Uruganda rutunganya isombe “Shekinna” rukorera kuri Nyirangarama mu Karere ka Rulindo, rwashyize ku isoko isombe irimo inyama n’irimo amafi n’ibirungo, ihira iminota itanu gusa.
Akarere ka Karongi kavuga ko ingufu kakoresheje kegereza abaturage imiyoboro amashanyarazi zisa nk’izapfuye ubusa kuko ubwitabire bw’abaturage bakuruye umuriro ari bucye.
Mu imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Rulindo abikorera n’abandi basabwe kunoza no kongera ibyo bakora kuko iyo umutekano uhari nta kidashoboka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burabuza abayobozi b’ibigo by’amashuri bitanga imibare idahuye n’abanyeshuri bafite ku bigo, bagamije guhabwa amafaranga menshi yo gukoresha.
Itsinda ry’abagore 12 ryitwa “Abizerarana” ryo mu Karere ka Rulindo, ryoroje inka buri munyamuryango wese babikesha ubuhinzi bw’inkeri n’ibinyomoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko mu gihe urubyiruko ari rwo Rwanda rw’ejo, urwirirwa mu Biryabarezi ntaho rwageza igihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bataye ishuri batararisubizwamo ari 800 mu 3780.
Mitsindo Yves ubu uri gukinira ikipe ya Sporting Charleroi, arifuzwa n’amakipe yazamuye abakinnyi bakomeye ubu babarizwa muri Shampiona y’Abongereza
Ikibazo cy’ibirayi bikwiye byatunganirizwa mu ruganda rw’ibirayi rwa Nyabihu ngo kirazwi kandi kirimo gushakirwa umuti.
Mukamwiza Naomi, wo mu Mujyi wa Gisenyi, acuruza ibishyimbo bitetse bise “mituyu” (Me2u) bikamufasha gutunga abana be batanu barimo n’impfubyi arera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwahagarikishije imirimo yose ya Tombora bise “Ikiryabarezi”.
Abari batuye aho umuhanda mushya Akarere ka Nyarugenge kubatse mu Kagari k’Agatare, Umurenge wa Nyarugenge uca, barashima ko bishyuwe mbere yo kubasenyera.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangarije bagenzi be ko ibiciro byo guhamagarana hamwe na hamwe muri Afurika byagabanutse.
U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika byahawe igihembo cyo guteza imbere abagore, aho rwashimiwe kugira abagore benshi muri politiki n’imiyoborere.
Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyamasheke yataye muri yombi abantu bane bo mu mirenge ya Macuba na Karambi, ibafatanye litiro 2850 z’ibiyobyabwenge, zahise zimenwa ku mugaragaro imbere y’abaturage.
Ibiro bishya by’Akarere ka Rutsiro bigomba kuzasimbura ibyari ibya Komini ntibigitashywe muri Nyakanga 2016 kuko hakiri imirimo igikorwa.
Ibiro by’Akagari ka Rwesero mu Murenge wa Busasamana muri Nyanza byibwe mudasobwa n’abantu bataramenyekana.
Abahinzi bo mu Murenge wa Buruhukiro muri Nyamagabe bahangayikishijwe n’imbuto y’ibirayi yashaje, ikabateza igihombo ntibabashe kubona umusaruro bari biteze.
Abakuru b’ibihugu by’Afurika bateraniye i Kigali, babuze uwo bahitamo uzasimbura Dr Nkosazana Dlamini Zuma ku mwanya w’ubuyobozi bwa Komisiyo y’Afurika yunze Ubumwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga ntibwemeranya n’urubyiruko rugisaba inkunga ngo rushobore kwiteza imbere binyuze mu makoperative.
Abakene bo mu Kagari ka Remera mu Karere ka Muhanga bagiye kujya bitabwaho n’abishoboye kugira ngo babatangire amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Abibumbiye muri koperative y’abahinga umuceri mu gishanga cya Rwabuye, COAIRWA, barifuza ko inzego z’ubuyobozi zabafasha gukemura ibibazo birimo n’icy’ubukungu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko 90% by’amashyamba ari muri aka karere yafashwe n’indwara y’inda.
Abacururiza ibiribwa mu gice kidatwikiriye mu isoko rya Musha mu Karere ka Gisagara baravuga ko bibatera igihombo kuko byicwa n’izuba.
Abaturage batuye mu Murenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko babangamiwe no kujya gushyingura ababo kure.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro burasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri kwitwararika bagatanga urugero ku bandi birinda ingeso mbi.
Umukino wagaragaje ivanguramoko “Apartheid” muri Afurika y’Epfo ni wo wababaje benshi mu bitabiriye Ubumuntu Arts Festival kuri uyu wa 15 Nyakanga 2016.
Umutoza wa As Kigali Eric Nshimiyimana yemeje ko Kabange Twite na Fuadi Ndayisenga bagiranye ibiganiro ku buryo bashobora kwerekeza muri iyi kipe
Abaturage bo mu Murenge wa Cyato mu Karere ka Nyamasheke babangamiwe n’inyamaswa ziva muri Pariki ya Nyungwe zibonera zikabasiga iheruheru.
Bamwe mu baturage batuye ahazaterwa icyayi mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko badashaka kuba mu mazu barimo kubakirwa.
Abatuye mu kagari ka Gabiro mu Murenge wa Musasa muri Rutsiro, baribaza impamvu badahabwa amashanyarazi kandi amapoto amaze igihe ashinze.
Abatuye mu Murenge wa Mwogo mu Bugesera bavuga ko umuhanda bari kwiyubakira binyuze muri gahunda ya VUP, uzabafasha guhahirana n’indi mirenge.
Urubyiruko rwitabiriye amarushanwa yo gusoma korowani yahuje urubyiruko rwaturutse mu bihugu umunani, rwasabwe kwirinda ibikorwa by’urugomo byitirirwa Isilamu.
Abaperezida 30 ba Afurika n’uwa Palestine, aba Visi Perezida, abakuru ba Guverinoma n’abandi bantu bakomeye muri Afurika no ku isi, bakomeje imirimo y’Inama ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika irimo kubera i Kigali kuva tariki 10 kuzageza 18 Nyakanga 2016.
Ikipe ya APR Fc yashyikirijwe igikombe cya Shampiona ya 2015/2016, aho mu mukino wa nyuma wa Shampiona yatsinzwe na As Kigali ibitego 2-1
Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika uteraniye i Kigali watanze pasiporo (urwandiko rw’inzira) yo kugenda ibihugu bya Afurika nta mipaka, bwa mbere ku bakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Tchad.
Afungura ku mugaragaro Inteko Rusange ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika iteraniye mu Rwanda, Perezida Kagame yasobanuye ko ubumwe bw’abatuye uyu mugabane bugomba kugaragarira mu bikorwa biteza imbere ubuzima bw’abaturage.
Nyampinga w’Intara y’Amajyepfo, Miss Isimbi Edwige, yahaye Ikigo cy’Urubyiruko cy’Akarere ka Muhanga, ibitabo 400 byo gusoma, nk’uko yari yabihize ubwo yahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016.
Umwiherero w’Inama y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, wemeje uburyo Afurika itazongera gushingira ku nkunga z’amahanga, aho buri gihugu kizasoresha 0.2% kuri buri gicuruzwa gitumizwa hanze.
Abaperezida 30 b’ibihugu bya Afurika na Perezida wa Palestine, bari i Kigali mu nama ya 27 y’Ubumwe bwa Afurika (AU) ibera mu Rwanda kuva tariki 10 kuzageza 18 Nyakanga 2016.
Ikigo cy’ubushakashatsi n’ubusabane bugamije amahoro (IRDP) kiravuga ko ubujiji buri ku isonga mu biteza amakimbirane yo mu miryango kandi ko inzego zihagurutse zikaburwanya, amakimbirane yagabanuka.
Impuzamiryango ya Sosiyete Sivile Nyafurika ikora ubujyanama mu by’ubukungu, imibereho myiza n’umuco (ECOSOCC), iremeranya na Leta z’ibihugu zishaka kwitandukanya n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ko kuruvamo ntacyo bizabitwara.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 16 Nyakanga 2016, Perezida wa Palestine, Mahmoud Abbas, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yunamira imibiri y’inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, zirushyinguyemo.
Umuyobozi w’Ibwirizabutumwa mu muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, Sheh Maniriho Ismail, avuga ko Ubusilamu buri kure cyane y’iterabwoba kuko bigisha urukundo.
Abanyamakuru b’abanyamahanga bari mu Rwanda baje gutara no gutangaza inkuru zerekeranye n’inama y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika, AU, batangajwe no kubona aho u Rwanda rugeze nyuma y’imyaka 22 kivuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.