Jean Pascal Labile, Ministiri w’Ububanyi n’Amahanga n’iterambere w’u Bubiligi, yatangajwe n’uburyo imishinga igihugu cye giteramo inkunga itera imbere ikanateza abaturage imbere.
Muri iki cyumweru cya Polisi, mu karere ka Rulindo hakomeje ibikorwa bitandukanye bijyanye no kubungabunga umutekano w’abantu. Tariki 13/06/2013, mu murenge wa Rukozo habereye ibiganiro ku kumvisha urubyiruko ububi bw’ibiyobyabwenge no kubashishikariza kutabikoresha.
Umwana w’umuhungu w’imyaka 15 ukomoka mu murenge wa Base ho mu karere ka Rulindo, avuga ko yishe umwana w’umukobwa w’umuturanyi w’iwabo wari afite imyaka itatu.
Umunyasingapuru Elim Chew ari mu Rwanda aho azanywe no kureba uburyo yatanga umusanzu we mu gufasha urubyiruko rutagize amahirwe yo kwiga ngo rurangize amashuri yarwo.
Abana b’abakobwa 111 bo mu karere ka Rulindo bagiye bahura n’ibibazo bitandukanye, birimo no kubyarira iwabo kuri ubu barimo guhabwa amasomo akubiyemo imyuga itandukanye izabafasha mu buzima bwabo.
Nyuma y’aho imvura idasanzwe yibasiye cyane intara y’amajyaruguru mu minsi ishize, ubu abayobozi muri iyi ntara barimo barigira hamwe icyakorwa vuba kugira ngo abantu bose batuye ahashobora kubangamira ubuzima bwabo bimurwe batuzwe ahateganijwe.
Ubwo yasuraga akarere ka Rulindo, tariki 23/5/2013, Minsitiri w’Ubutabera, Thercisse Karugarama, yasabye abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo muri ako karere kwikemurira ibibazo kuko nta muntu uzava i Kigali ngo ajye kubibakemurira.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kubona uko bivuza kuko bibuze ku rutonde rw’abagomba kurihirwa mu ubwisungane mu kwivuza.
Mu rwego rwo gukumira ibiza biterwa n’imvura yabaye nyinshi ho byahitanye ubuzima bw’abantu, amatungo bikangiza n’imitungo myinshi, ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo burasaba abaturage bako ko bakwimuka bagatura ku midugudu.
Umuhanda Kigali-Musanze wongeye kuba nyabagendwa ku modoka zose ziwunyuramo guhera ahagana mu ma saa 17h40 zo ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 07/05/2013, nyuma y’akazi gakomeye kakozwe n’abahanga mu gukora imihanda b’ingabo z’u Rwanda.
Umutahira w’intore ku rwego rw’igihugu, Rucagu Boniface, arakangurira urubyiruko n’abana bato kubaho bafite icyizere cyo kuzabaho nibura imyaka ijana inarenga nta wubahungabanije, ariko ngo bagomba kubigiramo uruhare.
Ku mugoroba wo kuwa gatanu tariki 03/05/2013, mu mirenge itandukanye igize akarere ka Rulindo , haguye imvura nyinshi ihitana ubuzima bw’abantu icumi naho abandi barakomereka.
Umuhanda wa Kigali-Musanze ntukiri nyabagendwa kuva mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04/05/2013, nyuma yo gucika ahantu hanini mu Kagali ka Taba, Umurenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke.
Gahunda yo kurwanya ubukene akarere ka Rulindo kari karihaye mu myaka itatu ishize, karatangaza ko kayigezeho ku rugero rushimishije.
Kubera guhura n’ikibazo cy’ibicanwa hamwe na hamwe mu karere ka Rulindo, hari imirenge abaturage baho barya ari uko baguze inkwi zo gutekesha ku kilo.
Tariki 17/04/2013, bamwe mu bakozi ba ECOBANK bayobowe n’umuyobozi wabo, Gilles Guerald, basuye urwibutso rwa Rusiga mu karere ka Rulindo banahasiga inkunga y’amafaranga miliyoni yo gufasha abacitse ku icumu.
Umuhanda wa Kigali-Musanze ntiwari nyabagendwa kuri uyu wa gatatu tariki 10/04/2013 kuva saa kumi n’imwe z’umugoroba kubera imvura yaguye ibyondo bimanukira mu muhanda ukorwa i Rulindo ku karere bitera ubunyereri.
Ikigo kigisha Ikoranabuhanga n’Ubumenyingiro cya Tumba College of Technology (TCT), giherereye mu karere ka Rulindo, cyatanze impamyabumenyi ku banyeshuri 401 barangije umwaka w’amashuri wa 2011/2012, Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5/4/2013.
Tariki 04/04/2013, mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo kwibuka no gushyira indabo ku mva z’Abashinwa icumi baguye mu mpanuka hagati y’imyaka 1985-1993 ubwo bakoraga umuhanda Kigali-Musanze.
Umugore utuye mu mudugudu wa Nyarushinya, umurenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo arasaba ubuyobozi kumwakira umugabo we itike akisubirira iwabo i Burundi nyuma y’imyaka umunani bamaranye ariko kumvikana bikaba byarabananiye.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADF) mu karere ka Rulindo rifatanije n’ubuyobozi bw’aka karere batoye komite nyobozi na komite ngenzuzi bishya zigiye kubahagararira muri uyu mwaka.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umuryango nyarwanda utegemiye kuri Leta ushinzwe imitangire ya serivise nziza (RASE), Senga Bahati Emmanuel, yemeza ko gahunda yo gutanga serivise inoze iri ku rwego rushimishije mu karere ka Rulindo haba mu nzego za Leta no mu nzego z’abikorera ku giti cyabo.
Nubwo byagaragaye ko goroba k’ababyeyi gafite umumaro munini abagorebo mu karere ka Rulindo bavuga ko abagabo badakunze kukitabira, kandi ngo nyamara bazi neza ibyiza byako.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo Kangwagye Justus arasaba Intore ziri ku rugerero mu murenge wa Kinihira mu karere ka Rulindo kwishimira ibyiza zimaze kugeraho, ariko anabashishikariza kumenya gukoresha ifaranga neza ngo kuko ari iby’ingezi.
Mu gihe kingana n’ukwezi Intore ziri ku rugerero mu karere ka Rulindo zikomeje ibikorwa byazo byo kubaka igihugu ariko hari bimwe mu bikoresho zitarabona kugira ngo ibikorwa byabo biyemeje babashe kubigeraho neza.
Nyuma yo kubona ko hari bamwe mu baturage b’akarere ka Rulindo bacitse ku icumu badafite inzu zo kubamo, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimee, arasaba ubuyobozi bw’ako karere gukemura icyo kibazo vuba.
Abajyanama b’ihungabana mu karere ka Rulindo, barasabwa kwegera abatuye aka karere bafite ibibazo by’ihungabana. Ibibazo by’ihungabana byiganje muri iyi minsi usanga ari irishingiye ku bwunvikane bucye bwo mu miryango, nk’uko babyivugira.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo ngo basanga kuba umuntu yabaho atagira mituweri (ubwisungane mu kwivuza) ari ubujiji bukabije kuko mituweri ari bwo buzima.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cya Community Policing tariki 12/02/2013, uturere dutandukanye tugize intara y’Amajyaruguru twakoze igikorwa cyo gukwika no kumena ibiyobyabwenge byafashwe ndetse bikorerwa imbere y’abaturage mu rwego rwo kubakangurira ububi bwabyo.
Hakuzimana w’imyaka 17, utuye mu murenge wa Kisaro mu karere ka Rulindo, yibye ubwatsi mu baturanyi, maze ategekwa kubwishyura atanga inka ye y’ikimasa.