Polisi yafashe umuntu wagaragaye ku ifoto yaziritse umwana kuri moto

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko yafashe uwitwa Ngendonziza Gilbert wagaragaye ku ifoto yaziritse umwana kuri moto.

Ifoto igaragaza umwana uhambiriye amaguru n’amaboko kuri moto, yagaragaye ku mbuga nkoranyambaga mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 20 Nzeri 2020.

Nyuma y’uko uwitwa Alexandre Mucyo, ukoresha izina rya @MorganMucyo kuri twitter, agaragaje iyo foto, Polisi yahise imusubiza igira iti “Mwiriwe Mucyo, Mwakoze ku makuru mwatanze, Ngendonziza Gilbert wagaragaye ku ifoto yaziritse umwana kuri moto yafashwe. Afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rutare akurikiranyweho ihohotera rikorerwa umwana, mu gihe umwana yajyanwe kwa muganga”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 12 )

Ni ihohotera n’iteshagaciro; ahanwe

RUTAKAMIZE VALENS yanditse ku itariki ya: 26-09-2020  →  Musubize

Mwiriwe neza gusa birababaje kuba umwana agirirwanabi kandi niyo yaba umuntu mukuru ntawokugirirwa nabi nkamwe polise muhane uwo mugabo wahohoteye uriyamwana Gilbert mumuhe ibihano bimukwiye nundi warufite imigambi mibi nawe abone ko dufite inzego zishinzwe gukosora abarimunzira mbi bose murakoze

Ndahayo joel yanditse ku itariki ya: 22-09-2020  →  Musubize

Ibyo uriya muntu yakoze ntibyemewe bamuhane byintangarugero

Hakorimana valens yanditse ku itariki ya: 22-09-2020  →  Musubize

yesu we nkaba baracyabaho koko abo bantu mubakurikirane bahanwe rwose

niyonzima jean claude yanditse ku itariki ya: 22-09-2020  →  Musubize

Bitewe nd’aho nabonye iyi foto yakoreshejwe n’abantu bavuga nabi uRwanda, mbona nawe ashobora kuba akorana nabo. Ni babimubaze neza naho ubundi ibi ntibikibaho mu rwa Gasabo.

aka Ani7 yanditse ku itariki ya: 22-09-2020  →  Musubize

Imana imubabarire gusa! Ubu se nkuyu azi agaciro k’umwana koko? Ndebera ukuntu yamugize. Baguhane by’intangarugero

Nene yanditse ku itariki ya: 21-09-2020  →  Musubize

Naho ataba umwana kiriya gihano nticyemewe murwanda,gusa akwiye kuzaburanishirizwa muruhame aho icya cyabereye kugirango nabandi barebereho

Vincent yanditse ku itariki ya: 21-09-2020  →  Musubize

Naho yaba atari umwana ari umuntu mukuru kiriya gihano nticyemewe murwanda amategeko azubahirizwe kandi ibyiza uriyamuntu szaburanishirizwe muruhame aho yakoreye icyaha

Vincent yanditse ku itariki ya: 21-09-2020  →  Musubize

Ntibihagije gutabwa muri Yombi wenyine numva nabariya babireberaga bikorwa nabo bagomba gufatwa nabafanyacyaha

ngabo yanditse ku itariki ya: 21-09-2020  →  Musubize

Ntibihagije gutabwa muri Yombi wenyine numva nabariya babireberaga bikorwa nabo bagomba gufatwa nabafanyacyaha

ngabo yanditse ku itariki ya: 21-09-2020  →  Musubize

YEBABA WEEEEEEEEEEEEEEEE
niyo yaba yibye ntabwo kiriya ari igihano cy’umubyeyi;birababaje

VINCENT yanditse ku itariki ya: 21-09-2020  →  Musubize

nubugome pe

niyonzima jean claude yanditse ku itariki ya: 22-09-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka