Abatwara abagenzi bo mu isantere ya Mukoto iherereye mu murenge wa Bushoki, ho mu karere ka Rulindo barasaba ubuyobozi ko bwabashakira aho bubashyirira inzu y’abagenzi bazajya bategeramo, ngo kuko usanga kuba aba bagenzi bahagarara mu muhanda, bishobora guteza impanuka z’ibinyabiziga bihanyura ari byinshi.
Uruganda rucukura amabuye y’agaciro rwa Rutongo ruherereye mu murenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo, ngo rufasha byinshi ku baturage barukoramo kimwe n’abaruturiye muri gahunda zitandukanye zijyanye n’imibereho yabo ya buri munsi.
Mu karere ka Rulindo ni hamwe mu hakigaragara abana bari munsi y’imyaka y’ubukure bakoreshwa mu mirimo itajyanye n’ikigero barimo. Aha ni nko mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, guhonda amabuye ariyo bita konkase n’ibindi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo baravuga ko kuba abaturage badatanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza (mituweri) ngo ahanini biterwa n’ubukene kuri bamwe kuko bamwe mu bayobozi b’imidugudu usanga bashyira abantu mu byiciro batarimo.
Ntirenganya Sylvestre warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu murenge wa Murambi, akarere ka Rulindo yanditse igitabo yise “Urumuri rw’amahoro” kiza gukundwa cyane kuko cyanaje gushyirwa mu nzu y’urwibutso ya Nyanza ya Kicukiro.
Bamwe mu bacitse ku icumu bo mu karere ka Rulindo kuri ubu ngo baracyugarijwe n’ibibazo bitadukanye birimo ibijyanye no kwivuza n’iby’ubukene, ibi ngo bikaba bibongerera agahinda ku buryo bukabije no kurushaho kwigunga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Aime Bosenibamwe, aratangaza ko kuba umubare w’abaturage bafite ubwisunane mu buvuzi bwa mitiweli ukiri hasi biterwa no kuba abayobozi bo muri iyi ntara basa nk’abakora ibyo badasobanukiwe.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo ngo basanga kuba abayobozi mu nzego nkuru z’igihugu basigaye bamanuka mu mirenge, mu tugari no mu midugudu , aho baza gukora imiganda bafatanije,bakaza no kumva ibibazo ,byazatuma iterambere ryabo byihuta.
Muri gahunda yo kurwanya umwanda mu mazu acururizwamo ibyo kurya bitetse mu karere ka Rulindo, umuyobozi w’aka karere Kangwagye Justus yafunze resitora yakoreraga mu kagari ka Bugaragara umurenge wa Shyorongi, biturutse ku isuku nke yarangwaga muri iyi resitora.
Abatuye akarere ka Rulindo barasabwa kwerekana aho bamenya hari imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 itarashyingurwa kugira ngo nayo izashyingurwe mu cyubahiro bitarenze uyu mwaka.
Abantu bavaga mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi batashye mu Murenge wa Shyorongi, Akarere ka Rulindo barohamye muri Nyabarongo, abantu 7 baburiwa irengero, abandi 17 bajyanwa kwa muganga.
Umugoroba w’ababyeyi mu karere ka Rulindo kuri ubu umaze gutera intambwe ikomeye aho kuva watangira wafashije abaturage kwikemurira ibibazo bimwe na bimwe, cyane cyane ibyari byugarije imiryango.
Ubwo Makoden Negatu uhagarariye Banki Nyafurika itsura Amajyambere BAD, Banque Africaine de Development, mu Rwanda yasuraga akarere ka Rulindo kuwa gatatu tariki ya 11/12/ 2013 yemeje ko iyo banki yiteguye gutanga amafaranga akenewe ngo hubakwe umuhanda uzahuza uturere twa Rulindo mu majyaruguru na Nyagatare mu burasirazuba.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko mu karere ka Rulindo, hatangajwe ko muri ako karere bagiye kwita cyane ku gukurikirana imanza z’abana n’abatishoboye.
Bamwe mu basoreshwa bo mu karere ka Rulindo bavuga ko uburyo basoreshwa butanejeje kuko ngo bukorwa hadakurikije ibyo baba bakora bibinjiriza.
Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bukomeje gushyira ingufu mu kwimura abaturage batuye mu manegeka babatuza aheza, hari bamwe muri bagenzi babo bavuga ko basanga uburyo iguranwa ry’ibibanza rikorwa bitabanogeye.
Ubwo hatangizwaga itorero ry’urubyiruko rurangije amashuri yisumbuye mu karere ka Rulindo, abitabiriye itorero beretswe filme irimo na bimwe mu byaranze amateka y’u Rwanda ndetse baranasobanurirwa bihagije.
Bamwe mu baturage mu karere ka Rulindo bakaba bavuga ko inama z’imishyikirano zahise hari byinshi zagezeho bityo bakaba bifuza ko mu Mushyikirano w’uyu mwaka hari ibyakwigwaho bigakosorwa kuko bibabangamiye.
Bamwe mu bayobozi mu karere ka Rulindo bavuga ko kugira ngo ubumwe n’ubwiyunge bugerweho hakiri byinshi bikwiye kwitabwaho birimo kutishishanya, guhuriza hamwe mu kwiyubakira igihugu, kutiyumvamo ikibazo kijyanye n’amoko n’ibindi.
Abagize koperative C.T.S.O.R ikora ubucuruzi bw’amata ku isoko rya Base mu karere ka Rulindo tariki 28/11/2013 biriwe mu byishimo aho bashyikirijwe inkunga y’ibikoresho byo kujya babasha gufata neza amata yabo neza bityo akabasha kubonerwa isoko.
Mu mwiherero kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Rulindo, abayobozi benshi bafashe umwanya babwira bagenzi babo amateka y’ubuzima babayemo mu gihe cya Jenoside kimwe na mbere yaho kugira ngo bakire ibikomere byabo nk’uko babivuga.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Kangwagye Justus, aratangaza ko muri aka karere hagaragaye abaturage basigaye biyengera kanyanga mu gihe byari bimenyerewe ko kanyanga ziboneka muri aka karere zaturukaga mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda.
Akarere ka Rulindo gakomeje gushyira imbaraga mu guha abaturage bako ibyangombwa nkenerwa mu buzima bw’ibanze birimo amazi, amashanyarazi, imihanda n’ibindi ariko hari aho ibyo bikorwa bitaragera bitewe n’ibibazo bitandukanye cyangwa n’ n’imiterere yaho.
Bamwe mu baturage baturiye ibirombe uruganda rwa Rutongo mines rucukuramo amabuye y’agaciro baravuga ko barenganijwe n’ubuyobozi bw’uru ruganda ruturitsa intambi zikabasenyera amazu nyamara ntirugire icyo rubikoraho.
Mu mahugurwa y’iminsi ibiri bahawe, abaunzi bo mu karere ka Rulindo batangaje ko kuba hari ubumenyi batari bafite mu bijyanye no bakemura ibibazo by’abaturage ntibanagire ibikoresho bihagije byatumaga badakora neza akazi kabo.
Bimaze kugaragara ko mu karere ka Rulindo abantu kwica abandi bamaze kubica amazi nk’uko bamwe mu baturage bagenda babyita.Aho usanga umwana yishwe,umugabo yishwe,umugore yishwe,mbega byabaye nk’umukino.
Nyirandimubanzi Beatha w’imyaka 42 wari usanzwe akekwaho gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge birimo kanyanga ndetse n’urumogi, mu mpera z’iki cyumweru yaguwe gitumo iwe mu rugo mu murenge wa Masoro arafatwa kuri ubu akaba afungiye kuri station ya Polisi ya Murambi.
Ikoranabuhanga ryifashisha telephone zigendanwa ngo ryaba ririmo rigenda rihindura imyitwarire imwe imwe mu rubyiruko rw’abanyeshuri mu karere ka Rulindo.
Nyuma y’iminsi haboneka ibyaha by’ubwicanyi mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rulindo, kuri uyu wa 31/10/2013, babiri mu bakekwaho ibyo byaha baburanishirijwe imbere y’abaturage aho babikoreye mu mirenge ya Bushoki na Burega.
Umukobwa witwa Nikuze Adeline utuye mu mudugudu wa Gasenga, akagari ka Kivugiza, umurenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo, yishe umuvandimwe we witwaga Twahirwa biturutse ku businzi.