Derek Sano uririmba mu itsinda rya Active yagaragaye mu marushanwa atoranya urubyiruko ruzajya kwiga umuziki.
Muri Gicurasi 2017 Akarere ka Rubavu kashyizeho abantu bagenzura aboga mu Kiyaga cya Kivu hagaragazwa naho batagomba kurenga mu kwirinda ipfu z’abakigwamo.
Maj Evariste Ndayishimiye uzwi nka Maj. Kizito, umwe mu bayobozi ba FDLR, wari wishyikirije MUNUSCO ngo imufasha gutaha mu Rwanda,byarangiye imushyikirije ingabo za Congo FARDC.
Minisitiri w’Intebe, Dr Eduard Ngirente yabwiye urubyiruko rwa Kiliziya Gatolika ko ruzarushaho kugira ubuzima bwiza nirwirinda kwiyandarika no kurarikira ibintu.
Minisitiri w’ingabo Gen James Kabarebe yeretse urubyiruko Ibihumbi 5400 ruteraniye mu Ihuriro ry’urubyiruko rwa Kiliziya Gatolika i Rubavu, impamvu bagomba gukunda igihugu.
Nubwo mu Kiyaga cya Kivu hagaragaramo ubwato bwinshi butwara abantu n’ibintu, ariko hari bamwe mu batwara ubwo bwato batabifiteho ubumenyi buhagije.
Umubare w’abarwanyi ba FDLR bataha mu Rwanda uriyongera uko iminsi ishira, abataha bakavuga ko biterwa n’imibereho no kubura ibyo baba bizejwe.
Abanyarwanda bakorera mu Mujyi wa Goma ntibashoboye gukora kubera imyigaragambyo iri kuhabera,aho abaturage bari kwigaragambya basaba Perezida Kabila kuva ku butegetsi.
Abaminisitiri bashinzwe ingufu mu bihugu bigize umuryango w’ibihugu byo mu biyaga bigari (CEPGL) bemeje ko urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi II rusanwa.
Dr Dushime Dyrckx ukurikiranira hafi ibiza n’imitingito mu Burengerazuba bw’u Rwanda, ahumuriza Abanyarwanda ko Nyiragongo yongereye ibimenyetso itari hafi kuruka.
Muri gereza ya Rubavu abagororwa batangiye kwandika igitabo kigaragaza amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bavuga ko bizagamburuza abayipfobya.
Abatuye Akarere ka Rubavu bavuga ko umwanya wa nyuma akarere kabo kabonye mu mihigo y’umwaka wa 2016-2017 wabazwa abayobozi kuko bo ibyo basabwa babikora.
Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Minisiteri y’Uburezi Isaac Munyakazi yasabye ubuyobozi bw’"Umwarimu Sacco" korohereza abarimu guhembwa no kubona inguzanyo.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo n’uw’ububanyi n’amahanga wa Benin, Aurelien Agbenonci bashyize umukono ku masezerano azatuma ibihugu byombi bifatanya mu bijyanye n’ubuhinzi, ubukerarugendo, ikoranabuhanga n’imiturire.
Col Augustin Nsengimana bitaga Cadace wahoze ari umuyobozi muri FDLR yicuza imyaka 21 yayimazemo kuko yamupfiriye ubusa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe (Meteo Rwanda) gitangaza ko imvura y’umuhindo izaba nyinshi ariko ngo hari uduce tumwe na tumwe tuzagira imvura irenze igipimo cy’iyari isanzwe igwa.
Intumwa z’u Rwanda na Congo barangije ibiganiro byari bigamije kureba uko abakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya umupaka bakoroherezwa.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA), gitangaza ko gifasha kandi kizakomeza gufasha abiga ubugeni ku Nyundo mu Karere ka Rubavu.
Abacuruzi 15 bitabira gutanga imisoro neza bo mu Ntara y’Iburengerazuba bahawe ibihembo bashishikariza n’abandi bacuruzi gutanga imisoro nk’uko bisabwa.
Inzego zitandukanye zirimo abashinzwe iperereza rya gisirikare n’abahuzabikorwa ba gisirikare mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bateraniye mu Rwanda mu nama yiga ku mutekano.
Ubuyobozi bw’Ikigo ngororamuco no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro cy’Iwawa buvuga ko bufite impungenge z’uko urubyiruko icyo kigo gihugura rushobora kuzasubira mu biyobyabwenge mu gihe babuze ubakurikirana.
Perezida Kagame hamwe n’umuherwe w’umunyamerika Howard G Buffet batashye inyubako z’umupaka wa la Corniche wagizwe one stop border post Rubavu.
Umupaka umwe (One stop Border Post) ugomba guhuza u Rwanda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo wubatswe mu Karere ka Rubavu, wamaze kuzura.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie yandikiye ibaruwa inama njyanama y’ako karere agaragaza ko yeguye ku mirimo ye.
U Rwanda rwashyikirije Congo (DRC) umupolisi wo muri icyo gihugu witwa Sgt Major Nemegabe Ndosa Paul wafatiwe mu Rwanda avuga ko yari yataye ubwenge.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi, Seraphine Mukantabana arahamagarira Abanyarwanda kubaka inzu zihangana n’ibiza kuko gutabara ahabaye ibiza bihenda.
Hari ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2017, ubwo Paul Kagame yari amaze kwiyamamariza mu Karere ka Rubavu, nibwo n’inkuru y’umukobwa warijijwe no kumubona yatangiye gusakara.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bahamya ko indirimbo “Nda ndambara yandera ubwoba” baririmba mu rurimi rw’Ikigoyi yamamaye cyane nyuma y’intambara y’abacengezi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Sinamenye Jeremie afunzwe by’agateganyo akurikiranweho kubangamira uburenganzira bw’abiyamamaza.
Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi no gukumira ibiza (MIDIMAR) ifatanije na “One UN” bubakiye Abanyarwanda batahutse batishoboye bo muri Rubavu.