Sergent major Habamenshi Jean Claude wari umuyobozi muri FDLR, abaye undi musirikare witandukanyije nayo akanazana abo yayoboraga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abaturage bazatura mu mu mudugudu w’ikitegererezo, kuzatuzwa neza kandi heza kugira bashobore gushyigikira iki gikorwa.
Sergent Major Jean Baptiste Bisemakweli wari akuriye abarinda Col Hatangumuremyi Vedaste ushinzwe ubunyamabanga bw’inama nkuru y’igisirikare cya FDLR Foca yatashye mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Ikigo kigisha imyuga kikanagorora urubyiruko rwangiritse cya Iwawa buratangaza ko kuba bamwe mu bajyayo baba batazi gusoma no kwandika bidindiza amasomo bahabwa.
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, Dushimimana Lambert, aranenga bamwe mu bakozi b’akarere bamunzwe na ruswa kuko ngo bihesha akarere isura mbi muri rusange.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, yikomye ababyeyi b’abana 870 barangije amasomo y’imyuga no kugororerwa ku Iwawa mu Karere ka Rutsiro.
Minisitiri wa MIDIMAR Mukantabana Seraphine atangaza ko batangiye kubaka amazu areberwaho mu guhangana n’ibiza avuga ko abashaka kubaka bareberaho.
Ubunyamabanga bwa CEPGL butangaza ko bwiteguye gushakira igisubizo umubano w’u Rwanda n’u Burundi utameze neza mu gihe babisabwa n’ubuyobozi bubakuriye.
Itorero rya ADEPR mu Karere ka Rubavu ryatangije ibikorwa byo gushishikariza urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge no kwirinda imitwe yitwaza intwaro.
Maj. Sabimana Iraguha uzwi ku mazina ya Mugisha Vainqueur wari ukuriye abarinda Umuyobozi Mukuru wa FDLR FOCA, Gen. Mudacumura, yafashwe n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).
Nyuma y’imyaka itandatu Perezida Kagame na Perezida Kabila bahuye, kuri uyu wa 12 Kanama 2016 bongeye guhurira mu Mujyi wa Rubavu baganira ibyateza imbere ibihugu byombi.
Abikorera mu Karere ka Rubavu bajabura umucanga mu mugezi wa Sebeya bakawugurisha abubatsi, ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’akarere ku musoro bashyiriweho.
Abaturage 40 bangirijwe n’intambi zimena amabuye mu gukora umuhanda Karongi-Rubavu bijejwe ingurane y’ibyangijwe.
Sergent Major Nsabimana Edson witandukanyije na FDLR avuga ko FDLR yacitse integer, kubera kuraswaho abayobozi basigara ku masengesho bizera ko azabarinda.
Cpl. Mambu Vert, umusirikare wa Congo Kinshasa yanze gusubizwa mu gihugu cye nyuma y’uko afatiwe mu Rwanda avuga ko ashaka ubuhunzi.
Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Congo Brazaville bemeje ko bagiye kongera ubuhahirane mu by’ubucuruzi n’ikoranabuhanga.
Impuguke za Congo Brazaville ziri mu Rwanda kuganira ku myanzuro yashyizweho mu guteza imbere ubuhahirane bw’ibihugu byombi
Itsinda rigenzura imihigo y’uturere ryatangiye ibikorwa byo kugenzura imihigo y’Akarere ka Rubavu, ariko basaba abakozi b’akarere kutabafata nk’abagenzacyaha.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Terimbere mu Murenge wa Nyundo muri Rubvu buravuga ko ibendera ry’igihugu ryibwe mu ijoro ryo ku wa 21 Nyakanga 2016.
Ababyeyi b’abana biga mu mashuri abanza mu Karere ka Rubavu basaba ko hakongerwa amasomero afasha abana kubona ibitabo.
Abahinzi b’ibigori mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu bavuga ko bahawe imbuto y’ibigori irwaye ikabahombya.
Mukamwiza Naomi, wo mu Mujyi wa Gisenyi, acuruza ibishyimbo bitetse bise “mituyu” (Me2u) bikamufasha gutunga abana be batanu barimo n’impfubyi arera.
Major Karemera Innocent uzwi nka Kamere Dos Santos muri FDLR mu gice cya Kivu y’Amajyaruguru, yageze mu Rwanda nyuma yo kwitandukanya n’uwo mutwe.
Mu gihe Akarere ka Rubavu kiteguye igenzurwa ry’imihigo tariki 25 Nyakanga 2016, kasabye abaturage bako kuzakira neza abayigenzura kandi bakirinda kubabeshya.
Abarwanyi ba FDLR bataha mu Rwanda batangaza ko gucikamo ibice kwayo bibangamira abashaka gutaha kubera ko ubugenzuzi bwiyongereye.
Mu gusoza igisibo cy’ukwezi abasilamu bamazemo igihe, umuyobozi w’akarere ka Rubavu yabasabye kwitabira gahunda za Leta no gufasha abatishoboye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buratangaza ko ibibazo by’amazi y’imihanda abaturage bagaragarije Perezida Paul Kagame ubwo yabasuraga, byamaze gukemuka, umujyi ukaba umeze neza.
Abayobozi ba Komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge Sudani y’Epfo bari mu Rwanda, bashaka kumenya uburyo bakomora ibikomere byatewe n’intambara bamazemo imyaka myinshi.
Ayinkamiye Marie Chantal na Nzamurambaho Frederic bo mu Karere ka Rubavu, bari bamaze umwaka batandukanye kubera amakimbirane, bongeye gusubirana ku wa 29 Kamena 2016 kubera umugoroba w’ababyeyi.
Mukamitari Adrien wari wubatse inzu ku nkengero z’ikivu cya Kivu agahagarikwa agasaba perezida Kagame kurenganurwa yatangiye ibikorwa byo kwisenyera.