Abahinzi ba kawa mu Ntara y’Iburengerazuba barasabwa kwita mbere na mbere ku yo bafite kurusha gushaka kongera ubuso ihinzeho.
Bamwe mu bahawe inkunga y’ingoboka muri VUP mu Karere ka Muhanga bakayicunga neza bavuga ko biteje imbere bahindura ubuzima.
Abakorera mu ibagiro ry’Umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bavuga ko babangamiwe n’umwanda uri aho bakorera kuko babagira hasi.
Abasore 32 bo mu murenge wa Musheri bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyagatare bakekwaho kujujubya abaturage babiba.
Ngiruwonsanga Maurice w’imyaka 30 na Ntakaburimvano Angelique w’imyaka 28 bapfiriye mu nzu yabo ku wa 14 Mutarama 2016 maze hakekwa kwa baba bishwe n’inkuba.
Abanyamahirwe 50 begukanye ibihembo muri Tombola ya fagitire z’imashine itanga inyemezabwishyu (EBM) mu Karere ka Rubavu bakoresheje fagitire zo m’Ukuboza 2015.
Jean-Marie Vianney Gatabazi, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, nyuma yo gutanga amaraso, arakangurira abandi Banyarwanda kuyatanga.
Kuri uyu wa gatanu ahagana ku i Saa sita n’iminota 20 nibwo ikipe y’igihugu ya Nigeria Super Eagles yari imaze gusesekara Kanombe I Kigali
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora ivuga ko igihe cyari giteganyijwe cyongereweho iminsi itanu ku bifuza gutanga kanditatire ku myanya y’ubuyobozi mu turere.
U Rwanda, Uganda na Kenya bihuriye Ku Muhora wa Ruguru (Northern Corridor), biravuga ko byamaze kunoza uko bizatabarana mu bya gisirikare.
Mbabazi Berise, umunyeshuri wanikiye abandi bose mu Rwanda mu bizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, yatangaje ko arangamiye kuzaba umuganga.
Ndayisaba Godfroid arasaba ubufasha nyuma y’uko inkuba ikubise inka ze z’imbyeyi enye, indi ihaka n’ikimasa kimwe; zigapfa zose.
Nubwo bamwe mu babumbyi bateye intambwe yo kubumba ibikoresho bifite agaciro, bavuga ko nta soko rihamye bafite.
Amwe mu makoperative Umurenge Sacco yo mu karere ka Rutsiro aranengwa kudahera igihe abakuze amafaranga y’ingoboka ya VUP bagenerwa.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irakangurira abaturage bo mu karere ka Rulindo kubyaza umusaruro amaterasi y’indinganire mu kongera umusaruro w’ubuhinzi bwabo.
Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Muhanga yahigiye kongera imbaraga mu bikorwa bizamura umugore mu myaka itanu iri imbere.
Ingo 83 ni zo zitarabona indishyi z’imitungo yazo yabaruwe ahazubakwa Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera.
Itorero rya ADEPR rirahamagarira abashumba baryo kwirinda ubuhanuzi bw’ibinyoma buyobya Abanyarwanda n’abayoboke baryo by’umwihariko.
Urubyiruko rwo mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo rurangije amashuri yisumbuye, rurakangurirwa kudatega amaso kuri Leta ahubwo rukihangira imirimo.
Bamwe mu baturage bambuwe na ba rwiyemezamirimo mu mirimo itandukanye babakoreye babajwe n’uko manda ya komite nyobozi isojwe itabishyurije amafaranga.
Abaturage basanze umugabo witwa Torero Fideli mu nzu ye amanitse mu mugozi yashizemo umwuka, bivugwa ko yiyahuye icyabimuteye ntikiramenyekana.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyagatare burasaba uwaba yarabuze inka ye kubugana kuko hari 4 zambuwe abajura ziri mu maboko y’ubuyobozi.
Abanyamuryango 41 ni bo barahiriye kuzaba indahemuka ku mahame y’umuryango FPR- Inkotanyi, mu bitaro bya Kibogora mu karere ka Nyamasheke.
Mu gutangaza amanota y’ibizamini mu mashuri yisumbuye n’icyiciro rusange y’umwaka wa 2015, Minisiteri y’Uburezi yagaragaje ko imitsindire yazamutse ugereranyije n’umwaka wa 2014.
Abagenerwabikorwa b’ikigega gishinzwe gufasha abatishoboye mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, FARG, barasaba ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera kubaha inkunga yabo batabonye.
Ku bufatanye bw’Akarere ka Ruhango na Minisiteri y’inganda n’ubucururizi, mu cyumweru kimwe gusa hafunzwe inganda zitunganya umuceri ku buryo butemewe n’amategeko.
Kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, tariki 14/01/2016, abaturage b’Umurenge wa Rusebeya mu Karere ka Rutsiro baramukiye mu birori byo gutaha inyubako ya Station ya Polisi ya Rusebeya biyubakiye ubwabo.
Mu karere ka Nyanza hafi y’ahahoze icyicaro cy’Intara y’Amajyepfo hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Irakoze Gabriel bikekwa ko yaba yishwe ahotowe.
Uwamahoro Ange wo mu Kagari ka Kirehe mu Murenge wa Kirehe yatemye mu mutwe umugabo we Niyibizi Samuel mu ijoro ryo kuwa 11 Mutarama 2016 amusanze ku “nshoreke ye”.
Mu mirenge imwe n’imwe ya Gisagara abaturage bavuga ko Malariya yiyongereye mu mpera za 2015, Akarere kavuga ko ariko hafashwe ingamba.
Hari bamwe mu banyeshuri batinyaga kwitabira itorero ngo bumva ribamo ubuzima bugoye, ariko ngo baje gusanga baryungukiramo byinshi.
Inyamaswa yari imaze umwaka yibwe mu gihugu cya Congo yasubijwe aho ikomoka nyuma y’aho yari imaze iminsi habungwabugwa ubuzima bwayo
Col Tom Byabagamba, kuri uyu wa 13 Mutarama 2016, yatangiye kwiregura ku byaha aregwa ko yakoreye i Djuba muri Sudani y’Amajyepfo, byo “gukora ibikorwa bigamije gusebya Leta kandi uri umuyobozi.”
Kuba abatuye Mukindo ari bo bonyine batarabona amashanyarazi muri Gisagara, babibonamo imbogamizi, ariko akarere kavuga ko bazayabashyikiriza muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.
Raporo ya EICV ya gatatu igaragaza ko ubukene bwagabanutseho 23% mu Karere ka Muhanga, bigatuma n’inzara igabanuka.
Kuri uyu wa 13 Mutarama, Yankurije Consolee yafatanywe Litiro 8 za Kanyanga muri biro 100 by’ibirayi.
Abarema isoko rya Gakenke rikorera mu Murenge wa Gakenke babangamiwe n’uburyo basoreshwamo buri kintu kuko n’uvanye igitoki mu murima agisorera
Intara y’Iburasirazuba yatangiye gushyira mu bikorwa gahunda ndende yihaye y’ubukangurambaga ku isuku, ikaba yatangiye hakorwa igenzura ry’isuku ahatangirwa serivisi zinyuranye.
Muhawe Boniface, umusore w’imyaka 36 yafatanywe Amadorali y’Amanyamerika ibihumbi 2 na 600, aranzwe n’abo yari aje kuyagurisha babifashijwemo n’abamotari.
Kuri uyu wa 13 Mutarama 2015, umumotari yipfushije ubwo yinjiraga ahatemewe mu Mujyi wa Kigali, bajya kumuhagarika agatemba ndetse bihuruza bagenzi baje kumutabara.
Kuri uyu wa kane, abanyeshuri barenga 250.000 bakoze ibizamini bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange bazafata ifunguro rya ku manywa bazi uko bakoze.
Abagana ndetse n’abakorera isantere zigize Umurenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi abavuga ko babangamiwe n’umwanda uzigaragaramo.
Hari abacuruzi bo mu Mujyi wa Kigali bavuga ko kuba batarahuguwe bihagije ku ikoreshwa rya EBM bituma bahabwa ibihano bibahombywa.
Mukandariyo Thereza wo mu Karere ka Nyamasheke avuga ko yafashe icyemezo cyo kuba umubyeyi w’abafite ubumuga n’abababaye kugira ngo ababere ijwi ribavugira rikanabakura mu bwigunge.
Bamwe mu baturiye umusozi wa Huye bavuga ko bajya bumva amateka yo mu bisi byawo kwa Nyagakecuru, ariko ngo ntibarajyayo.
Abajura bateze imodoka ya Bralirwa yari igeze mu Karere ka Rulindo iturutse i Rubavu yerekeza i Kigali bayitwara amakaziye y’inzoga.
Abahabwa amafaranga y’ingoboka b’i Gishamvu mu Karere ka Huye biyemeje kwigomwa 70% buri kwezi none biyubakiye inzu y’ubucuruzi ibinjiriza ibihumbi 250 ku kwezi.