Abakora ingendo rwagati mu Mujyi wa Kigali barinubira ko ibiciro by’ingendo, by’umwihariko izinyura hafi y’ahabera inama y’Ubumwe bw’Afurika (AU) byazamutse kubera umubyigano w’ibinyabiziga.
Umuryango w’ubufatanye bwa Afurika mu by’Ubukungu (NEPAD), uratangaza ko ugiye gushaka ingufu z’amashanyarazi mu rwego rwo guteza imbere inganda kuri uyu mugabane.
Abagore bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bahinze inyanya muri Green house bavuga ko kubera kudahugurwa uko ikoreshwa barumbije bikabateza igihombo.
Kuba ikigo nderabuzima cya Kirarambogo kitagira amashanyarazi, ubuyobozi bwacyo n’abakigana bemeza ko hari byinshi byangiza na serivisi ntizitangwe uko bikwiye.
Abahoze muri FDLR barangije kwiga amasomo y’imyuga i Kayonza barasabwa kutazatatira igihango bagiranye na leta y’u Rwanda yabishyuriye bakajya kwiga.
Muganza baravuga ko ishuri ry’incuke begerejwe rizarinda abana babo ubuzererezi bagakura bakunze ishuri bityo ntihazabeho ikibazo cyo guta amashuri kigaragara ubu.
Abahinzi ba kawa bo mu murenge wa Coko mu karere ka Gakenke basanga gahunda ya zoning irimo kubahombya.
Abana baba mu nkambi ya Mahama bafashe umugambi wo gukorera indoto zabo, nyuma yo kumva ubuhamya bwa Malala Yousafzai wanyuze mu bihe bikomeye.
Umwarimu wigisha ibijyanye n’amategeko muri Kaminuza y’u Rwanda (UR), Dr Alphonse Muleefu aratangaza ko kwivana mu Rukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC) kw’ibihugu bya Afurika bitanyuranije n’amategeko arugenga.
Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka bo mu Karere ka Gicumbi bifuza ko batuzwa hamwe n’abandi baturage kugira ngo bibafashe guhindura imyumvire.
Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika(AU) wemeje ko uzatanga passport(urwandiko rw’inzira) ku Banyafurika mu rwego rwo koroshya kugenderana kwabo; ariko hari abawusaba kugira amakenga.
Major Karemera Innocent uzwi nka Kamere Dos Santos muri FDLR mu gice cya Kivu y’Amajyaruguru, yageze mu Rwanda nyuma yo kwitandukanya n’uwo mutwe.
Umuhanda wa kaburimbo Abanyaburera bemerewe na Perezida Paul Kagame watangiye gukorwa kuburyo ngo mu gihe cy’imyaka ibiri gusa uzaba wuzuye.
Banki y’ubucuruzi ya COGEBANQUE yageneye inkunga ya miliyoni 5Frw, ikigo cyita ku bana bafite ubumuga bwa Autism cyitwa “Autism Rwanda”.
Mu gihe Akarere ka Rubavu kiteguye igenzurwa ry’imihigo tariki 25 Nyakanga 2016, kasabye abaturage bako kuzakira neza abayigenzura kandi bakirinda kubabeshya.
Iserukiramuco Mpuzamahanga ry’Ubuhanzi bwimakaza Ubumuntu (Ubumuntu Arts Festival), ryatangiye i Kigali ryamamaza intero y’ubumuntu, urukundo n’amahoro mu batuye isi.
Abagore b’i Kayonza bakorana n’umuryango Women for Women (WfW) batangiye gutunganya amata bakayakoramo Yawuruti (Yoghurt) na Foromaji nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere (RDB) ntikemera ko abaturage bica inyamanswa z’agasozi, bitwaje ko zibangimiye umutekano wabo n’uw’amatungo yabo.
Ibikorwa byo kubaka kaminuza mpuzamahanga y’ubuvuzi mu Karere ka Burera byaratangiye, kuri ubu bari mu gikorwa cyo gusiza ikibanza izubakwamo.
Isoko rya Kijote mu Murenge wa Bigogwe i Nyabihu rigiye guhindurwa Transit Center.
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali biramenyesha abaturwanda ko umuhanda uturuka i Kanombe ukomeza mu Giporoso—Gisementi-Gishushu-Kimihurura kugera mu Mujyi rwagati uzakoreshwa cyane ku wa gatanu tariki 15 Nyakanga bitewe n’Inama ya Afurika Yunze Ubumwe ya 27 ibera i Kigali.
Ikigo cy’u Rwanda gishizwe ubuzima (RBC) gitangaza ko 52.5% by’urubyiruko rufite imyaka 14-35 rwanyweye ku biyobyabwenge bigaragara mu Rwanda.
PL “Parti Liberal” riharanira ukwishira ukizana ririshimira intambwe rimaze kugera mu myaka 25 rimaze ryinjiye muri politiki.
Minisiteri y’Umutekano (MININTER) ivuga ko iyo intwaro nto n’iziciriritse (ALPC) zinyanyagiye mu baturage mu buryo butemewe, ziteza umutekano muke n’iterambere rikahadindirira.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo aravuga ko ikibazo cy’umutekano mucye muri Sudani y’Epfo gihangayikishije Afurika, kizibandwaho mu nama y’Afurika yunze Ubumwe.
Perezida Robert Mugabe wa Zimbabwe yageze i Kigali, akaba ari we mu perezida wa mbere ugeze i Kigali mu ba Perezida bazitabira inama ya AU.
Kuri uyu wa Gatatu kuri Petit Stade Amahoro habereye imikino ya gicuti yitabiriwe na Biyombo Bismack ukina muri Orlando Magic yo muri Amerika ndetse n’abana batatu ba Perezida Kagame
Abagabo babiri bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera nyuma yo gufatanwa amadorari y’Amerika y’amakorano agera ku bihumbi 5,350.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Ban Ki Moon aragera i Kigali kuri uyu wa Gatanu aho aje kuganira na bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’Afurika ku kibazo cya Sudani y’Amajyepfo.
Abayobozi b’ibigo nderabuzima bishamikiye ku Bitaro bya Kibuye bahawe moto zizabafasha mu kwegereza abaturage ibikorwa by’ubvuzi birimo no gukingira abana.
Niyonshuti Adrien yiteguye kuzamura ibendera ry’u Rwanda mu mikino Olempike izabera i muri Brazil mu matariki ya 5-21 Kanama 2016
Akarere ka Nyamagabe kafashe ingamba zo kubarura abaturage bafite uburwayi bwo mu mutwe bakavuzwa.
Hateguwe igitaramo muri Kigali cyo kwibuka ibyamamare mu muziki Michael Jackson na Papa Wemba kubera ibikorwa byabaranze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yongeye gushimangira ko u Rwanda rudateganya guta muri yombi Perezida wa Sudani, Omar Al Bashir, witegura kuza mu nama ya AU.
Bamwe mu baturage bagomba kwimurwa ahagomba guterwa icyayi mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko uburyo bwo kubishyura burimo ibibazo by’urudaca.
Macumbi Abel, wari umunyeshuri muri UNILAK -Nyanza yasanzwe mu nzu yari acumbitsemo hafi y’ishuri yapfuye urw’amarabira.
Nyuma y’aho ikipe ya Police Fc isezereye umutoza Cassa Mbungo ANdre, ubu Seninga Innocent watozaga ikipe ya Etincelles ni we wagizwe umutoza mukuru
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko abakuru b’ibihugu by’Afurika bategerejwe mu Rwanda, bashobora kwanzura kuva mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha(ICC).
Mu Karere ka Nyamasheke mu Murenge wa Mahembe habaye umukwabu wo gufata abakora n’abacuruza ibiyobyabwenge bafata litiro 830 z’inzoga zitemewe.
Abarwanyi ba FDLR bataha mu Rwanda batangaza ko gucikamo ibice kwayo bibangamira abashaka gutaha kubera ko ubugenzuzi bwiyongereye.
Umuyobozi w’umushinga Parthners in Health aremeza ko mu Karere ka Kirehe hagiye kubakwa inzu nini mu gihugu izatanga serivisi zo kwita ku bana bavukana ibibazo hakubakwa n’ishuri ry’ubuvuzi.
Nyuma y’urupfu rw’Umurundikazi Hafsa Mossi wari umudepite muri EALA rwabaye mu gitondo ku wa13 Nyakanga 2016, impunzi mu Nkambi ya Mahama zirakeka ko yazize guhangayikishwa n’ubuzima bwazo.
Abakora umwuga w’uburaya mu Karere ka Rusizi bavuga ko impamvu ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA buri hejuru biterwa n’amadorali bahabwa n’Abanyekongo.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko icyaburaga ngo Uruganda rw’Ibirayi rwa Nyabihu rutangire cyabonetse ku buryo rutazarenza Nyakanga 2016 rutongeye gufungura imiryango.
Bamwe mu babyeyi n’urubyiruko bo mu Murenge wa Ntarama muri Bugesera baravuga ko Ikigo Gasore Foundation kizabafasha kurandura ingeso mbi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baboha ibiziriko bakabigurisha, baravuga ko bibatunze hamwe n’imiryango yabo.
Minisiteri y’ubucurizi n’inganda yemeza ko uruganda rutunganya amata rwa Nyabihu rutazarenza Kanama 2016 rutaratangira, kuko rwamaze kubona uzarucunga.