Ababyeyi barerera mu Kigo Cy’Amashuri Abanza Centre Scolaire Amizero giherereye mu Karere ka Ruhango, barasaba abarezi gutinyura abana bakavuga indimi z’amahanga.
Minisiteri y’Uburezi yasabye abanyamigabane ba Kaminuza Mpuzamahanga ya Rusizi (RIU) kumvikana bitarenze ku wa 29 Mutarama 2016 bitaba ibyo igafungwa.
Abatoje intore z’abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Karongi basabwe gukurikirana uko zishyira mu bikorwa imihigo zahize.
Basoza uruzinduko rw’iminsi 10 bari bamaze mu Karere ka Kirehe, abadepite bashimye isuku igaragara mu bigo bya Leta, banenga umwanda basanganye abaturage.
Ubwo batangizanga imirimo y’ubwubatsi bw’isoko rishya rya Rwesero, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwatangaje ko bitarenze amezi 4 rigomba kuba ryuzuye
Ubwo abadepite bamurikiraga Akarere ka Gicumbi ibyavuye mu igenzura bamazemo icyumweru babanenze kutegera abaturage mu bikorwa bibakorerwa.
Ikigo cy’igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, kiravuga ko imbuto y’imyumbati kizavana Uganda kimwe cya kabiri kizahabwa Ruhango.
Ubwo intumwa za rubanda zari mu Karere ka Gakenke zasanze hakiri ikibazo gikomeye cy’isuku nke mu mirenge zasuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwiseguye ku bashatse amatike yo kwinjira mu mikino ya CHAN akayabura kubera uburiganya bw’abashaka kunguka menshi.
Nigeria yeretswe umuryango nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Guinea mu mukino wa CHAN mu itsinda C wabereye i Rubavu kuri uyu wa 26 Mutarama 2016.
Abatuye muri Miyaga mu Murenge wa Murundi i Kayonza baratabaza ubuyobozi kuko isatura (ingurube z’ishyamba) n’ibitera bibonera, ntibagire icyo basarura.
Mukeshimana Béatrice wo mu Karere ka Nyanza, ufite akabari iwe mu rugo, yarumwe izuru n’umukiriya we arikuraho.
Amazu 21 yavuyeho ibisenge andi 16 avaho amabati n’ibihingwa birangirika kubera imvura ivanze n’umuyaga n’urubura yaguye mu Murenge wa Karangazi.
Mu Murenge wa Nkungu mu Karere ka Rusizi harimo kubakwa inkambi y’agateganyo ijyanye n’igihe ishobora kwakira impunzi 700 kandi bakabaho neza.
Abadepite bamaze icyumweru mu Karere ka Kamonyi bagaragaje ko hari ikibazo cy’isuku nke n’icy’imirire mibi, biterwa n’uko abayobozi bategera abaturage.
Sotra yavaga i Kigali yerekeza i Rusizi, mu ma saa munani n’igice yo kuri uyu wa 26 Mutarama 2016 yakoze impanuka babiri barakomereka.
Abadepite bamaze iminsi 10 basura Akarere ka Nyamasheke basabye abayobozi guha agaciro abaturage batinyutse bakagaragaza ibitagenda.
Abadepite bari bamaze iminsi 10 mu ruzinduko mu Karere ka Kirehe barusoje kuri uyu wa 26 Mutarama 2016 biyama abarimu bagifite ingeso y’ubusinzi.
Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Rwamagana ngo bagiye guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi nyuma yo guhabwa ibikoresho bizifashishwa mu gikoni cy’umudugudu.
Umuryango Nyarwanda ugamije guteza imbere kwakira abantu neza no kubaha serivisi nziza (RACCP) urasaba kutihanganira kwakirwa nabi no guhabwa serivisi mbi.
Itsinda ry’abantu 70 bahagarariye umushinga wateye inkunga ya miliyari 111 z’amafaranga y’u Rwanda (Frw) imishinga yo kuhira imyaka, bari mu turere tune tw’igihugu bayigenzura.
Abahinzi b’umuceri bo mu mirenge ya Kilimbi na Macuba mu Karere ka Nyamasheke baravuga ko bugarijwe n’imisundwe kubera ko bahingisha ibirenge batikingiye.
Polisi y’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba, yemereje i Kigali ko igiye kunoza amasomo agezweho yo kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka.
Ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru ya Maroc yari yitabiriye CHAN yasuye urwibutso rwaa Jenoside yakorewe abatutsi rwa Gisozi mbere y’uko basubira muri Maroc
Abakozi ba Ngali Holdings Ltd n’ab’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro bahuguwe ku bijyanye no gukusanya amahoro y’inzego z’ibanze kuri uyu wa mbere.
Uwizeyimana Alexandre wo mu Karere ka Kirehe yafashwe n’abaturage nyuma yo kubaka amafaranga yiyita maneko wa Polisi yitwaje kubakemurira ibibazo.
Uruganda “Huye Mountain Coffee” rucuruza ikawa iri mu dufuka tw’ibitenge kuko basanze ari yo igurwa kurusha ipakiye mu bipapuro gusa.
Uruganda rw’umuceri n’amazu 14 byo mu Murenge wa Bugarama byasenywe n’imvura yaguye saa cyenda z’umugoroba ku wa 25 Mutarama 2016.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe irasaba abazatorerwa kuyisimbura kuzarangwa n’ubwumvikane n’ubwitange.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Oda Gasinzigwa akangurira abagore n’abakobwa kwitabira imirimo ijyanye n’ubukerarugendo kuko ngo itunga abayikora.
Nyuma y’imyaka itatu bahinga umuceri mu gishanga cya Mushimba, bahamya ko umusaruro bakuramo ufite agaciro kurusha ibyo bagihingagamo mbere.
Ikipe ya Maroc yamaze gusezererwa mu mikino ya CHAN, iravuga ko yakuye isomo ry’amahoro kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Abagabo babiri bafungiye kuri station ya Polisi ya Kigabiro i Rwamagana bakekwaho icyaha cyo kwambura abaturage bababeshya ko ari abapolisi.
Abadepite bavuga ko mu karere ka Rusizi hagaragara imishinga myinshi yadindiye kubera gutereranywa n’abayobozi kandi yaratwaye umutungo w’igihugu.
Bamwe mu bacitse ku icumu rya jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 batishoboye bafite icyizere ko mu mu kwezi kwa 7/2016 bazaba batuye heza.
Ku itariki ya 24/01/2016, Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe yateraniye mu cyumba cy’inama cy’Akarere hagamijwe kureba ibyagezweho.
Ikipe ya Congo nyuma yo gutsindwa na Cameroun bigatuma irangiza ari iya mu itsinda B,igiye guhura n’Amavubi aya mbere mu itsinda A mu mukino uzaba taliki ya 30/01/2016 kuri Stade Amahoro
Abikorera bo mu Karere ka Bugesera bafatanyije n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyingiro (WDA) bashinze ishuri rikuru ry’ikoranabuhanga rifite ubushobozi bwo gutanga impamyabumenyi z’ikirenga.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Sabiti Atuhe Fred, utemerewe kongera kwiyamamariza kukayobora, yasabye imbabazi abakozi bakoranaga ku wo baba barahanganye.
Jenoside yakorewe Abayahudi yibukiwe ku rwibutso rw’iyakorewe Abatutsi, kuko bose bahuje akababaro, nk’uko byatangajwe na Ambasaderi wa Israel, Belaynesh Zevadia.
Abadepite barimo gusura Akarere ka Nyanza bagasabye kurandura burundu cy’indwara ya Bwaki.
Amazu 14 yari atuwemo n’abaturage n’ubwiherero 4 byo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, byasenywe n’imvura yaguye mu mpera z’icyumweru gishize.
Njyanama y’Akarere ka Gatsibo, ivuga ko ubutwari nyabwo ari ugukora neza ibyo ushinzwe, ukabikorana ubwitange kandi ukabikorera ku gihe.
Umuhanzi Danny Vumbi avuga ko ari we watoranyijwe mu bandi bahanzi ngo akore indirimbo y’intwari.
Inzego z’ubuyobozi n’abafatanyabikorwa mu kurwanya isuri baratunga agatokji abacukura amabuye y’agaciro kwangiza amasoko y’imigezi kubera kuyungururira amabuye mu mazi.
Umunyamakuru wa Radio Salus, Mahoro Jean de Dieu w’imyaka 29, wamenyekanye ku izina rya Giovanni Mahoro, yitabye Imana ku buryo butunguranye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Mutarama 2016.
Televiziyo y’ubucuruzi ya CNBC Africa igiye kuvana icyicaro na situdio byayo i Nairobi muri Kenya izimurire i Kigali muri Gashyantare 2016.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Remera mu Karere ka Gasabo burakangurira abaturage kugira isuku umuco umwanda ukaba amateka.
Nyuma y’iminsi 10 hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Irakoze Gabriel mu murenge wa Busasamana hongeye gutoragurwa umurambo w’umusore bamwe bashya ubwoba.