Guverineri w’intara y’iburengerazuba, Mukandasira Caritas arasaba abayebyi baturiye ikibaya ya Bugarama kudata inshingano zo kurera abana babyaye, bituma abana babo basigaye bajya kwicuruza mu bihugu by’abaturanyi cyane cyane i Burundi.
Nyuma y’amezi ane Abanyarwanda bajya guhahira muri Congo banyuze ku mipaka ya Rusizi yombi bakwa amafaranga ya Visa ubu noneho barishimira ko kuva kuwa mbere tariki 18/08/2014 Congo yavuye kuri icyo cyemezo.
Guhera ku itariki ya 13/08/2014 kugeza tariki ya 20/08/2014, itorero Mashirika rizwi ho gutambutsa ubutumwa butandukanye binyuze mu ma kinamico no muri cinema, riri mu gikorwa cyo gukangurira abatuye mu karere ka Rusizi cyane cyane urubyiruko kugana amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro.
Mu rwego rwo kwagura imitekerereze mu ishoramari, abashoramari bo mu karere ka Rusizi barasabwa no gushora imari mu kwizigamira aho guhora mu bucuruzi busanzwe kandi bumwe gusa.
Mu gihe mu nama y’umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari, CEPGL yabereye i Bujumbura mu mpera z’icyumweru gishize, Kongo-Kinshasa yemeye kureka kwishyuza visa abanyarwanda bajya muri iki gihugu, kuri uyu wa 11/08/2014, abanyarwanda bakoresha imipaka ya Rusizi ya mbere n’iya kabiri bajya gukorerayo (…)
Mu gihe mu karere k’ibiyaga bigari hakunze kurangwa umutekano muke n’intambara kandi urubyiruko rukabigiramo uruhare, ubu rurasabwa kuba intumwa z’amahoro kugira ngo aganze muri aka karere.
Ntategeko riri mu Rwanda ryemerera abantu gukuramo inda nk’uko byasobanuwe n’intumwa ya Rubanda munteko inshinga amategeko umutwe w’abadepite Depite Mporanyi Theobard, mu nama nyunguranabitekerezo bagiranye n’abagore bahagarariye abandi kuwa 06/08/2014.
Gasaza Alexis w’imyaka 30 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Kagarama yagwiriwe n’ikirombe tariki 03/08/2014 ahita yitaba Imana ubwo yari ari gucukura igitaka cyo guhoma inzu. Icyobo yakuragamo igitaka cyari kirekire kandi kimaze gusaza gihita kimugwaho habura n’uwamutabara dore ko yari wenyine.
Umuhango wo kwimika abapasitori batatu b’itorero ry’Imana ry’isezerano rishya mu Rwanda (Eglise de Dieu du nouveau testament au Rwanda) wabereye mu murenge wa Gikundavura tariki 03/08/2014 waranzwe n’ibyishimo byinshi ariko nyuma havuka bombori bombori ishingiye ku miyoborere muri iryo torero.
Iyo nkongi y’umuriro yagaragaye kuwa 02/08/2014, ubwo abacunga umutekano w’inshyamba n’inyamaswa babonaga umwotsi uri kuzamuka warenze ibiti by’iryo shyamba mu bice biherereye mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi.
Mu nama y’umutekano y’Intara y’uburengerazuba yabereye mu karere ka Rusizi kuwa 30/07/2014, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba Guverineri Mukandasira Cartas yasabye abayobozi b’uturere tw’iyi ntara guhagarika ku mirimo abarimu bagiye batera abana b’abakobwa inda kandi babigisha.
Abacuruzi bo mu karere ka Rusizi bari mu muryango FPR Inkotanyi barasabwa kubyaza umusaruro amahirwe bafite biteza imbere cyane cyane baharanira kwinjiza ibicuruzwa byabo mu isoko mpuzamahanga.
Abaturage b’ibihugu bya Congo n’u Rwanda baravuga ko babangamiwe n’ikiraro gihuza umujyi wa Bukavu n’umujyi w’akarere ka Rusizi kubera ko kimaze gusaza kandi kikaba gikorerwaho imirimo ikirenge ubushobozi.
Ubwo umuyobozi w’intara y’uburengerazuba, Madame Mukandasira Caritas yagendereraga umurenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi tariki 31/07/2014 yasabye abaturage kubungabunga pariki y’igihugu ya Nyungwe, kuko nk’uko yabivuze, bibabaje kubona hari abaturage bamwe bajyamo guhiga inyamaswa bakazica kandi bazi akamaro zifitiye igihugu.
Byari ibirori bidasanzwe tariki 26/07/2014 ubwo abaturage b’umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi bateraniraga hamwe n’abayobozi babo n’abandi bayobozi banyuranye barimo Senateri Mushinzimana Appolinaire n’abavuka mu murenge wa Nzahaha batuye i Kigali n’ahandi, mu birori byo kwishimira ibyo bagezeho mu rwego rw’ibyo (…)
Abasilamu bo mu karere ka Rusizi barasabwa gukomeza kurangwa n’ibikorwa cy’urukundo nk’ibyagiye bibarangwaho mu kwezi gutagatifu kwa Ramadhan; nk’uko byagarutsweho ku munsi mukuru wa Eid Fitri wabaye tariki 28/07/2014.
Abatuye umurenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi baravuga ko kutagira umuriro w’amashanyarazi kandi imirenge yindi bahana imbibi icaniwe bibangamiye iterambere ryabo, bagasaba ko na bo bakwibukwa ntibakomeze guhera mu icuraburindi bita ubwigunge.
Nyuma y’aho Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ifatiye icyemezo cyo kwishyuza visa Abanyarwanda bose bambuka bajya muri icyo gihugu banyuze ku mupaka wa Rusizi ya mbere, abanyeshuri n’ababyeyi bafite abana biga i Bukavu muri icyo gihugu bakomeje kugaragaza impungenge z’icyo cyemezo.
Abakoresha umupaka wa Ruhwa uhuza u Rwanda n’u Burundi bava cyangwa bajya muri ibyo bihugu byombi barishimira ko kuva aho hahurijwe imikorere kuri uwo mupaka byihutishije serivisi ku buryo ubu nta serivisi ikirenza umunota umwe iyo umuntu ahaciye yujuje ibisabwa.
Bamwe mu bacuruzi ba koperative COVEPO icuruza injanga ziva muri Tanzaniya ngo bari gukorera mu gihombo bavuga ko baterwa n’umwe mu banyamuryango witwa Matatu ngo warangiye Abanyekongo aho bazajya bajya kugurira injanga mu mugi wa Kigali kandi aribo bakiriya bagiraga babaguriraga izo njanga.
Abafatanyabikorwa batandukanye bo mu karere ka Rusizi barashimirwa uruhare bagira mu iterambere ry’akarere muri rusange ariko nanone bagasabwa kunoza imikorere n’imikoranire hagati yabo n’akarere cyane cyane bagaragariza akarere ibyo bakora kugirango raporo zitangwa ku rwego rw’igihugu zijye zifasha akarere kumenya (…)
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi baravuga ko servise z’ubutaka zigitinda kuri bo cyane mu ihererekanya ry’ubutaka, hakiyongeraho ko zitanabegereye bakifuza ko zabegerezwa.
Umukobwa witwa Uwimana Asha w’imyaka 36 afungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi akurikiranweho icyaha cyo gutwika amazu abiri mu rukerera rwo ku cyumweru tariki ya 20/07/2014.
Abayobozi b’amadini n’amatorero bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwita kuri gahunda yo kuboneza urubyaro no kuyikangurira abayoboke babo ndetse bagashishikarizwa kwigisha urubyiruko rwo mu madini bayobora ibijyanye na gahunda yo gusobanukirwa ubuzima bw’imyororokere yabo.
Intore za FPR Inkotanyi mu karere ka Rusizi zirasabwa kurushaho gutekereza udushya twakwihutisha iterambere ry’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage muri rusange kugira ngo umuryango wa FPR INKOTANYI nka moteri y’igihugu urusheho kugera ku bikorwa byinshi kandi bitandukanye wemereye Abanyarwanda.
Abanyarwanda 71 bambutse umupaka wa Congo baza mu karere ka Rusizi, aho bari bavuye mu mashyamba ya Congo garutse mu gihugu cyabo nyuma yimyaka 20, kuri uyu wa gatanu tariki 18/7/2014.
Abatuye akarere ka Rusizi by’umwihariko abo mu mujyi wa Kamembe barifuza ko Polisi ikorera muri aka karere yajya ihana by’intagarugero abahungabanya umutekano muri uyu mujyi kuko hari bamwe mu bahungabanya umutekano bafatwa na polisi nyuma y’igihe gito bakarekurwa.
Abaturage bo mu mudugudu wa Gacamahembe mu murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi baravuga ko babangamiwe n’ikibazo cyo kuba bamaze iminsi itatu bari mu kizima kuko ikigo gishinzwe gutanga amashanyarazi (EWSA) giheruka kubakupira umuriro bitewe n’amasinga yari yamanutse akagwa hasi kuko ibiti byari biyafashe byaboze.
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kiri mu murenge wa Kamembe, mu karere ka Rusizi cyane cyane abahamara igihe (hospitalisés), baravuga ko bafite ikibazo gikomeye cy’amazi kuko icyo kigo nderabuzima kitagira amazi meza ahagije bikabangamira isuku n’ibindi bihakorerwa bikenera gukoresha amazi.
Umusaza witwa Gatware Etienne atangaza ko amaze imyaka irenga ibiri yiruka ku kibazo cyatewe n’umuturanyi we cyo kuba yaramusenyeye aho yubatse inzu akamusatira kuburyo ari mu marembera yo kuba inzu ye yahirima umuryango we ukaba wahahurira n’ibibazo.