Abaturage bo mu kagari ka Mubuga, umurenge wa Kibeho muri Nyaruguru baravuga ko bahangayikishijwe n’umugore witwa Nyirahirwa Claudine uhora arwana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko badashobora kwishyura rwiyemezamirimo wakoze umuhanda Kabari-Kabuhanga, atabanje kwishyura ababaturage yakoresheje mu gukora uyu muhanda.
Umuryango w’abapfakazi ba Jenoside AVEGA Agahozo, urizihiza imyaka 20 umaze ubayeho, ukishimira ko abanyamuryango bawo bahagaze kigabo mu ngo zabo.
Umunyarwandakazi Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless wegukanye PGGSS5 yashyizwe ku rutonde rw’abazitabira Kora Award 2016.
Kuri Sitasiyo ya Police ya Kibungo hafungiye imodoka yafashwe ipakiye urumogi abari bayirimo bagahita bayisohokamo biruka.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Kayonza barashima Leta kuko ikora ibishoboka ngo batere imbere ariko bagatunga agatoki zimwe mu nzego ko zikibakorera ivangura.
Mu gihe bimenyerewe ko ahantu hatandukanye uhasanga abamugaye basabiriza, mu Karere ka Nyamasheke bavuga ko hp bimaze gucika.
Abagize Komite z’Abunzi mu mirenge igize Akarere ka Ngoma bahawe amagari ngo ajye abafasha mu ngendo bajya kunga abagiranye amakimbirane.
Abaturage bo mu Kagari ka Mubuga,Umurenge wa Kibeho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bahangayikishijwe n’umugore witwa Nyirahirwa Claudine bavuga ko abakubita.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST), iratangaza ko leta icunze neza imitungo yasizwe na beneyo kandi bakaba bayisubizwa mu gihe baramuka babonetse.
RRA yafashe abakekwaho gushaka kunyereza imisoro ya miliyoni 70Frw, bakoresheje akamashini gatanga inyemezabuguzi (EBM) k’umucuruzi wo mu mujyi wa Kigali.
Abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu rwanda berekeje i Nkumba mu Karere ka Burera mu itorero ry’igihugu rizamara iminsi irindwi.
Nyuma yo kunganya igitego 1-1 na Sudan,Amavubi yasezereye Sudan kuri Penaliti,aho azakina umukino wa nyuma na Uganda
Abahinzi b’ibirayi mu Karere ka Nyabihu bavuga ko amakusanyirizo yabyo yahesheje agaciro umusaruro anaca abamamyi mu bucuruzi bw’ibirayi.
Umukobwa witwa Ruth Ndacyayisenga yatomboye miliyoni mu irushanwa rya Tigo, nyuma y’ibyumweru bitatu gusa atangiye gukoresha umurongo wayo.
Imbwe mu miryango yo mu Karere ka Nyagatare, iracyafata ababana n’ubumuga nk’imburamumaro mu muryango, mu gihe bo bavuga ko bashoboye.
Nyuma y’ubwitabire budasanzwe bwaranze Tour du Rwanda 2015,Kigali today yegeranije amwe mu mafoto agaragaza ubwitabire kuva ku munsi wa mbere kugeza ku wa nyuma
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buratangaza ko umuntu wese wanga gukora agashaka kwiba iby’abandi nta mabazi azagirirwa.
Indwara z’amaso ni zimwe mu ndwara 6 zikunda kugaragara ku bivuriza mu Bitaro bya Kibogora baturutse mu mu Karere ka Nyamasheke ndetse n’ahandi.
Mu rwego rwo gukumira impanuka, Polisi y’u Rwanda ivuga ko imodoka z’inyamahanga ziza mu Rwanda zigomba kuba zarakorewe contrôle technique.
Umusore witwa Iraguha Simplice afungiye kuri polisi ya Ruhango, akurikiranyweho kwiyita umukuru w’ingabo akambura amafaranga Akarere ka Ruhango.
Abatuye umudugudu wa Kabahushi mu Murenge wa Murama akarere ka Ngoma, wakusanije miliyoni 2Frw bigurira matera n’amashyiga agezweho ya cana rumwe.
Ababaruramari 922 mu gihugu hose bari gukora ibizamini, bibashoboza kuba abanyamwuga no kwirinda ibihombo mu bigo bakorera.
Urwego rw’umuvunyi rwahuje abayobozi b’ingeri zitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo basobanurirwa ingaruka ziri mu guhishira ruswa n’akarengane.
Umwana w’imyaka 10 wo mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Tumba yishe murumuna we w’imyaka 5
Miss Erica Urwibutso Nyampinga w’Ibidukikije mu Rwanda (Miss Earth Rwanda), yabuze ubushobozi bwo kwitabira irushanwa rya Miss Earth ku rwego rw’isi.
Abakinnyi 20 bazatorwamo umukinnyi witwaye neza mu mukino w’amagare mu mwaka wa 2015 bamaze gutangazwa,barimo Abanyarwanda 3
Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) n’ubuyobozi bw’uturere ntibavuga rumwe ku buryo bushya bwo gukusanya imisoro n’amahoro ugereranyije n’uko uturere twayikusanyaga.
Abana biga babifashijwemo n’Umuryango Imbuto Foundation, bavuga ko bahawe ubufasha batari babwiteze, none ngo bazawitura bazafasha Abanyarwanda bakeneye gufashwa.
Mu Ntara y’Iburengerazuba haravugwa ubwoko bwa ruswa isabwa abahabwa inka muri gahunda ya Girinka izwi ku izina ry’Ikiziriko.
U Rwanda rurakomeza gusaba ibihugu bigicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kubata muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Icyicaro gikuru cy’Ishuri Rikuru ry’Afrika ry’Ubumenyi mu Mibare (AIMS), guhera mu mwaka utaha wa 2016, kigiye kwimurirwa mu Rwanda kivuye muri Afurika y’Epfo.
Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwatangaje ko Habakurama Wellars waregwaga kwica Nsengiyumva Iriniga ahamwa n’icyaha, ahita ahanishwa igifungo cya burundu.
Inzego zitandukanye zikorera mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, ziyemeje kurihira ubwisungane mu kwivuza abantu 261 batarariha, bakazagera ku bunani babasha kwivuza.
Umuryango DUHAMIC-ADRI watangije umushinga tariki 01/12/2015 wo gufasha abahinga igishanga cya Rugeramigozi uzatwara akayabo ka Miliyoni zisaga 200 .
Ubuyobozi bw’intara y’Uburasirazuba buravuga ko imihigo y’umwaka wa 2015/16 uturere tuyigize dufatanyije n’ibindi bigo yagiye idindira.
Itorero UZ et Coutumes rigarutse i Kigali kwerekana ikinamico ryateguye ryise “Entre nous” (Hagati yacu) mbere y’uko rizenguruka ibindi bihugu.
Abahinzi bakivanga imyaka mu murima barasabwa kubireka kuko bidatanga umusaruro ku muhinzi, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi.
Abatuye mu murenge wa Miyove mu karere ka Gicumbi bamenye ko kuboneza urubyaro ari ryo banga ryo gutera imbere.
Amavubi abifashijwemo na Bakame wafashe Penaliti imwe,ndetse n’abakinnyi batsinze Penaliti zose,basezereye Kenya berekeza 1/2
Ubusanzwe abanduye virusi itera SIDA batangizwaga miti imibiri yabo yatangiye gucika intege ariko ubu ngo bazajya bayitangira bakimenya ko banduye
Abagabo bo mu murenge wa Bugeshi barahamagarirwa kureka umuco wo guharika abo bashakanye kubera amafaranga ava mu musaruro w’ibirayi.
Abagize komite nyobozi y’Ihuriro ry’abana mu gihugu batangiye gutorwa, barizeza ko ibibazo birimo kutiga n’ibiyobyabwenge, bazabigeza ku babishinzwe.
Abanyarwanda 72 batashye mu Rwanda kuri uyu wa 1/12/2015 bahungutse muri Congo, bakaba bakiriwe mu nkambi ya Nyagatare iherereye mu Karere ka Rusizi.
Umusore witwa Haruna Kubwimana wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Rutsiro yakubitiwe mu kabari aza kwitaba Imana.
Abadodera imyanda muri Santere ya Congo-Nil mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro banze gukorera mu gakiriro bavuga ko byabahombya.
Urubyiruko 30 bitegura kuba DASSO batangiye amahugurwa i Gishari, bafite gahunda yo gufasha bagenzi babo basanzwe mu mwuga kubungabunga umutekano.