Umubano ushingiye ku bucuruzi hagati ya Zambia n’u Rwanda ugiye kongerwamo ingufu
Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Zambia muri rusange uri ku rwego rushimishije, ariko avuga ko ukwiye kwaguka ukagera cyane cyane no mu bucuruzi, ngo kuko mu cyiciro cy’ubucuruzi utaragera mu rwego rushimishije.

Yabitangaje ku munsi wa mbere w’uruzinduko rw’akazi yagiriye mu gihugu cya Zambia, rwatangiye kuri uyu wa 19 Kamena 2017.
Mu biganiro yagiranye na Perezida Edgard Lungu wa Zambia, Perezida Kagame yashimye byinshi bimaze kugerwaho mu mubano w’u Rwanda na Zambia, ahamya ko ubufatanye bw’ibi bihugu buzatuma n’ibindi byinshi bigerwaho, cyane cyane mu bucuruzi.
Yagize ati “Ubucuruzi buracyari ku gipimo cyo hasi ariko bushobora kwiyongera. Nizeye ko dushobora kongera ubufatanye bwacu mu kohererezanya no gutumiza ibicuruzwa.
Turashaka kongera no gushyira ingufu mu mikoranire hagati y’abaturage b’ibihugu byombi, kugira ngo twubake umubano ukomeye ushingiye ku bukungu.”

Muri ibi biganiro kandi Perezida Kagame yavuze ko ubufatanye buri hagati y’ibihugu byombi, bwatumye Kompanyi Nyarwanda ikora ubwikorezi mu Ndege RwandAir, igira icyerekezo i Lusaka mu Murwa mukuru wa Zambia.
Yavuze ko u Rwanda rwishimiye cyane kuba iki gikorwa cyaragezweho, anizeza koi bi biganiro yagiranye na Perezida Edgar Lungu birushaho gukomeza uwo mubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi.
Yanagarutse ku mavugurura y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yakoze afatanyije n’itsinda ry’inzobere icyenda , avuga ko Afurika ikwiriye gukomeza gushyira hamwe, ikavuga rumwe kugira ngo izabashe kugira ijambo mu ruhando Mpuzamahanga.
Ibiganiro byo ku munsi wa mbere byasoje hasinywa amasezerano y’ubufatanye mu by’indege, igisirikare, umutekano no kohererezanya abanyabyaha.

Muri uru ruzinduko rugikomeje abakuru b’ibihugu byombi banasuye uruganda rutunganya ibyuma ruherereye mu Mujyi wa Kafue, ndetse by’umwihariko Perezida Kagame ashyira indabo ku rwibutso rw’aho abaperezida batatu ba Zambia baheruka bitabye Imana bashyinguye.

Reba Video y’Uruzinduko rwa Perezida Kagame muri Zambia
Inkuru zijyanye na: Perezida Edgar Lungu
- U Rwanda ntiruzashyira igitutu kuri Zambia ngo icyure Abanyarwanda bahahungiye - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza mugenzi we wa Zambia Perezida Edgar Lungu
- C&H yahaye impano Perezida Edgar Lungu azibukiraho ubwiza bw’ibikorerwa mu Rwanda
- Abanyarwanda n’Abanya-Zambia bunze ubumwe - Perezida Kagame
- Perezida Lungu wa Zambia yunamiye abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Perezida Lungu yashenguwe n’aho politiki y’ubukoloni yagejeje u Rwanda
- Perezida Lungu yamaze kugera mu Rwanda
- Perezida wa Zambia Edgar Lungu araza mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu
Ohereza igitekerezo
|
total agree with Nizeye u Rwanda ruzaba uregero mubindi bihugu
u Rwanda rukomeje kwagura imipaka hirya no hino, ibi bigirira akamaro gakomeye abanyarwanda ndetse n’abaturarwanda muri rusange, nkaba mpamya ntashidikanya ko ubuyobozi bwiza dufite nituvugumana, tugakomeza kubusigasira uru Rwanda ruzaba igitangaza muri Afurika ndetse no ku Isi yose