Wizkid yaguze ibihangano bibiri bya miliyoni 1,6Frw
Umuhanzi w’Umunyanijeriya Wizkid yaguze ibihangano bibiri bifite agaciro ka mliyoni 1,6Frw, mu gikorwa cyo gukusanya amafaranga yo kwita ku Ngagi.

Hari mu gikorwa cya Gala night cyo kugurisha ibihangano Nyarwanda, mu gihe hitegurwa umunsi wo kwita izina abana b’ingagi bavutse, ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 27 Kanama 2016.
Iki gikorwa cyahuriranye n’uko Wizkid ari mu Rwanda, aho yitegura gutaramira Abanyarwanda mu gitaramo cya Beer Fest, kiba kuri uyu wa gatandatu tariki 26 Kanama 2016.
Uyu muhanzi umaze kuba icyamamare ku ruhando mpuzamahanga, yaguze ibi bishushanyo bibiri, kimwe kigaragaza inka zijyanye n’umuco wa Kinyarwanda n’ikindi kigaragaza abakobwa bari gucunda amata.
Kugura ibi bihangano byatumye afatwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB), nk’umuntu wita ku bidukikije by’umwihariko ibisimba biwurimo.
Kwita Izina gala Fundraiser ni kimwe mu bikorwa bitandukanye bibanziriza umuhango nyirizina wo kwita izina abana b’ingagi baba bavutse muri uwo mwaka.
Ohereza igitekerezo
|
Amafaranga menshi natanga ni 50.000 frw