Umukobwa witwa Nyirarugendo Appolinarie w’imyaka 52 wari ufite ubumuga bwo kutabona yasanzwe yimanitse mu nzu yabagamo, kuri iki cyumweru tariki 30/11/2014.
Abanyeshuri n’abayobozi mu ishuri rikuru ry’ubuhinzi (INATEK) ishami rya Rulindo batangiye umwaka mushya w’amashuri 2014-2015 bafasha bamwe mu baturage batishoboye batuye mu kagari ka Gasiza iri shuri riherereyemo baboroza ku nsina za kijyambere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gasiza mu Murenge wa Bushoki mu Karere ka Rulindo witwa Mwumvinemayimana Fiacre, ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica uturage wo mu kagari ayobora.
Urukiko rwisumbuye rwa Gicumbi rwahamije Ndereyimana Joseph ibyaha bitatu birimo kwica uwari umugore we no kwihekura, n’ubwinjiracyaha mu kwihekura mu ntangiriro z’icyumweru gishize.
Ubuyobozi bwa COPEC CODEMARU buratangaza ko abana bamaze kumenya akamaro ko kuzigama ndetse abasaga ibihumbi bibiri bamaze gufunguza konti muri iki kigo cy’imari bagamije kuzigamira ejo hazaza.
Nk’uko byakunze kugaragazwa na bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Rulindo, ngo haracyari imbogamizi mu kubasha kugira icyo rukora cyane cyane zijyanye n’amikoro aho usanga abenshi baba biyicariye ku mihanda abandi bakayoboka iy’ubunyonzi kubera kubura igishoro kigaragara ngo bashake ikibazanira inyungu zitubutse.
Mu gitondo cyo kuwa mbere tariki ya 17/11/2014, umwana w’imyaka 13 witwa Umuhoza Sandrine ukomoka mu Murenge wa Ntarabana ho mu Karere ka Rulindo yitabye Imana afashwe n’insinga z’amashanyarazi aho yatashayaga inkwi mu gihuru kiri hafi y’ibirombe bicukurwamo amabuye y’agaciro biherereye muri uyu murenge.
Abaholandi bayobowe na Christian Robergen wungirije minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’Ubuholandi, basuye umuhinzi mworozi Ruzibiza Jean Claude, ufite kampani yitwa Rwanda Best ikora ibijyanye n’ubworozi bw’inkoko n’ubuhinzi biyemeza gukorana nawe mu gusakaza ubuhinzi bwa kijyambere mu baturage.
Bamwe mu bagore batuye mu karere ka Rulindo baranenga imyitwarire ya bamwe muri bagenzi babo bagorobereza mu tubari, rimwe na rimwe bakarara mu gasozi kubera gukunda inzoga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Bwana Bosenibamwe Aime, yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Rusiga, mu karere ka Rulindo mu muganda wo gukorera umurima wa kawa ungana na hegitari 22 kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 /11/2014.
Mu ijoro ryo kuwa 9/11/2014 ahagana saa yine z’ijoro, umurinzi w’ibirombe bya gasegereti mu ruganda rwa Rutongo mines yasanze umuturage mu gasantere kari mu Kagari ka Kivugiza, Umurenge wa Masoro, Akarere ka Rulindo amurasa akoresheje imbunda y’uburinzi aramwica.
Abagore n’abagabo batuye akarere ka Rulindo bitana ba mwana mu guteza amakimbirane mu miryango cyane cyane ashingiye ku bibazo bijyanye n’imitungo n’ubwumvikane bucye buterwa no gucana inyuma.
Abagore bo mu karere ka Rulindo bibumbiye mu itsinda DUKUNDISUKU barashimira Perezida Kagame wabahaye ijambo none bakaba basigaye bahabwa akazi mu nzego zitandukanye nk’ak’abagabo kandi bakabasha kwizigamira.
Ubwo abagenzi bari mu modoka iva Kigali igana Byumba ku mugoroba wa tariki 31/10/2014 bashatse kujya kwihagarika ubwo bari bageze mu mudugu wa Cyamutara, akagari ka Kajevuba, mu murenge wa Ntarabana mu karere ka Rulindo umwe abona uruhinja rw’amezi 5 hepfo y’umuhanda mu ishyamba.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Rulindo batangaza ko n’ubwo gahunda ya “Gira inka” yarabagejeje ku bukungu n’imibereho myiza, baracyafite baracyabangamiwe no kubona iby’ibanze by’inka n’umwatsi bwazo n’ubuvuzi bituma hari abahitamo kwiyororera amatungo magufi.
Inama y’umutekano yahuje abayobozi batandukanye mu karere ka Rulindo tariki ya 30/10/2014 yize ku ngingo nyinshi zirebana n’uko umutekano uhagaze hagarukwa cyane ku businzi bugenda bufata indi ntera mu baturage batuye aka karere.
Ndereyimana Joseph wo mu Murenge wa Cyungo, akarere ka Rulindo, yishe umugore n’umwana we w’imyaka itanu, arangije anakomeretsa bikomeye abandi bana batanu umwe muri bo nawe nyuma aza gupfa.
Bamwe mu baturage batuye mu midugudu yegereye umugezi wa Yanze mu murenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo bafite ikibazo cyo kutagerwaho n’amazi n’amashanyarazi bikabaheza mu bwigunge, ku buryo hari n’imirimo imwe n’imwe batabasha gukora.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo bagana ikigo nderabuzima cya Shyorongi, baratangaza ko iki kigo nderabuzima kibafatiye runini mu bijyanye no kwivuza n’ubundi bujyanama ku bijyanye n’ubuzima.
Bamwe mu rubyiruko ndetse n’abakuze mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu murege wa Base mu karere ka Rulindo basanga kuba babyara cyane ari impamvu y’uko ubutumwa bujyanye no gukoresha agakingirizo budakunze kubageraho.
Bamwe mu bacuruzi n’abaguzi barema isoko rya Gasiza mu karere ka Rulindo bavuga ko hari ikibazo cyo kubura imboga mu gihe byari bimenyerwe ko rikunze kugira umwihariko mu kugira imboga.
Umusore witwa Hitayezu Aphrodice uri mu kigero cy’imyaka 27 y’amavuko acumbikiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rulindo mu Karere ka Rulindo akurikiranweho kwivugana bene se babiri batavukanaga kuri nyina.
Kuboha agaseke bimaze kugeza byinshi kuri Manirarora Megitirida birimo no kuba ngo yaruriye indege imujyana muri Congo Brazaville kugaragaza ibikorwa bye bijyanye n’ububoshyi bw’agaseke.
Abaturage bo mu murenge wa Bushoki bakoranye n’umushinga wa Handicap International wari ugamije gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kubungabunga ubuzima bwo mu mutwe bashima ko uyu mushinga wagize uruhare runini mu kurwanya ihohoterwa ribera mu ngo, abagabo n’abagore bakaba babanye neza.
Kuri uyu wa gatanu tariki 5/9/2014 mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo, imodoka itarwa abagenzi ya Kigali coach yo mubwoko bwa Coater yagonganye n’ikamyo ya hakomerekamo abantu 17.
Bamwe mu baturage bahinga ibijumba by’umuhondo bikize kuri vitamin A bo mu karere ka Rulindo bavuga ko ibi bijumba bikunzwe cyane ku isoko, gusa ngo bafite imbogamizi zo kubona ibishanga byo kubihingamo ngo babashe kubikwirakwiza henshi hashoboka.
Niyonsaba Sakindi utuye mu murenge wa Mbogo mu karere ka Rulindo avuga yabashije kwiteza imbere abikesha ubworozi bw’inkoko kuko ubu ageze ku nkoko 4000 zihagaze hejuru ya miliyoni 15 z’amafranga y’u Rwanda.
Abayobozi bo mu ntara y’amajyaruguru barasabwa kurushaho kwegera abaturage bakabasobanurira ububi bwo kuba bakwishora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro nta burengenzira.
Abantu 200 bo mu karere ka Rulindo bafatiwe mu bikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro batabifitiye uburengenzira barimo guhabwa inyigisho zitandukanye ku bijyanye n’imyitwarire ku muntu ushaka gukora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Mu rwego rwo kurinda umutekano no guca ubujura bukorerwa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ibindi byaha bitandukanye, ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bwongereye ingufu mu guhashya abakora bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butubahirije amategeko.