Umusaza witwa Gatware Etienne atangaza ko amaze imyaka irenga ibiri yiruka ku kibazo cyatewe n’umuturanyi we cyo kuba yaramusenyeye aho yubatse inzu akamusatira kuburyo ari mu marembera yo kuba inzu ye yahirima umuryango we ukaba wahahurira n’ibibazo.
Abaturage b’umurenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi basanzwe bahinga ibigoli ubu baravuga ko bafite impungenge ko umusaruro w’ibigoli byahinzwe mu gihembwe cya kabiri cy’ihinga (saison B) uzagabanuka cyane bitewe n’izuba ryavuye ari ryinshi.
Abahinzi b’umuceri mu kibaya cya Bugarama mu karere ka Rusizi bahangayikishijwe n’indwara imaze igihe mu mirima yabo yitwa ikivejuru ku buryo ubu bafite ikibazo gikomeye cy’igabanuka ry’umusaruro w’umuceri.
Abakozi bakorera kompanyi CAPUCINE yatsindiye gukora isuku mu bitaro bya Gihundwe mu karere ka Rusizi barasaba kurenganurwa kuko ngo iyo kompanyi itubahiriza uburenganzira bwabo, nk’ubwo guhabwa amasezerano y’akazi yanditse (contrats), guteganirizwa, n’ibindi amategeko agenera umukozi.
Nyuma yaho Gereza ya Muhanga na Rubavu byibasiwe n’inkongi y’umuriro, mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 09/07/2014 bazindukiye muri gereza ya Cyangugu bashakisha ikintu cyose gishobora guteza impanuka y’inkongi y’umuriro.
Imisuzumire y’imihigo y’uturere yarahindutse kuko ubu yeguriwe ikigo cy’igenga gikora ubugenzuzi n’ubusahakashatsi bwimbitse ku mibereho y’abaturage (IPAR) kandi abaturage nabo bari guhabwa ijambo babasanze aho batuye bakavuga uko babona ibikorwa bagejejweho n’ubuyobozi bwabo.
Ahitwa mu Rushakamba mu mujyi rwagati w’akarere ka Rusizi hafatwa nk’indiri y’abajura, kuko iyo umujura ashikuje umuturage amafaranga cyangwa ikindi kintu ariruka akaruhukira mu Rushakamba abaturage bagatinya kumusangayo kuko abajura bahabakubitira.
Nyuma y’amezi abiri bigaragaye ko mu karere ka Rusizi hari abana 426 batewe izonda zitateguwe, hamaze kugaragara abandi bana 6 b’abanyeshuri batewe inda nazo zitateguwe.
Mu gihe abaturage basabwa umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014 hari amafaranga agera kuri miliyoni 14 yatanzwe n’abaturage ariko yariwe n’abayobozi b’ibimina bari bashinzwe kuyageza ku makonti ya za mituweli.
Umwana w’imyaka 10 witwa Zobe Gentille na murumuna we Nshuti Fille w’imyaka 7 barohamye mu mugezi wa Rusizi ya mbere mu kagali Gahinga mu murenge wa Mururu ho mu karere ka Rusizi bahita bitaba Imana ahagana saa tanu n’igice zo kuwa 06/07/2014.
Nyuma y’iminsi yari amaze muri gereza ya Rusizi aho yari afungiwe by’agateganyo, umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Giheke, Gatera Egide, yabaye umwere ku byaha yari akurikiranyweho n’ubushinjacyaha aribyo kwambura abaturage ubutaka hakoreshejwe amayeri no gusebya Leta.
Muri gahunda y’ihuriro ry’urubyiruko y’akarere ka Rusizi (Rusizi Youth network) iterwamo inkunga na Imbuto Foundation, hatangijwe amahugurwa y’iminsi ibiri agamije kwigisha urubyiruko kumenya ubuzima bw’imyororokere yabo hagamijwe kwirinda no gukumira indwara zandurira mu mibonano mpuza bitsina, inda zitateguwe n’ibindi bibazo.
Hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Rusizi hatangijwe gahunda yo gutanga amata ku nshike za Jenoside mu rwego rwo gufasha izi nshike kugira amasaziro meza no kuzirinda kwiheba no kwigunga mu masaziro yazo.
Akimananimpaye Nadia w’imya 7 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Gahinga yatumwe kuvoma mu masaha ya saa moya zijoro ageze ku mugezi wa Kagezi ahasanga inzoka nini cyane igwa igihumura yitaba Imana.
Kuba abagabo bakomeje kumenya akamaro kwisiramuza bituma abitabira icyo gikorwa bagenda biyongera aho bavuga ko kwikebesha uretse kuba bibafasha kugira isuku y’imibiri yabo ngo binabafasha kwirinda uburwayi bumwe na bumwe bwandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse abafite ingo bikabafasha no kuburinda abo bashakanye.
Umugabo w’imyaka 46 yitabye Imana ahitanywe n’imodoka yo mu bwoko bw’ikamyo yari imutwaye, mu kagari ka Site, mu murenge wa Nyakabuye ho mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 25/06/2014.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingufu n’amazi muri ministeri y’ibikorwa remezo Emma Francoise Isumbingabo, arizeza ko uruganda rwa nyiramugengeri ruri kubakwa mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi ruzaba rwuzuye bitarenze ukwezi kwa cumi uyu mwaka wa 2014.
Abatutsi barokokeye ku musozi wa Nyarushishi uherereye mu murenge wa Nkungu mu karere ka Rusizi, kuri uyu wa 22/06/2014, bakoze igikorwa cyo kwibuka ababo bazize Jenoside bamagana Abafaransa barebereye ubwicanyi bwahakorewe mu gihe cya Jenoside ndetse ngo bakagira n’uruhare mu bikorwa bya mfura mbi.
Inka ebyiri z’uwitwa Twagiramungu Damascene zatwikiwe mu ikiraro zari zirimo mu kagari ka Shara mu murenge wa Muganza ho mu karere ka Rusizi kugeza ubu abakoze ayo mahano ntibaramenyekana icyakora abaturage bemeza ko byakozwe n’abagome batifuza amahoro y’abaturanyi babo.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Rusizi hamwe n’abavuga rikijyana barasabwa kwegera ababatoye babakemurira ibibazo bafite kuko rimwe na rimwe abaturage bavuga ko abajyanama batajya babegera ngo babagezeho ibibazo byabo.
Mu bitaro bya Mibirizi mu karere ka Rusizi umubyeyi yabyaye abana bimpanga bafatanye ariko ntibabasha gukomeza kubaho kuko bahise bitaba Imana. Yageze kuri ibi bitaro yoherejwe n’ikigo nderabuzima cya Mushaka bamaze kubona ko afite ikibazo cyo kubyara.
Abaturage bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bakoze igikorwa bise ubukwe bw’umugeni wa Leta y’ubumwe, aho bareba umwe mu bakobwa bakennye bifuza kurushinga ariko bakabura amikoro bakamugurira ibikoresho byose agomba gutahana mu gihe cy’ubukwe.
Nyuma y’iminsi mike ishize Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Rusizi itaye muri yombi bamwe mu bajura bari bamaze iminsi bibasiye umujyi wa Rusizi biba abaturage, ubu abo baturage ndetse na bamwe mu bagenda umujyi wa Rusizi bavuga ko aho ibyo bibereye bamaze kabiri bahumeka.
Abayobozi b’amatorero atandukanye yo muri ADEPR barasabwa kurushaho gukunda abo bayobora, bagatandukana na bamwe mu bari abayobozi b’ayo matorero mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu gihe itorero ADEPR ryibukaga Abatutsi bazize Jenoside baguye mu rwunge rw’amashuri rwa Gihundwe muri Mata 1994, ryahaye abaharokokeye ibintu binyuranye birimo ibikoresho byo mu rugo, ibiryamirwa n’ibyo kurya, ariko rinaremera abarokotse 5 batishoboye ribaha inka.
Ubwo itorero rya ADEPR ryibukaga abahoze ari abakozi n’abayobozi baryo ndetse n’abandi banyarwanda muri rusange bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, umuvugizi w’iryo torero Pasiteri Sibomana Jean yasabiye abayobozi b’iryo torero imbabazi.
Abahesha b’inkiko batari ab’umwuga mu Karere ka Rusizi barasabwa kwirinda kurangiza imanza nabi kuko bishobora gukurura imanza zashora Leta mu gihombo, akaba ari muri urwo rwego bibukijwe ko uzajya arangiza urubanza nabi bigakururira Leta urubanza rushobora kuyiviramo igihombo ngo azajya akurukiranywa ku giti cye.
Abamotari bari bibumbiye muri sosiyete SOTRAGERU (SOCIETE DE TRANSPORT GENERAL DE RUSIZI) bahisemo kuyisesa batangiza koperative kugirango bazabashe gukemura ibibazo byagiye bigaragara muri iyi sosiyete.
Abitandukanije n’abacengezi hamwe n’abafasha babo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko ubu ari aba mbere mu kumva neza ibyiza n’akamaro bya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Ingabo z’igihugu zikorera mu karere ka Rusizi zifatanyije n’abaturage bo mu tugari twa Miko na Kabasigirira bo mu murenge wa Mururu mu gikorwa cyo gusiza ikibanza cyo kubakamo ivuriro abaturage bo muri utwo tugari bazajya bivurizaho.