Ubukwe bw’abafite ubumuga bw’uruhu bwatangaje imbaga

Babiri bafite ubumuga bw’uruhu bakunze kwita ba "nyamweru" kuri uyu wa 29 Ukwakira 2015 basezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango bitangaza imbaga yari ihateraniye.

Bumaze kubona ukuntu abantu batangariye ukukwe bwa Ndikumwenayo Edison na Nikuze Christine bita ba “nyamweru” kubera ubumuga bw’uruhu, Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kinihira bwasabye abari bahari aho gufata abantu bose kimwe bakirinda kuba bagira uwo bavangura kubera ubumuga afite.

Aba bageni bafite ubumuga bw'uruhu ibyishimo byari byinshi basezerana imbere y'amategeko.
Aba bageni bafite ubumuga bw’uruhu ibyishimo byari byinshi basezerana imbere y’amategeko.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinihira, Ernest Uwimana, yagize ati “Uyu muhango witabiriwe n’abantu benshi, wabonaga byabatangaje, ariko ntibikwiye, kuko aba bombi bihamirije ko bagiye kubaka umuryango ukomeye ndetse bakanafatanya kuzamura igihugu”.

Uwimana yaboneyeho no gushima icyemezo cy’aba bageni biyemeje imbere y’amategeko kuzabana akaramata.

Nubwo hari hari n'abandi bageni benshi, aba babiri bafite ubumuga bw'uruhu ni bo bari bakuruye imbaga y'abaje kwifatanya n'abageni.
Nubwo hari hari n’abandi bageni benshi, aba babiri bafite ubumuga bw’uruhu ni bo bari bakuruye imbaga y’abaje kwifatanya n’abageni.

Ndikumwenayo, wasezeranye na Nikuze , avuka mu Mudugudu wa Gashororo mu Kagari ka Murama mu Murenge wa Bweramana ho mu Karere ka Ruhango, akaba yaravutse mu mwaka wa 1988. Naho Nikuze we, akomoka mu Mudugudu wa Gashora mu Kagari ka Bweramvira ho mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango akaba yaravutse mu 1981.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

IMANA IBAHE UMUGISHA GUSA NTIBAZAYANE.

ARSENE yanditse ku itariki ya: 2-05-2016  →  Musubize

imana ibahe umugisha.

ARSENE yanditse ku itariki ya: 2-05-2016  →  Musubize

Mbega byiza uwiteka azabarinde !!!

Etienne yanditse ku itariki ya: 24-03-2016  →  Musubize

NIBYIZA PE!

Emmavava yanditse ku itariki ya: 11-02-2016  →  Musubize

abobantu imanaibahe umugisha turbashyikiye

Mugiraneza Jbosco yanditse ku itariki ya: 18-01-2016  →  Musubize

ababanjyeni imana ibahe umunjyisha bazabyare hungu na kobwa

tuyizere jean yanditse ku itariki ya: 30-11-2015  →  Musubize

muzabyare muheke bene data, Imana ibahe umugisha kandi muzabane mu rukundo nkuko mwabyifuje

Nizeyimana Bonaventure yanditse ku itariki ya: 26-11-2015  →  Musubize

Imana ibahe umugisha bene data muzakundane nkuko mwabyifuje

Nizeyimana Bonaventure yanditse ku itariki ya: 26-11-2015  →  Musubize

Mbega byiza bazagire urugo ruhire

ingabire christine yanditse ku itariki ya: 20-11-2015  →  Musubize

Urugo ruhire

ingabire christine yanditse ku itariki ya: 20-11-2015  →  Musubize

Yoo! Tubifurije guhirwa murugo rwabo shenge!

Uwera yanditse ku itariki ya: 19-11-2015  →  Musubize

ababageni ndikubasabirimana ,ikomezibafashe kubyobiyemeje.

damascene yanditse ku itariki ya: 16-11-2015  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka