Legacy Clinic yahawe igihembo mpuzamahanga nyuma y’amezi arindwi ifunguye imiryango

Ivuriro ryitwa Legacy Clinic nyuma y’amezi arindwi rifunguye imiryango, ryahawe igihembo mpuzamahanga, rishimirwa gutanga serivise nziza, zizewe kandi zihuse z’ubuvuzi, zikorwa hifashishijwe ibikoresho bigezweho.

Legacy Clinic iherereye ahazwi nko kuri 15 ku muhanda ugana i Kabuga mu Mujyi wa Kigali
Legacy Clinic iherereye ahazwi nko kuri 15 ku muhanda ugana i Kabuga mu Mujyi wa Kigali

Iri vuriro riherereye ahazwi nko Kuri 15 mu Murenge wa Nyarugunga ku muhanda ugana i Kabuga mu Mujyi wa Kigali, ryagenewe iki gihembo n’ikigo cyitwa Business Initiative Directions (BID) cyo muri Espagne, kireba uburyo ibigo bigira udushya mu gutanga serivisi nziza zinogeye ababigana.

Iki gihembo cyatangiwe i New York muri Leta Zunze ubumwe za Amerika ku itariki ya 29 Gicurasi 2017

Umuyobozi wa Legacy Clinic, Jean Malic Kalima wakiriye iki gikombe, akimurikira abakozi ba Legacy Clinic kuri uyu wa 18 Kamena 2017, yavuze ko iki gikombe kigomba kubatera ishyaka ryo kurushaho kunoza imikorere yabo, kugira ngo ireme rya serivisi zihatangirwa ntirizigere risubira inyuma.

Yagize ati “Iki gihembo cyaradushimishije kandi cyaduteye imbaraga zo gukomeza gukora cyane, kugira ngo ibyo baduhereye igikombe dukomeze kubigaragaza.”

Igihembo Legacy Clinic yahawe kubera ireme rya serivise iha abayigana
Igihembo Legacy Clinic yahawe kubera ireme rya serivise iha abayigana

Dr Subira Manzi ukuriye abaganga bakora muri iri vuriro, yavuze ko iki gikombe bagikesha imbaraga bashyize mu kwakira neza abarwayi bagana ibi bitaro, ndetse no ku ireme ry’ubuvuzi abaganga b’ibi bitaro batanga kuko bose ari inzobere mu byo bakora.

Anagira inama abandi baganga kurushaho kwita ku mahame n’ amabwiriza agenga abaganga yaba mu Rwanda ndetse no ku rwego mpuzamahanga, ngo kuko ari yo nkingi izabafasha mu gutera imbere no guteza mbere umwuga w’Ubuvuzi mu Rwanda muri rusange.

Umuyobozi mukuru wa Legacy Clinic Malik Kalima ahereza igikombe batsindi Umuyobozi w'abaganga Dr Subira Manzi
Umuyobozi mukuru wa Legacy Clinic Malik Kalima ahereza igikombe batsindi Umuyobozi w’abaganga Dr Subira Manzi

Legacy Clinic itanga serivise mu byiciro bitatu birimo kwakira abarwayi bakeneye inzobere mu buvuzi bwihariye, aribyo bita Speciality Clinic.

Banatanga kandi serivise zijyanye no gupima indwara zitandukanye, ndetse no gufotora ibice by’umubiri bifashoshije ibikoresho bigezweho, bakabasha kubona icyo umuntu arwaye. Iyo serivise yitwa Diagnostics Lab.

Iri vuriro rinafite Serivise z’ubuvuzi bw’Amenyo (Dental Services) aho ubu buvuzi bwose bukorwa ku bufatanye bwa Legacy Clinics/Rwanda na SL Diagnostics yo mu Buhinde.

Nyuma y’ibi bice bigize Legacy Clinic, Umuyobozi wayo yavuze ko bateganya kwagura inyubako bakubaka n’ibitaro, ku buryo abarwayi bazajya bakirwa ari benshi kandi bakabasha kwitabwaho kurushaho bacumbikiwe.

CT Scan kimwe mu bikoresho bigezweho byifashishwa muri iri vuriro mu gupima abarwayi indwara zo mu mubiri kibafotora
CT Scan kimwe mu bikoresho bigezweho byifashishwa muri iri vuriro mu gupima abarwayi indwara zo mu mubiri kibafotora
Imwe mu mbangukiragutabara zifashishwa muri iri vuriro
Imwe mu mbangukiragutabara zifashishwa muri iri vuriro
X Ray Machine nayi ni imashini igezweho bafite yifashishwa mu gufotora mu mubiri hakamenyekana ikibazo kirimo
X Ray Machine nayi ni imashini igezweho bafite yifashishwa mu gufotora mu mubiri hakamenyekana ikibazo kirimo
Iyi mashini yitwa Mamo yifashishwa mu gupima kanseri mu mabere cyane cyane y'abagore
Iyi mashini yitwa Mamo yifashishwa mu gupima kanseri mu mabere cyane cyane y’abagore
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Ndabashimira Ibyo akora! Nibikoresho barabifite pe! Arko service zabo ntago zihuta rwose kd ntanuba anakwitayeho! Bararutwa nibigo nderabuzima kd aribyo twagakuyeho ikitegererezo arurugaga rwabaganga! It’s really absad

[email protected] yanditse ku itariki ya: 26-11-2023  →  Musubize

ese byashoboka ko umuntu yakwivuza online?

uwineza nice yanditse ku itariki ya: 31-08-2018  →  Musubize

Iyi clinic ikorana na medical insurance s?

Felicien yanditse ku itariki ya: 22-06-2017  →  Musubize

Niba twabonaga clinics nyinshi zishoboye kandi zifite ibikoresho.Abantu barwaye indwara ni benshi kandi bamwe ntabwo babona ubuvuzi nyabwo.Abishoboye nibo bajya kwivuriza hanze.
Ariko mujye mumenya ko mu isi nshya dutegereje ivugwa muli 2 Petero 3:13,nta muntu uzongera kurwara (Yesaya 33:24).Niyo mpamvu tugomba gushaka imana cyane,aho kwibera mu byisi gusa, kugirango tuzabe muli iyo si.

MAGAMBO Jack yanditse ku itariki ya: 21-06-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka