Umusore witwa Ndacyayisenga Wellars utuye mu mudugudu wa Budaha, akagari ka Gasiza, umurenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo, ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica umwana w’umukobwa witwa Mutoni Uwase Sandrine w’imyaka 12.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bwatangije gahunda yo kwimura abaturage batuye mu manegeka (ahantu hataberanye no guturwa) nyuma yuko hari bamwe mu baturage babanje kwanga kwimuka aho bari batuye ariko ubu baragenda basobanukirwa akamaro kabyo.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12/10/2013, mu murenge wa Cyinzuzi ho mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo gusoza icyumweru cyahariwe kurwanya ibitera ibiza, hubakirwa imiryango yimuwe n’inkangu muri uyu murenge.
Abahinzi ba kawa mu karere ka Rulindo bavuga ko bakora ibishoboka byose ngo bite kuri kawa nk’uko babisabwa n’akarere nyamara ngo ikibazo basigaranye ni uko iyo mirimo ibatwara imbaraga nyinshi ariko igiciro cya kawa ntikiyongere.
Umugabo witwa Nkuriza Laurent ukomoka mu murenge wa Murambi ho mu karere karere ka Rulindo yitabye Imana agwiriwe n’ikirombe aho yakoraga akazi ko gucukura amabuye y’agaciro tariki 07/10/2013 saa tatu za mugitondo.
Ubwo abarimu bo mu karere ka Rulindo bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umwarimu tariki 05/10/2013 batangaje ko kuba abarimu bagihembwa umusahahara uri hasi ugereranije n’ibiciro biri ku masoko byiyongera umunsi ku munsi, ari kimwe mu bidindiza imibereho myiza yabo.
Ntawurwubakarumwe Boniface w’imyaka 46 yishe umugore we witwaga Maniraguha Claudine w’imyaka 32, amutemye ijosi akoresheje umuhoro, nawe ahita afata umuti witwa kiyoda aba arawunyoye.
Inzobere z’Abashinwa b’abaganga basuye ibitaro bya Kinihira biri mu karere ka Rulindo tariki 27/9/2013 babitera inkunga irimo ibikoresho bya mudasobwa n’ imiti ikoreshwa mu buvuzi bw’amenyo.
Umunyeshuri w’imyaka 17 witwa Nyiramahirwe Joselyne ukomoka mu Mudugudu wa Buhande, Akagali ka Gasiza, Umurenge wa Bushoki ho mu Karere ka Rulindo yagonzwe n’imodoka ya Sosiyete y’Abashinwa “China Henan” ahita apfa.
Nyuma y’uko habayeho kutumvikana hagati ya bamwe mu babyeyi barerera mu kigo Stella Matutina n’ubuyobozi bw’iki kigo, ubu ngo iki kibazo akarere ka Rulindo karimo karakurikiranira hafi kugira ngo hatagira umwana ubuzwa uburengenzira bwo gukomeza kwiga kubera ubushobozi buke.
Nyuma yo kwihitiramo abazabahagararira mu nteko ishinga amategeko, bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo batangaje ko basanga hari aho igihugu cyabo kimaze kugera mu nzira ya Demokarasi.
Abaturage bo mu murenge wa Buyoga ho mu karere ka Rulindo bavuze ko FPR yabagejeje kuri byinshi bakaba bijeje ko bazayitora 100% mu matora y’Abadepite azaba tariki 16/09/2013.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kw buri munyarwanda PL, ryamamrije abakandida baryo bazarihagararira mu nteko ishinga amategeko mu karere ka Rulindo, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 06/09/2013, aho batangaje ko bazibanda u gukura abaturage mu bukene.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rulindo igiye gukoresha amarushanwa agamije gushishikariza abatuye n’abagenda ako karere kwirinda ibiyobyabwenge hibandwa cyane cyane ku rubyiruko kuko rubikoresha kurusha abantu bakuze.
Kuwa gatanu tariki 23/8/2013 mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo guhemba no gushimira abantu bose cyangwa ibigo byateye inkunga mu gutanga amafranga mu kigega Agaciro Development Found.
Gatera Joseph utuye mu karere ka Rulindo, umurenge wa Bushoki, akagari ka Nyirangarama, akaba akora umwuga w’ubukorikori butandukanye, avuga ko yinjiza agatubutse kandi ngo atarigeze afata inguzanyo muri banki.
Abagabo batuye mu karere ka Rulindo barakangurirwa kwisiramuza, mu rwego rwo kugira isuku no kwirinda indwara izo ari zo zose zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ariko bakemeza ko hari ikigenda gihinduka ugereranyije na mbere.
Mu gihe abagore bavuga ko abagabo batitabira gahunda yo kuboneza urubyaro kubera kamere yabo yo kwikunda, abagabo bo bavuga ko batinya ko bakwifungisha hanyuma abagore babo bakajya kubyarana n’abandi.
Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba, aratangaza ko yishimira cyane uburyo akarere ka Rulindo kagenda gatera imbere mu gukorana na gahunda ya Hangumurimo.
Hari bamwe mu bahinzi bo mu karere ka Rulindo mu ntara y’Amajyaruguru bagitekereza ko ibihingwa byafumbijwe ifumbire mva ruganda bishobora kubatera uburwayi. Barabivuga mu gihe begerejwe iyi fumbire mu rwego rwo kubona umusaruro w’ibituruka ku buhinzi utubutse, kandi mwiza.
Nyuma yo kwerekwa mu nyandiko ibyo akarere ka Rulindo kakoze mu rwego rwo kwesa imihigo y’umwaka 1012-2013, kuri uyu wa 17/07/2013 itsinda rigenzura imihigo ryagiye aho ibyakozwe biri maze bashima ko ibyo beretswe mu nyandiko byakozwe koko.
Muri gahunda yabo bamazemo iminsi basura ibice bitandukanye by’u Rwanda, tariki 09/07/2013, itsinda ry’abadepite b’Ababirigi bayobowe na Francois-Xavier de Donnea basuye ahacukurwa amabuye y’agaciro mu karere ka Rulindo.
Kimwe n’utundi turere tw’igihugu, Akarere ka Rulindo kizihije umunsi wo kwibohora kuri uyu wa Kane tariki 04/07/2013. Ku rwego rw’Akarere ka Rulindo, iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Kisaro, Akagari ka Kamushenyi.
Nsengiyumva Felix uyobora akagari ka Gishwero mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera tariki 01/07/2013 nyuma yo gutabwa muri yombi ahetse litiro eshanu z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Nk’uko bikomeje gutangazwa n’abaturage batuye mu mirenge itandukanye mu karere ka Rulindo, ngo basanga kuba Leta y’u Rwanda yaratekereje kubazanira gahunda y’imirenge SACCO ari ikintu bakwiye guhora bayishimira.
Muri iki gihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 94, hirya no hino mu karere ka Rulindo hakomeje kubera ibikorwa byo kwibuka mu bigo by’amashuri, aho abanyeshuri bigishwa bakanasobanurirwa ibyabaye muri Jenoside.
Bashingiye ku buryo amatora y’Abadepite yabanje yagenze, abafite aho bahurira n’ibikorwa by’amatora mu karere ka Rulindo baratangaza ko ubu bafite icyizere gihagije cy’uko amatora y’intumwa za rubanda azaba muri Nzeri azagenda neza.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yageneye ibikoresho byo kwifashisha mu myuga rumwe mu rubyiruko rwo mu imwe n’imwe igize akarere ka Rulindo. Icyo gikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 21/06/2013, cyari kigamije gutera inkungas urwo rubyiruko rwize imyuga.
Kuri uyu wa kane tariki 20/06/2013, akarere ka Rulindo kasinye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo Haute Ecole Provinciale de Hainaut - Condorcet cyo mu gihugu cy’u Bubiligi. Aya masezerano ajyanye n’ubuhinzi, ubworozi n’uburezi.
Abaneshuri batatu biga ku kigo cya College Urumuri Politechnique cyo mu murenge wa Rukozo, baguwe gitumo bari kunywa inzoga za Kanyanga bagombaga kumena, mu gikorwa cyateguwe na Polisi y’igihugu cyo kwamagana ibiyobyabwenge, kuri uyu wa Gatanu tariki 14/06/2013.