Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rubavu bijeje Inteko Ishinga Amategeko kuzatora “Yego” muri referendum kandi bayituma kuri Perezida Kagame ngo azabasure bishimane.
Mu mezi atatu ashize y’igihe cy’imvura mu Rwanda inkuba zahitanye 26 naho ababarirwa muri 50 barakomereka hapfa n’amatungo 24.
Abanyarwanda 26 nibo bamaze gukubitwa n’inkuba kuva imvura yatangira kugwa muri Nzeri 2015 naho 50 barakomeretse hapfa amatungo 24.
kuva Nzeri kugera kuwa 24 Ugushyingo 2015 imvura yaguye mu Rwanda yatwaye ubuzima bw’abantu 31 ikomeretsa 57 isenya amazu 933.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’umuryango “Uyisenga ni Imanzi“ baratangaza ko bagiye guca umuco wo gusiga abana ku mupaka.
Abarwanyi ba FDLR bashyizwe mu Nkambi ya Kisangani bahakaniwe n’intumwa y’umunyamabanga wa UN kubahuza n’u Rwanda mu biganiro basaba.
Nsabimana Sylvain yabaye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Rubavu, nyuma y’amezi icyenda uwo asimbuye afungiwe amakosa yo gutanga amasoko binyuranije n’amategeko.
Komisiyo y’Amatora (NEC) mu Karere ka Rubavu iratangaza ko imyiteguro y’amatora igenda neza, kuko 94% by’abahatuye bamaze gufata amakarita y’itora.
Abashinzwe gukurikirana imyubakire y’ibibuga bizakinirwaho CHAN basanze hari imirimo itaragera ku musozo kandi hasigaye ukwezi imikino igatangira, basaba ko yihutishwa.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi iributsa Abanyarwanda bari mu buhunzi kubuvamo, kuko nyuma y’umwaka nta mfashanyo bazaba bagihabwa.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyahuguye amakoperative akorera mu karere ka Rubavu kuwa 04 Ukuboza 2015.
Minisitiri ushinzwe gucunga Ibiza no gucyura Impunzi, Seraphine Mukantabana, yashyikirije amazu 5 Abanyarwanda bahungutse bavuye muri Kongo.
Abakunzi b’isambaza zo mu kiyaga cya Kivu ntibishimira igiciro cyazamutse kikagera ku 2000Frw ku kilo, bavuga ko kitorohera buri wese.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko badashobora kwishyura rwiyemezamirimo wakoze umuhanda Kabari-Kabuhanga, atabanje kwishyura ababaturage yakoresheje mu gukora uyu muhanda.
Abaturage ba Bereshi mu Kagari ka Hehu muri Bugeshi mu Karere ka Rubavu bashimiwe uruhare rwabo mu kubungabunga umutekano no gucyura uwahoze muri FDLR.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Murenge wa Bugeshi bafashije umurenge n’umuryango kugera ku byo biyemejwe bashimiwe n’inteko rusange y’umuryango.