Dr Tedros uyobora OMS ari mu kato kubera COVID-19

Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus, ku Cyumweru tariki 01 Ugushyingo 2020 yavuze ko we ubwe yishyize mu kato nyuma y’uko ahuye n’umuntu waje gusangwamo Covid-19.

Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus
Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus

Dr Tedros abinyujije kuri Twitter, yanditse ati: “Nta bimenyetso mfite ariko nashyizwe ku rutonde rw’abantu bahuye n’uwanduye Covid-19, meze neza kandi nta bimenyetso ngaragaza ariko niyemeje kwishyira mu kato nk’uko bigenwa n’amabwiriza ya OMS, kandi nkazakomereza akazi mu rugo”.

Dr Tedros akomeza agira ati: “Njyewe na bagenzi banjye bo muri OMS tuzakomeza gukorera hamwe n’abandi bafatanyabikorwa mu kurengera ubuzima no kurinda abadafite intege”.

Dr Tedros w’imyaka 55 y’amavuko wigeze kuba Minisitiri w’Ubuzima muri Ethiopia, yavuze ko abantu bose bagomba gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kurengera ubuzima kugira ngo babashe guhagarika ikwirakwira rya Covid-19 no guhashya burundu coronavirus kugira ngo urwego rw’ubuzima rudakomeza kuhazaharira.

Tedros ni we Munyafurika wa mbere uyoboye OMS, akaba anengwa cyane n’amahanga by’umwihariko Leta Zunze Ubumwe za Amerika zitemeranya na we uburyo akoresha mu guhangana na coronavirus, icyorezo OMS yatangaje ku mugaragaro ku itariki 30 Mutarama ko ari ikibazo cyo mu rwego mpuzamahanga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka