Abanyeshuri bahagaritse amasomo muri Kigali bashobora kuzongererwa igihe cyo kwiga
Mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19, Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 18 Mutarama 2020, yemeje ko ibigo by’amashuri, byaba ibya Leta n’ibyigenga bibarizwa mu Mujyi wa Kigali bihagarika amasomo, abana bakaguma mu rugo, abiga baba ku ishuri bakagumayo ariko amasomo agahagarara mu gihe cy’ibyumweru bibiri.
Iki cyemezo cyateye impungenge bamwe mu babyeyi, bibaza uko abana babo bazarangiriza kimwe n’abiga mu ntara, kandi bo barakomeje amasomo yabo.
Kankuyo Grace, utuye ku gisozi, yagize ati: “Ubu abana bacu bazarangiza porogaramu, bagendere hamwe n’abo mu Ntara? Ubwo se ibizamini bazabitsinda batarabonye umwanya uhagije wo kwiga? Jyewe aya mashuri anteye impungenge.”
Rwakayiro Daniel, nawe ufite abana bahagaritse kwiga, agira ati “Mfite ubwoba ko abana bacu bazasubira ku ishuri babirukansa muri porogaramu, kugira ngo bafate ababasizeho ibyumweru bibiri. Ibyo kubigishiriza mu rugo, nubundi nta somo rishya biga, birabafasha ariko hari igihe kiri kubasiga.”
Kuri iki kibazo, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Uburezi, Dr Alphonse Sebaganwa, mu kiganiro Urubuga rw’Itangazamakuru cyo kuri uyu wa 24 Mutarama, yavuze ko iki kibazo ababyeyi kitari gikwiye kubahangayikisha, kuko baeganya uburyo bunyuranye abana bazafashwamo, bakagendana n’abandi kandi bitabahungabanije.
Yagize ati: “Hazarebwa uburyo ibigo biri muri Kigali bihabwa ingengabihe yihariye, nibiba ngombwa bazongererwa iminsi yo kwiga kugira ngo bagaruze igihe cyatakaye, kandi abana ntibibagireho ingaruka.”
Dr Alphonse, asaba ababyeyi afite abana mu rugo, kugerageza kubafasha gusuiramo amasomo bari bamaze kwiga, ndetse bakanakurikira gahunda yo kwigishiriza kuri radio na televiziyo, kugira ngo batazasubira ku ishuri barabyibagiwe.
Inkuru bijyanye na: Coronavirus
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 136, abakize ni 23
- U Bushinwa buhakana ibyo gupima Covid-19 Abanyamerika mu kibuno
- Dore uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- #COVID19: Habonetse abanduye bashya 118, abakirwaye bose hamwe ni 925
- Ghana ibaye Igihugu cya mbere gihawe inkingo muri gahunda y’inkunga ya COVAX
- Hari ibigo byanze kwimura abana b’incuke, ntibyashimisha ababyeyi
- Perezida Kagame ashyigikiye umuyobozi wa OMS wanenze ibihugu bikize byiharira inkingo
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na COVID-19, abakize ni 259
- Joe Biden yababajwe n’Abanyamerika basaga ibihumbi 500 bamaze kwicwa na Covid-19
- Mu Rwanda abagabo batatu bishwe na COVID-19
- Perezida Magufuli noneho yemeye ko igihugu cye gifite ikibazo cya Covid-19
- Muhanga: Resitora zabujijwe kugurisha inzoga hirindwa Covid-19
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19 hakira 206
- Mu Rwanda abantu 210 bakize Covid-19, babiri irabahitana
- Minisitiri Shyaka yasabye insengero gufungura zizirikana no kwigisha kwirinda COVID-19
- Dore impamvu abakingirwa Covid-19 bazakomeza kwambara udupfukamunwa
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19
- Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yize kuri COVID-19
- Mu Rwanda abantu 119 babasanzemo COVID-19, abakize ni 245
Ibitekerezo ( 7 )
Ohereza igitekerezo
|
Mwiriwe neza ikibazo nge fite, ese ko mbona mukomeje gufunga amashuri muri kigali ubwo ibizamini bisoza amashuri abanza ikiciro rusange na y’isumbuye ubwo bazakorera rimwe nabo muntara ? murakoze !
Mwaturetse tukiga muri Kigali ariko mugakora uburyo bwiza bwo
kwirinda covid nkokongera ubukarabiro mubigo
mwaramutse mudusabire rwose kuko natwe turi muntara twabaye confused ba minister nabo banumye
nge ndabona nukomeje kwiga dutya twazatsindwa byaba byiza nabandi baturinze tukigira rimwe niba arukuguma murugo twex tukaguma murugo
Mwiriwe neza! Nitwa Murwanashyaka amza niga S6 tourism Kigali Leading TVET school. Njyew nitudakora ikizamini cyareta muruyumwaka cg ngo dusubirekwishuri vuba ishuri ndarivamo peuh
Cyimwe mubigo biri muri Kigali cyimaze kugira abanyeshuri basaga 34 banduye covid 19 numvanga hakorwa igenzurwa kuko ayomakuru ntabw azwi
njye ikibazo mfite giteye gutya ese abanyeshuri babakandida
ubwo bazakorere ikizamini cya leta mukwa 7 rimwe niba kigali bayihagaritse? murakoze