Kuri iki cyumweru mu karere ka Musanze harabera Shampiona y’umukino w’amagare akinirwa mu misozi azwi ku izina rya Mountain Bike, hakazakoreshwa inzira yakoreshejwe muri shampiyona nyafurika umwaka ushize yakiriwe n’u Rwanda.

Bimwe mu bice binyurwamo n’aya magare yo ku misozi

Iyo byanze bararisunika

Abanyarwanda batangiye kumenyera uyu mukino
Nk’uko bitangazwa n’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda,iyi shampiyona izakinwa mu byiciro bibiri, ari byo abakuru (elite) n’abakiri bato (Junior),amarushanwa azatangira saa yine za mu gitondo.

Nathan Byukusenge umenyerewe cyane mu gusiganwa mu misozi

Na hano bazahatondagira

Mugisha Samuel wari witwaye neza umwaka ushize ntazakina iyi Shampiona

Ni gutya barisoza basa
Usibye kandi aba bakinnyi basanzwe bakina uyu mukino, mbere y’irushanwa hateganyijwe kuba isiganwa ry’abatarabigize umwuga (citizens’ race) rizitabirwa n’ubishaka wese ufite igare.
Ohereza igitekerezo
|
UYUMUKINO WEMEREWE BURIWESE