaje ko Nsengiyumva Albert wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yakuwe kuri uyu mwanya.

Itangazo Minisitiri Murekezi yasinyeho kuri uyu wa kabiri tariki 27 Ukwakira 2015, rigira riti “Ashingiye ku bubasha ahabwa n’Itegeko Nshinga Perezida Kagame yavanye ku mirimo Nsengiyumva Albert wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.”

Nsengiyumva yari asanzwe ari umunyamabanga wa Leta ushinzwe amasomo y'ubumenyingiro muri MINEDUC.
Nsengiyumva yari asanzwe ari umunyamabanga wa Leta ushinzwe amasomo y’ubumenyingiro muri MINEDUC.

Nsengiyumva yashyizwe kuri uyu mwanya tariki 25 Gashyantare 2013, avuye muri Minisiteri y’Ibikorwa remezo.

Itangazo Minisitiri w'Intebe yashyize ahagaragara.
Itangazo Minisitiri w’Intebe yashyize ahagaragara.

Kigali Today

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

None se iyi nkuru ko nta bucukumbuzi burimo.
Ni iyi mpamvu yatumye avanwaho?
Rwose muba mwageze yo mujye muduha inkuru zicukumbuye twoye gucyeka no guhimba tubeshya kugira ngo turyoshye inkuru.

Alias yanditse ku itariki ya: 27-10-2015  →  Musubize

HE,buriya arabona umusimbura umusumba su ubwa mbere yaba atweretse ubushishozi bwe bwi indashyikirwa..

Frank yanditse ku itariki ya: 27-10-2015  →  Musubize

Azize ruswa yatse mu isoko ryari gutangwa kuri polytechnic ya ULK, iryo soko rihawe indi companey atifuzaga, ahita afunga iyo polytechnique, Kdi imaze umwaka wose ikora! Ntimukibwire ko kwitwa minister mu rda re’ubu ari ugukora ibyo ushakamu nyungu zawe.

ngombwa yanditse ku itariki ya: 27-10-2015  →  Musubize

uyu mugabo yarashoboye TVET ariko kubwo ubushishozi bwa nyakubahwa perezida wa repubulika aradushakira undi ubishoboye nawe.

jmr yanditse ku itariki ya: 27-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka