Abayobozi b’amadini n’amatorero mu Karere ka Nyagatare basabwe kwigisha abayoboke babo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kuko ari yo shingiro ry’Ubunyarwanda.
Urubyiruko rw’abanyeshuri b’abarundi batumiwe mu biganiro by’amahoro mu Rwanda babujijwe na Minisitere y’uburezi yabo kubyitabira.
Imibare itangazwa n’ikigo cya Iwawa igaragaza ko abangana na 293 mu barenga 1800 barangije muri icyo kigo badafite aho bataha.
Abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star 2017 (PGGSS7) barahamagarira abiga mu ishuri rya Muzika ku Nyundo kubafasha guhangana n’umuziki mpuzamahanga.
Lieutenant Habyarimana David wari umurwanyi muri FDLR Foca yatashye mu Rwanda avuga ko yari arambiwe ubuhanuzi butagerwaho no kumena amaraso.
Abarokowe n’Intwari Felecita Niyitegeka muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’inshuti zabo bifuza ko urugo yabagamo rwagirwa inzu ndangamurage y’urukundo ifasha Abanyarwanda kwiga ubumuntu.
Bosenibamwe Eduard ari mu maboko ya Polisi y’igihugu mu Karere ka Rubavu akekwaho gutwikira uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.
U Rwanda na Congo basinye amasezerano azamara imyaka itanu yo gufatanya gushaka Peterori mu Kiyaga cya Kivu.
Diyosezi Gatorika ya Nyundo yatashye Hoteli yuzuye itwaye miliyari 2RWf ariko ngo ntizajya icumbikira abakundana batarabana byemewe n’amategeko.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu butangaza muri 2017 bamaze kwakira abarwayi umunani bakeneye amaraso ariko bakanga kuyaterwa bavuga ko kuyongererwa ari icyaha.
Ubuyobozi bw’umuryango Transparence International bwatangiye ubukangurambaga bwo gukumira amakimbirane ku bafungwa bimwa uburenganzira n’imiryango yabo.
Ubuyobozi bw’umuryango w’ubukungu w’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (CEPGL) n’ubw’Umuhora wa Ruguru basinye amasezerano y’ubufatanye agamije iterambere ry’umuturage.
Urwego rw’ubutabera rutangaza ko ubutabera bwishimiwe na bose bugeze kuri 75.75%, muri uyu mwaka, ruvuye kuri 69.9% muri 2012, ariko rugateganya kugera kuri 80% mu 2020.
Senateri Makuza Bernard arahamagarira abana b’Abanyarwanda gukoresha amahirwe bashyiriweho n’igihugu baharanira kugera kure mu byo bateganya kuzageraho mu hazaza habo.
Abagize urwego rw’ubutabera mu Rwanda bari mu mwiherero i Rubavu, baganirira hamwe ngo barebe uburyo ubutabera bwagira uruhare mu kurwanya ubukene.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Werurwe 2017, imfura z’ishuri rya Muzika riherereye mu Murenge wa Nyundo Akarere ka Rubavu zahawe impamyabushobozi, nyuma yo gusoza amasomo ya muzika zari zimazemo imyaka itatu.
Ubuyobozi bwa Congo bwahagaritse ubucuruzi bw’inkoko n’ibizikomokaho biva mu Rwanda bushingiye ku ndwara y’ibicurane by’ibiguruka yabonetse muri Uganda ariko itari mu Rwanda.
Maj Uwimana Jean Claude wari umaze ukwezi afunzwe na FARDC kubera gutoroka FDLR yagejejwe mu Rwanda na MONUSCO.
Ingabo za UN zishinzwe kugarura amahoro muri Congo, zagejeje mu Rwanda Brig Gen Semugeshi Cômes washakwaga n’ Ingabo za Congo.
Brig Gen Cômes Semugeshi wishyikirije Monusco ashaka gutaha mu Rwanda yatambamiwe na sosiyete sivili ya Congo isaba ko afungirwa Kinshasa.
Polisi y’igihugu mu karere ka Rubavu yatangije igikorwa cyo gusaka ibiyobyabwenge hakoresheje imbwa zivumbura aho bihishe.
Habimana Mbarimo wahoze muri FDLR Foca akoherezwa i Burundi gufasha Imbonerakure mu kurwanya abadashyigikiye Perezida Nkurunziza, yageze mu Rwanda tariki ya 02 Werurwe 2017.
Abakozi bane bakorera urwego rwa DASSO mu Karere ka Rubavu bari mu maboko ya Polisi bakurikiranweho kwaka ruswa.
Brigadier General Cômes Semugeshi umwe mu bayobozi muri CNRD-Ubwiyunge, yishyikirije ingabo za UN zishinzwe kurinda amahoro muri Congo (MONUSCO) kuri uyu wa kabiri tariki 28 Gashyantare 2017, avuga ko ahunze ibihano bikarishye birimo n’upfu.
Itsinda ry’abarwanyi 35 bo mu mutwe wa M23 baherutse guhungira mu Rwanda, boherejwe kuba i Gisovu mu Karere ka Karongi.
Croix-Rouge y’u Rwanda na CICR mpuzamahanga batangiye kwita ku barwanyi 35 ba M23 bahungiye mu Rwanda kuwa 29 Mutarama 2017.
Brig Gen Francis Ndoluwa ukomoka muri Tanzania uyoboye imishyikirano mu Burundi, yagaragaye mu cyegeranyo cy’umuryango w’abibumbye ashinjwa kugemurira intwaro FDLR.
Madame Jeannette Kagame afatanyije na Della Tamari, umuyobozi wungirije w’umuryango “Tamari Foundation” batangije imirimo yo kubaka irerero ry’icyitegererezo rizuzura ritwaye arenga miliyoni 80RWf.
Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) bashakisha abaziga umuziki batunguwe n’impano y’umuziki basanze i Rubavu.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bifuza ko hajyaho umugoroba wahariwe kurwanya iboyobyabwenge kugira ngo babirwanye bicike kuko biri kwangiza urubyiruko.