Abagabo batatu harimo n’umukuru w’umudugudu biyemerera gufasha FDLR mu bitero yagabye i Bugeshi muri Rubavu beretswe abaturage.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe gukurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu bwatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe busanga guhindura ibara ku Kivu bidateye ikibazo.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu yakomye mu nkokora abagabo batanu bivugwa ko bari mu mugambi wo kwiba umwe ahasiga ubuzima.
Hetegekimana Michel uzungura Ngirira Matayo, yashyikirijwe ubutaka yari amaze imyaka 16 aburana, ashimira Perezida Kagame wamufashije gukemura iki kibazo.
Urugaga rw’Abagore mu muryago wa ICGLR rurasaba ko abagore bagira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro kandi bagahabwa umwanya utuma binjiza amafaranga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwahagurukiye kurangiza ikibazo cy’ubutaka bwa Ngirira buherereye mu murenge wa Mudende bumaze imyaka 20 bwaratujwemo abaturage.
Polisi ikorera mu Murenge wa Bugeshi muri Rubavu, ahitwa Kabumba, yaraye itewe n’abantu bitweje intwaro bataramenyekana, barasana nayo ariko ishobora kubahashya.
U Rwanda rwashyikirije Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) abantu babiri, Sikujua Anne Marie na Muhindo Papi, bakekwaho kuba baribye mu Mujyi wa Goma mu Ugushyingo 2015.
Kuva tariki ya 10 Mata 2016 amazi y’Ikiyaga cya Kivu yahinduye ibara asa n’icyatsi mu gihe yari asanzwe ari ubururu.
Abagabo bane n’abagore babiri mo mu Murenge wa Rugereo mu Karere ka Rubavu batawe muri yombi bazira kwifungirana mu kabari mu gihe abandi bari mu biganiro byo Kwibuka22.
Nsengiyumva Pierre wo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kubuza umugore we kwifatanya n’abandi kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Minisitiri w’Ubutabera akaba Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston, aratangaza ko abafitiye imyenda Leta bagiye gukurikiranwa nyuma y’igihe kinini bihanganirwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko imibiri itandatu yabonetse mu mirenge ya Kanama, Nyundo, Rubavu na Mudende; izashyingurwa mu Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyundo rurimo kubakwa.
Urwego rwa Polisi rushinzwe ubugenzacyaha (CID) rutangaza ko Abanyarwanda 18 bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba rishingiye ku madini harimo n’uwatwitse urusengero rwa ADPR Gatsibo.
Ubuyobozi bwa Transparency Rwanda buratangaza ko bugiye gufasha abafungwa batishoboye kuburana mu rwego rwo kurinda gutinza imanza.
Minisitiri w’Ubutaber,a Busingye Johnson, aratangaza ko ababyeyi bareka abana bakajya kuba ku mihanda bagiye kuzajya bakurikiranwa mu mategeko.
Ubuyobozi bwa Atlasmara bwaguze Banki y’Abaturage n’igice cya banki y’iterambere BRD butangaza ko bagiye gufasha ishomari n’imishinga mito mu Rwanda.
Abacukuzi b’ubumucanga muri Rubavu bavuga ko urugendo rwa Perezida Kagame rwatumye ubucuruzi bw’umucanga muri DR Congo bwari bwarahagaze busubukurwa.
Ubuyobozi bwa CID butangaza ko gushakira amahirwe hanze y’u Rwanda byorohereza icuruzwa ry’abantu kuko ababuzwa kugenda bashyiramo ko babuzwa amahirwe.
Umutekano mucye muri Pariki y’Ibirunga muri Kivu y’Amajyaruguru watumye hashyirwaho amabwiriza n’igihe byo kugenderaho imodoka ziherekejwe n’abasirikare.
Komisiyo ishinzwe impunzi muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yahagaritse ibikorwa byo kubarura impunzi z’Abanyarwanda igejeje ku 10.332 muri Kivu y’Amajyepfo na Maniema.
Perezida Paul Kagame yanenze ivangura ryakoreshejwe mu gushyiraho amabwiriza yo guhagarika icuruzwa ry’umucanga ku Banyekongo baza kuwugura mu Rwanda, nyuma yo kubazwa iki kibazo mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Rubavu.
Abaturage bo mu Karere ka Rubavu basabye Perezida Paul Kagame kutemerera amadini ya shitani gukorera mu Rwanda bituma anavuga ku nyigisho z’ubwihebe zatangiye kugera mu Rwanda.
Perezida Kagame uri mu ruziduko mu Karere ka Rubavu, yifatanyije nabo mu gikorwa cy’umuganda ngarukakwezi mbere yo kuganira na bo.
Mu kiganiro cy’amasaha atatu Perezida Kagame yagiranye n’abavuga rikijyana mu Karere ka Rubavu, yongeye kunenga abayobozi badindiza gahunda z’iterambere.
Abaturage bimuwe muri Gishwati ubutaka bwabo bugakoreshwa mu gutunganya ishyamba rya Gishwati bongeye kusaba Perezida Kagame kubafasha bakabona ingurane z’imitungo yabo.
Perezida Kagame wasuye Akarere ka Rubavu akaganira n’abaturage, yabajije abayobozi b’akarere impamvu amashuri yubakwa ariko abana ntibayajyemo.
Perezida Kagame asaba Abanyarwanda kwirinda ibibatandukanya, ahubwo bagashyira hamwe bakoresheje aho baturuka nibyo batekereza.
Ku isaha ya 11h30 nibwo Perezida Kagame yageze mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Mudende.
Mu cyumweru kimwe inka 20 harimo n’izatanzwe muri Girinka zafashwe zijyanywe kubagwa mu Karere ka Rubavu binyuranyije n’amategeko.