Mu igenzura ry’imihigo y’akarere ka Rubavu 2012-2013, ubuyobozi bw’ako karere bwagaragaje imbogamizi buhura nayo irimo kuba bamwe mu baturage batitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza kubera gukoresha imiti ya magendu bagura mu mujyi wa Goma.
Ertharin Cousin, umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (WFP/PAM), kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 20/07/2013 yageze mu Rwanda anyuze mu karere ka Rubavu, aravuye muri Congo mu rugendo rwo kureba uburyo impunzi ziri mu nkambi ya Mugunga ya mbere zibayeho nyuma y’imirwano imaze iminsi ibera mu nkengero (…)
Abashinze gukurikirana amatora y’abadepite mu karere ka Rubavu bavuga ko bamaze kuyitegura neza, ariko imbogamizi bafite ari ibikorwa remezo nk’imihanda ihuza imirenge n’uturere yangijwe n’imvura yaguye muri ako karere.
Amakuru atangwa n’umwe mu barwanyi ba FDLR uheruka gufatirwa mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu ubwo yari yaje gusura umuryango we, avuga ko hari abagore azi bagera kuri 12 mu murenge wa Busasamana bajya aho FDLR iri kwiteza inda ku bagabo babo bakagaruka.
Imidugudu 15 yo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yashyikirijwe telefoni zigendanwa mu rwego rwo kuborohereza akazi no kubafasha gutanga amakuru ku gihe cyane ko begereye igihugu cya Congo.
Abaturage batanu bo mu murenge wa Bugeshi bagize uruhare mu guhisha abahigwa mu gihe cya Jenoside bashyikirijwe inka nk’ishimwe ry’ubutwari bagize mu gihe byari bikomeye.
Mu gihe Abanyarwanda bizihiza umunsi wo kwibohora ubuyobozi bubi, abaturage bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu bavuga ko bishimira ibikorwa byo kwibohora ubukene n’imibereho mibi babikesha ubuyobozi bwiza bubaba hafi.
Ishyirahamwe ry’abarwara abagenzi bibumbiye muri Rwanda Federation of Transport (RFTC) bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, batanga inkunga y’amazu 6 yagenewe abacitse ku icumu batishoboye bimuwe ku musozi wa Rubavu bagatuzwa ahitwa Kanembwe mu karere ka Rubavu.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Bahame Hassan, yongeye kuburira abatuye akarere ka Rubavu bajya mu mujyi wa Goma kwitondera ingendo bakora kuko hari abagerayo bagahohoterwa bakamburwa cyangwa bagafungwa kugeza batanze amafaranga yo kwigura.
Abaturage bo mu murenge wa Rubavu akarere ka Rubavu bavuga ko bishimiye guhinga imbuto za pomme bari basanzwe babona mu isoko batazi ko zishobora kwera ku butaka bwabo.
Mu myaka itatu hazaba ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu hazaba huzuye inzu izafasha abatuye ibi bihugu kuganira ku byazana amahoro n’ubumwe n’ubwiyunge mu bihugu byombi.
\Abahinzi bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu bavuga ko bagiye gucyemura ikibazo cyo kubura imbuto no gusesagura umusaruro nyuma yo kubakirwa ikigega gishobora guhunika toni 400 z’ibirayi.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’impunzi wabaye taliki 20/06/2013, impunzi ziri mu kigo cya Nkamira zirasaba ko zashakirwa akantu hitaruye zigashobora kwisanzura kuko aho ziri hatajyanye n’umubare w’abawurimo.
Hagumimana Jean Bosco asabira imbabazi gutunda no gucuruza ikiyobyabwenge cy’urumogi, akavuga ko kuva yafatwa amaze kumenya ububi bwacyo kandi agisabira imbabazi.
Abaturage bo mu kagari ka Busoro, umurenge wa Nyamyumba, akarere ka Rubavu, bemeza ko kuba badafite amashanyarazi biri mubituma badashobora kwihuta mu iterambere, mu gihe abandi bamaze guhabwa amashanyarazi hari intambwe bateye.
Polisi yo mu karere ka Rubavu yashoboye kugaruza telefoni z’uwitwa Baba Ushindi zari zatwawe n’uwitwa Hassan Sibomana taliki 22/05/2013 nyuma y’uko mu mujyi wa Goma humvikanye umutekano mucye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 16 afungiye kuri station ya Polisi mu mujyi wa Gisenyi azira kuba agira uruhare mu gutera amabuye abamurera.
Abana b’inzererezi bagera kuri 25 mu mujyi wa Gisenyi biyise intumwa za Shitani kubera ibikorwa bakora by’ubwambuzi no kugirira nabi ushaka kubarwanya mu bikorwa byabo.
Abafite amahoteli mu karere ka Rubavu barasaba Leta n’itangazamakuru kugaragaza ko akarere ka Rubavu ari nyabagendwa kubera ko hari abavuga ko umutekano mucye ubera mu burasirazuba bwa Congo ugera no muri ako karere bigatuma bamucyerarugendo bagabanuka bikabatera igihombo.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, avuga ko hari amahirwe Abanyarwanda batarabasha kubyaza inyungu mu gihe biri mu buryo bwo kongera imikorere itanga inyungu nko kubaka ibikorwa remezo ku mipaka ihuza u Rwanda n’ibindi bihugu.
Raporo iheruka gushyirwa ahagaragara n’umuryango Transparence International Rwanda igaragaza ko mu Rwanda ruswa ishingiye ku gitsina ihaboneka nubwo inzego nyinshi zibihakana zivuga ko byaba ari amagambo.
Ku bufatanye bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) na komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), urubyiruko rukora siporo n’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye na Kaminuza mu karere ka Rubavu bibutse abanyeshuri n’abakoraga siporo bishwe mu gihe cya Jenoside.
Imiryango 49 igizwe n’abantu 121 bari bamaze imyaka 19 m’ubuhunzi mu gihugu cya Congo bagarutse mu gihugu cyabo bahungutse kuri uyu wa gatanu tariki 31/05/2013. Batangaza ko kimwe mu byababuzaga gutaha ari ukutamenya ukuri kw’ibibera mu Rwanda.
Tuyishime Jibu arwariye mu bitaro bya Rubavu nyuma yo gutemagurwa na se amuhora ko amubajije uburenganzira ku mutungo wabo yarimo ajyana ku undi mugore yashatse.
Abaturage bo mu mudugudu wa Rukoro, akagari ka Kanyefurwe, umurenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu barasaba ko amazi ava ku muhanda wa Musanze-Rubavu yashakirwa indi nzira kuko abangiriza.
Nyuma yo kugaragaza ko yabyaye igisimba ariko ntibivugweho rumwe n’abantu batabdukanye barimo n’abaganga, Mushimiyimana yashyize yemera ko ibyo yavuze yabeshye ahubwo ari urukwavu yaguze akarubaga kugira ngo azemeze umugabo we ko abyara.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’imfubyi Orphelinat Imbabazi butangaza ko gahunda yo gushyira abana mu miryango igenda neza k’uburyo mu bana 100 cyari gifite hasigaye abana bane gusa batarabona imiryango ibakira.
Elisabeth Mushmiyimana wo mu kigero cy’imyaka 40 mu murenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu, wabyaye igisimba kimeze nk’imbwa mu ijoro rishyira kuwa Gatandatu tariki 25/05/2013, yemeza ko yari yarabihanuriwe n’umwe mu bavuzi ba Kinyarwanda wamuvuraga agitwite.
Umwe mu Banyarwanda bari barafatiwe mu mujyi wa Goma agahohoterwa yarekuwe aho yari afungiye mu kigo cya Gisirikare cya Camps Katindo, nyuma yo gucunzwa ibyo yarafite. Ibi bibaye nyuma y’aho bivugwa ko hari abandi Banyarwanda bafatirwa muuri uyu mujyi n’inzego z’umutekano bagahohoterwa.
Umugore wo mu kigero cy’imyaka 40 utuye mu murenge wa Nyakiriba, akarere ka Rubavu, mu ijoro rishyira kuwa Gatandatu tariki 25/05/2013, yabyaye umwana uteye nk’igisimba kuko yaba isura kimwe n’igice cyo hasi hose hameze nk’inyamaswa.