Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) bwahagaritse komite nyobozi na ngenzuzi z’ihuriro ry’amakoperative y’abamotari mu Karere ka Rubavu, ubwo habaga inama yo kubereka raporo y’igenzura RCA yakoze.
Ubwishingizi bw’amatungo mu karere ka Rubavu bwatangiriye mu Murenge wa Mudende, inka 23 zambikwa iherena ry’ikoranabuhanga rizafasha kuzikurikirana aho ziri mu kuzirinda ibyazihungabanya, mu gihe mu Murenge wa Rubavu hatangijwe ubwishyingizi ku bihingwa.
Inama Njyanama idasanzwe mu Karere ka Rubavu kuwa 7 Gashyantare 2020 yahaye urugaga ry’abikorera amezi abiri kwerekana gahunda ihamye yo kubaka isoko rya Gisenyi.
Urugaga rw’abikorera rwatangiye inzira ijyanye no gushishikariza abikorera kubyaza umusaruro amahirwe ari mu Ntara y’Uburengerazuba, haba ku mabuye y’agaciro, ubuki, ubukerarugendo bw’amapariki ya Gishwati na Nyungwe, ubwikorezi hamwe no mu mazi y’ikiyaga cya Kivu, hiyongeraho ubworozi bw’amatungo n’ibiyakomokaho hamwe (…)
Ubushakashatsi bwongeye kugaragaza ko ubucukuzi kuri Gaz Methane mu kiyaga cya Kivu nta bibazo buri gutera, ariko busaba Leta y’u Rwanda guhoza ijisho ku bikorwa bikorerwa mu kiyaga cya Kivu.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba bw’u Rwanda, Alphonse Munyantwali, hamwe na Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barizeza umutekano abakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Kanzenze mu Kagari ka Nyamirango bavuga ko bamaze imyaka itandatu bafite ibyangombwa bitari mu ikoranabuhanga (Système) ry’ubutaka bikaba bituma badashobora kumenya amakuru y’ubutaka bwabo ngo babusorere cyangwa bashobore kubihinduza.
Urugaga rw’ abagore rushamikiye ku Muryango wa RPF Inkotanyi mu Ntara y’Uburengerazuba biyemeje kubakira umuturage utishoboye muri buri murenge.
Ubuyobozi bwa Koperative icuruza inkoko mu Karere ka Rubavu yitwa TUBE UMWE bunenga ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu kubahombya no kubashyiraho amananiza babajyana aho batabona abaguzi.
Imiryango y’abari abakozi b’uruganda rwa Bralirwa batwikiwe muri Bisi tariki 19 Mutarama 1998 bavuga ko bibaza impamvu ntawe urirega cyangwa ngo aburanishwe kuri iki cyaha cyakorewe abantu babo.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Rubavu, baratangaza ko bahagurukiye ibibazo birimo kutagira inzu, inzu zimeze nka nyakatsi, amavunja, imirire mibi, amakimbirane mu miryango, ibiyobyabwenge n’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu.
Abadepite baheruka mu kazi mu Karere ka Rubavu bagaragaje ko gufata urukingo rwa Ebola nta ngaruka bigira, basaba abaturage kwihutira kurufata.
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye yatangaje ko Leta y’u Rwanda yahagurukiye ikibazo cyo gufata ku ngufu no gusambanya abangavu, avuga ko imiryango igomba kureka kwihererana ikibazo igihe umwana w’umukobwa yasambanyijwe agaterwa inda ahubwo bakabishyikiriza ubutabera.
Dr Bizimana Jean Damascène ukuriye Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) yemeje ko imibiri yabonetse ku kibuga cy’indege i Rubavu ari iy’abazize Jenoside, anibutsa ko hari indi ikomeje kuburirwa irengero.
Ikipe ya Etincelles yari yahize ko izatsindira ikipe ya APR FC kuri Sitade Umuganda ntiyashoboye kubigeraho cyakora amakipe yombi yaje kunganya.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyabagobe mu Mujyi wa Gisenyi bamaze imyaka umunani bafite ibyangombwa biruta ubutaka batunze bagasabwa umusoro uri hejuru.
Abaturage baturiye umusozi wa Rubavu mu Kagari k’Amahoro mu Mujyi wa Gisenyi, batangaza ko bugarijwe n’imbwa n’abajura baturuka mu mashyamba ari ahahoze hatuye abaturage bimuwe ku musozi wa Rubavu bakajyanwa Kanembwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buravuga ko budashidikanya ko imibiri iri gushakishwa ku kibuga cy’indege cya Rubavu ari iy’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwashyize ahagaragara itangazo risaba abazi amakuru ku bantu bishwe bagatabwa mu kibuga cy’indege kuyatanga nyuma y’uko habonetse imibiri ihatabye.
Myugariro wa Rayon Sports n’Amavubi Rugwiro Hervé wari ufungiye i Rubavu amaze kurekurwa.
Ubuyobozi bwa Centre Culturel Vision Jeunesse Nouvelle n’urubyiruko ruhatorezwa impano zitandukanye, bibutse Uwiduhaye Yannick uheruka kwitaba Imana.
Abahinzi b’icyayi mu turere twa Rutsiro na Rubavu bavuga ko babajwe n’uburyo igiciro bahabwa ku cyayi cyagabanutse, bagashinja abari abayobozi kubigiramo uruhare.
Mu turere twa Rubavu na Rusizi, abaturage ibihumbi 200 bagiye guhabwa urukingo rwa Ebola, mu rwego rwo kwirinda kwandura iyo ndwara yamaze guhitana abantu 2,146 muri Kivu y’Amajyaruguru, muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwashyikirije ibikoresho by’ibanze byo mu nzu imiryango 28 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, nyuma y’imyaka ibiri barara hasi.
Ikigo cy’itumanaho mu Rwanda Airtel ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda kuwa gatatu tariki ya 04 Ukuboza 2019, batangije ukwezi ko kwirinda impanuka mu ngendo zisoza umwaka.
Kugera ku itariki ya 03 Ukuboza 2019, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari 10 mu Karere ka Rubavu bari bamaze kwandika basezera akazi.
Indege ya sosiyete ya Busy Bee yari ihagurutse mu mujyi wa Goma yerekeza i Beni muri Kivu y’Amajyaruguru yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri iki cyumweru ikimara guhaguruka ku kibuga cyindege cya Goma.
Umugore witwa Ruth Bakundukize wari umaranye uburwayi budasanzwe imyaka irenga 30, yaguye mu bitaro bya Murunda mu karere ka Rutsiro, nyuma yo kubagwa n’abaganga b’inzobere mu kubaga baturutse mu gihugu cy’Ubudage.
Bakundukize Ruth ufite uburwayi bw’ibibyimba byiyongereye ku maboko yabonye ibitaro bimwitaho.
Aborozi b’ingurube mu Rwanda bashima ubu bworozi bukiza ababukora ku buryo bwihuse ariko bakanenga igiciro bahabwa kuko kidahura n’ibyo batanga mu kuzitunga.