I Nyabihu ngo bigiye byinshi ku mihigo batabashije kwesa uko bari bariyemeje irimo uwa "Gira inka" n’uwa Biogaz.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyari kigamije kwerekana abatoza b’ikipe, umutoza mushya wa APR FC, Kanyankore Yaoundé, yatangaje ko yavuye muri Rayon Sports na Kiyovu kubera ubuswa bw’abayobozi bazo, akaba yizera ko muri APR FC atari ko bimeze.
Nyuma yo kubarura bagasanga mu Karere ka Karongi konyine hari “ibiryabarezi” 70, ubuyobozi bw’ako karere bwaburiye ababyeyi bafite abana bari mu biruhuko.
Nyuma yo gukubita umwe mu babyinnyikazi be akirukanwa shishi itabona muri Kenya, umuhanzi w’icyamamare, Koffi Olomide, yatawe muri yombi na Polisi ya Kinshasa.
Abaturage bafite ibyuma bishya i Nyarupfubire muri Nyagatare baravuga ko REG yabapfunyikiye “Transformer” idakora kubera kwikanga urundinduko rwa Perezida Kagame.
Uyubobozi bw’Akarere ka Rusizi buvuga ko hari imihigo igera kuri ine yadindijwe n’abafatanyabikorwa bigatuma ijya munsi ya 90%.
Abatuye mu Murenge wa Simbi, mu Karere ka Huye, bishimira ko batunganyirijwe umuhanda wambukiranya umurenge wabo ugakora kuri Mbazi na Huye.
Mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Kigarama hagaragaye umurambo w’umukobwa wiyahuje umuti wa Tiyoda, no mu Murenge wa Musaza hagaragara umurambo w’umukecuru wimanitse mu mugozi.
Kuri uyu wa kabiri kuri Petit Stade Amahoro harakomeza imikino y’igikombe cy’Afurika cya Basketball mu batarengeje imyaka 18
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu butangaza ko mu ngengo y’imari ya 2016/2017, buzita ku mihanda ikunze gushegeshwa n’imvura.
Inama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru itangaza ko kudakora neza kw’umugoroba w’ababyeyi ari intandaro yo kudacyemuka kw’ibibazo byugarije imiryango.
Abahesha b’inkiko bemera ko muri cyamunara ziba hirya no hino mu gihugu hakigaragaramo amakosa n’akajagari, biturutse ahanini no kutagira ubumenyi buhagije.
Crooix-Rouge y’u Rwanda itangaza ko mu bufasha yatanze kuva mu 2012, harimo inzu ibihumbi bibiri zubakiwe abari mu kaga.
Polisi y’igihugu ivuga ko kuba u Rwanda rugaragaramo ibyaha bike bikoreshejwe imbunda muri EAC rutagomba kwirara kuko mu karere zigihari.
Abakomoka mu Murenge wa Kaniga muri Gicumbi baba hanze yawo, albahatuye n’abahakorera bakusanyije miliyoni 2Frw zo gusana ibikorwa remezo.
Urugaga rw’Abikorera (PSF) ruravuga ko rwahaye amahirwe n’umwanya munini ibigo by’Abanyarwanda mu Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 19 mu Rwanda, kugira ngo rubafashe guteza imbere ibihakorerwa.
Ubudehe bw’Umudugudu wa Kinyove mu Kagari ka Rurindo mu Murenge wa Musenyi mu Bugesera, bwafashije abaturage kwigurira ubwato bune bubafasha guhahirana n’ab’ahandi.
Abakobwa babyariye iwabo b’i Kinazi mu Karere ka Huye, bashinja ababyeyi kubatererana, ndetse ngo bigatuma bamwe muri bo bakomeza kubyarira iwabo n’izindi mbyaro.
Itsinda rigenzura imihigo y’uturere ryatangiye ibikorwa byo kugenzura imihigo y’Akarere ka Rubavu, ariko basaba abakozi b’akarere kutabafata nk’abagenzacyaha.
Ntibanyendera Ladislas bita Mashenda wigize Pasiteri mu Itorero “Revelation”, afunzwe akekwaho kwangisha abaturage ubuyobozi, ubwambuzi bushukana no gucuruza abana yasambanyije.
Abaforomo batatu bakora ku kigo nderabuzima cya Kirinda muri Karongi bakurikiranyweho kurangarana umubyeyi wari utwite bikamuviramo gupfana n’umwana yendaga kubyara.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga barinubira serivisi za mituweli, bavuga ko abifuza guhabwa amakarita bishyuriye bigenda gahoro.
Abahanzi Nyarwanda bazaririmba mu Iserukiramuco rya Muzika Kigali Up bishimiye kuzaririmbana n’ibyamamare mpuzamahanga bizaryitabira kuri iyi nshuro yaryo ya gatandatu.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze barishimira ko imihanda bemerewe na Perezida Kagame yatumye imikorere yabo irushaho kugenda neza.
Abagiraga amazu y’ubucuruzi mu gasantere ka Busoro i Gishamvu, binubira ko basabwe kwimukira aho iyi santere yimuriwe nta ngurane y’ibibanza.
Bamwe mu batuye muri Nyanza bavuga ko kuba muri ako karere hafatwa nk’igicumbi cy’umuco nyarwanda bituma bakunda ibintu byose biwitirirwa
Komisiyo y’igihugu ishinzwe abana(NCC) ivuga ko umwana ugiye kurerwa mu muryango ataba agiye gusubiza ibibazo by’abamurera ahubwo ko ari bo bagomba gusubiza ibye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye guhagurukira ababyeyi b’abana b’inzererezi kuko abenshi mu bana bo mu muhanda babiterwa n’iwabo.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Kirehe rurasabwa gukoresha imbuga nkoranyambaga mu kurushaho kumenyekanisha isura y’igihugu mu iterambere.
Abapolisi 40 baturutse mu mitwe itandukanye ya Polisi y’u Rwanda, ku italiki ya 23 Nyakanga, batangiye umwiherero w’iminsi ibiri ku cyicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru, muri gahunda yo kongera imbaraga mu kurwanya ruswa mu gipolisi no mu gihugu muri rusange.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko kugaragaza mbere urutonde rw’abaziturwa, byafasha mu gucunga no kwita ku buzima bwa buri munsi bw’inka zitanzwe.
Abanyamuryango ba AVEGA mu gihugu bagiye kurushaho gucunga neza imishinga no kuyiteza imbere nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro kiravuga ko gifite gahunda yo guca abitwaza ko imisoro iri hejuru bakajya gushora imari mu bindi bihugu.
Leta ya Korea ikomeje gufasha impunzi mu nkambi ya Mahama ibagenera ibikoresho byo kuringaniza imbyaro no kurinda indwara zifatira mu mibonano mpuzabitsina.
Mu isiganwa ry’amagare ryitiriwe umuco “Race for culture” ryavuye Nyamagabe ryerekeza I Nyanza, Hadi Janvier wari waryegukanye umwaka ushize yongeye kuryegukana
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yashimiye abatumye imitegurire y’inama y’Ubumwe bw’Afurika yateraniye i Kigali igenda neza, avuga ko n’abashyitsi batunguwe uko bakiriwe.
Ubuyobozi bw’ishuri rikuru rya Polisi bwibukije abapolisi barekeje muri Haiti mu bikorwa by’ubutabazi ko ibikorwa bazakora, bigomba gushingira ku kinyabupfura n’ubunyamwuga.
Intumwa za Leta zunze Ubumwe za Amerika zasuye Rwanda Peace Academy mu karere ka Musanze hagamijwe kugira ngo bamenya neza ibihakorerwa.
Hadi Janvier usanzwe ukina mu ikipe yabigize umwuga yo mu Budage yitwa Bike Aid, ni we wegukanye igihembo cyaari cyatanzwe na Kigali Today.
Bamwe mu basizi bo mu Rwanda basanga ubusizi buramutse bushyizwemo imbaraga nk’izishyirwa mu bundi buhanzi na bwo bwatera imbere.
Banki yabaturage (BPR) yakemuye ikibazo cy’abakiriya baburaga amafaranga y’ingunzanyo nini, kuko ubu ifite amafaranga ahagije yo guatanga inguzanyi zose ku bakiriya bayo.
Abafite ubumuga bw’amaboko barishimira insimburangingo bahawe, bakavuga ko bagiye kwiteza imbere bagakora ibyo batajyaga batinyuka gukora ku mpamvu y’ukuboko kumwe.
Abaturage bakorana n’ibigo by’imali iciriritse bifuza ko bagabanyirizwa inyungu bakwa ku nguzanyo kuko ngo babona ziri hejuru bikabagora kwishyura.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burizeza ko buzongera icyizere abawutuye bagirira inzego z’ibanze, nyuma yo kugaragarizwa ko kidahagije.
Ikipe y’Amagaju yasinyishije umutoza mukuru ndetse n’umutoza wungirije, igumana kandi n’umutoza w’abanyezamu bose babaye abakinnyi b’iyi kipe
Ubuyobozi bw’Akagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo muri Rubvu buravuga ko ibendera ry’igihugu ryibwe mu ijoro ryo ku wa 21 Nyakanga 2016.
Kansiime Anne umwe mu banyarwenya bakunzwe mu Rwanda yagarutse gususurutsa abakunzi be mu cyiswe “Arthur and Kansiime Live.”
Mbere yo gutaha umudugudu w’icyitegererezo wa Kabyaza mu Karere ka Nyabihu, hatangiye igenzura ryo kureba niba abagenewe amazu bayakwiriye kuko bikekwa ko harimo abatayakwiye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buvuga ko iyo umufatanyabikorwa akoreye igenamigambi rye hamwe n’abagenerwabikorwa bitanga umusaruro kuko rikorwa hagendewe ku bikenewe by’ingenzi.
Abaturage b’Akarere ka Nyabihu barashishikarizwa kureka ubuharike n’umuco wo gushaka abagore benshi wakunze kuranga aka gace hambere.