Mukura yatsinze Sunrise,AS Kigali ikomeza kuyobora

Mu mpera z’iki cyumweru Shampiona yari igeze ku munsi wa gatanu,aho Mukura yatsinze Sunrise 2-1,maze AS Kigali igakomeza kuyobora urutonde

Guhera kuri uyu wa gatanu taliki ya 16/10 kugeza taliki ya 18/10/2015,mu Rwanda hakinwaga imikino y’umunsi wa gatanu wa Shampiona y’icyiciro cya mbere,aho ikipe ya AS Kigali yatsinze Muhanga ibitego 2-0,bigatuma yicara ku mwanya wa mbere by’agateganyo.

Umukino wari witezwe na benshi, ni umukino wabaye kuri uyu wa gatandatu,aho ikipe ya Police Fc yari yakiriye Rayon Sports,maze amakipe yombi aza kunganya igitego 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kicukiro.

Muri uyu mukino wanagaragayemo ishyaka ryinshi ku makipe yombi,ikipe ya Rayon Sports niyo yaje gufungura amazamu mu gice cya mbere, ku gitego cyatsinzwe na Davis Kasirye,bituma anuzuza ibitego 4 muri shampiona.

Davis Kasirye yishimira igitego yatsinze Police Fc
Davis Kasirye yishimira igitego yatsinze Police Fc
Rayon Sports
Rayon Sports

Mu gice cya kabiri cy’umukino ikipe ya Police Fc yabonye igitego cyo kwishyura cyatsinzwe kuri Penaliti,nyuma y’aho Songa Isaie yari ategewe mu rubuga rw’amahina na Niyonzima Olivier Sefu,maze Songa Isaie aza no kuyiterera,bituma nawe ahita yuzuza ibitego bine muri shampiona.

Muhire Kevin wigaragaje kuri Police Fc,gusa aza gusimburwa mu gice cya kabiri
Muhire Kevin wigaragaje kuri Police Fc,gusa aza gusimburwa mu gice cya kabiri

Imikino yose y’umunsi wa 5

Ku wa gatanu

AS Muhanga 0-2 AS Kigali
SC Kiyovu 2-0 Marines

Ku wa Gatandatu

Espoir FC 1-0 Musanze FC
Police FC 1-1 Rayon Sports FC
APR FC 1-0 Rwamagana City FC

Ku cyumweru

Mukura VS 2-1 Sunrise FC
Bugesera FC 0-0 Amagaju FC
Etincelles FC 0-2 Gicumbi FC

Urutonde rwa Shampiona

Sammy IMANISHIMWE

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

APR FC niyihangane yongere ing ufu 2 kuko iri kuturwaza umutima nkabafana bayo sawa ibihe byiza.

bizabishaka fabrice yanditse ku itariki ya: 19-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka