Umugore witwa Nzamwitakuze Vestine w’imyaka 40 wari ukurikiranyweho gushaka gukata igitsina cy’umugabo we asinziriye, ku munsi w’ejo yapfuye urupfu rutunguranye.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo boroje inka 12 imiryango itishoboye kugira ngo yivane mu bukene.
Ababashinwa babiri bakorera mu Karere ka Rulindo bakubise umusore w’Umunyarwanda bakoreshaga ajya muri koma, nyuma y’uko bari bamaze umwanya baterana amagambo.
Imani Bora urangije ku Kigo cy’Ubumenyingiro cya Tumba College of Technology, yakoze konteri z’amazi zizakuriraho WASAC igihombo gisaga miliyari 10Frw.
Musabyimana Ferdinand wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 15Frw ahimba ibintu bitandukanye.
Niyigena Marthe ukora ubuvuzi gakondo, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Shyorongi muri Rulindo, akurikiranyweho urupfu rw’umugabo yavuriraga iwe.
Umukozi wari ushinzwe imibereho myiza mu Murenge wa Masoro muri Rulindo, afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga ya VUP no guha inka abatazigenewe.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) igaragaza ko mu bibazo yakira, 99% by’abana bacitse ku icumu mu gihugu bariganyijwe imitungo n’ababarera.
Abarokotse bo mu Karere ka Rulindo barasaba abatarahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gutanga amakuru bafite y’ahashyinguwe imibiri y’abishwe.
Komisiyo ya Sena ishinzwe Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano irashishikariza abaturage kubyaza umusaruro amahirwe u Rwanda rufite yo kuba mu Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba.
Umugabo witwa Twagirayezu Nepo wo mu Karere ka Rulindo yashyikirijwe polisi ashinjwa gusambanya inka y’umuturanyi yahawe muri “Gira inka.”
Abantu barindwi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rulindo bariwe n’imbwa zirabakomeretsa bibaviramo kujyanwa mu bitaro.
Miliyoni 170Frw zatanzwe n’Intara y’Amajyaruguru hatabariwemo ibindi bikorwa byakozwe mu gutera inkunga abacitse ku icumu bo muri Rulindo, zizabafasha mu bibazo bitandukanye.
Urukiko Rwisumbuye rwa Gicumbi, kuri uyu wa 11 Mata 2016 rwahamije umugabo witwa Ntamunoza icyaha cyo kwicisha umukobwa ishoka rumukatira gufungwa burundu.
Kuri uyu wa 30 Werurwe 2016 ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’amanywa mu Murenge wa Kisaro muri Rulindo impanuka ya moto ebyiri yahitanye abantu batatu.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Meshimana Gerardine yasabye imiryango 50 yahawe inka n’Uruganda rw’icyayi rwa Sorwathe kuzorora bagakamira abana amata.
Njyanama y’Akarere ka Gakenke iravuga ko igiye kumanuka ikegera abaturage kuko bizatuma barushaho kumenya ibibakorerwa, n’abajyanama bakamenya ibyo abaturage bakeneye.
Ni mu nteko rusange idasanzwe y’Umuryango FPR-Inkotanyi yateranye ku wa 18/03/2016 ubwo hatorwaga Kayiranga Emmanuel
Abinjiye bushya mu rwego rwa DASSO mu Karere ka Rulindo, basabwe kurangwa n’ikinyabupfura kugira ngo basohoze inshingano zo kunganira akarere, bacunga umutekano.
Imbuto Foundation yahembye abakobwa 17 batsinze neza ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’ayisumbuye mu mwaka wa 2015 bo mu turere twa Rulindo na Gakenke.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bugiye gutangira kwimurira mu midugudu abaturage batuye, kugira ngo biborohereze kubagezaho ibikorwa remezo n’izindi gahunda.
Uwitwa Habanabakize Francois wo mu Karere ka Rulindo yiyahuje umuti w’imbeba ariko apfira kwa muganga, ashinja umugore we kumuca inyuma.
Abaturage ntibakwiye gufata agakingirizo nk’akabakangurira ubusambanyi ahubwo ngo gatabara abananiwe kwifata kandi bashaka gukora imibonano mpuzabitsina.
Niyonzima Donati wo mu Karere ka Rulindo yatemaguye nyina witwa Mukarwesa Generoza w’imyaka 65, amuziza imitungo y’amasambu akanamushinja kumurogera umuryango.
Ku wa 12/02/2016 mu Murenge wa Ntarabana hangijwe hanamenwa ibiyobyabwenge bifite agaciro ka Miliyoni 1 129 500Frw.
Urwo rutare bivugwa ko rutanga amafaranga ruherereye mu Murenge wa Cyungo, Akagari ka Marembo mu Mudugudu wa Rusayu.
Umusaza witwa Kurujyibwami Constantin w’imyaka 75 y’amavuko ku wa 1 Gashyantare 2016 bamusanze munsi y’umukingo yapfuye.
ARCT-Ruhuka yasoje amahugurwa y’iminsi 2 yaberaga kuri Nyirangarama yari agamije kongerera ubumenyi abafatanyabikorwa bo muri sociyete sivile n’inzego z’ubuyobozi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 29/01/2016, habaye ihererekanya bubasha hagati ya komite nyobozi icyuye igihe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Rulindo.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rulindo icyuye igihe irasaba abazatorerwa kuyisimbura kuzarangwa n’ubwumvikane n’ubwitange.