Abantu barindwi bafungiye kuri station ya Polisi ya Rubavu bakurikiranyweho ibikorwa byo gukopera ibizami by’impushya z’ibinyabiziga mu manyanga taliki 21/05/2013. Abacyekwa bagishakishwa ni 48.
Nyuma y’uko umupaka muto uhuza umujyi wa Gisenyi n’umujyi wa Goma ufunzwe washyize urafungurwa ariko abagabo n’abasore b’Abanyarwanda bajya i Goma barasabwa kwigengesera cyane kuko hari abahohoterwa.
Saa moya zo muri iki gitondo cyo kuwa 22/05/2013 ingabo n’abapolisi ba Congo bari maze gufunga umupaka muto uhuza umujwi wa Goma na Gisenyi. Uyu mupaka unyurwaho n’abantu barenga ibihumbi 25 ku munsi.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu araburira Abanyarwanda bajya guhahira no gukorera i Goma kwitwararika kubera intambara yongeraga kubura mu nkengero z’uwo mujyi ndetse n’ubu ikaba igikomeje.
Abanyarwanda 96 biganjemo abagore n’abana bagarutse mu gihugu cyabo bavuye mu gihugu cya Congo; binjiriye ku mupaka wa Rubavu tariki 17/05/2013.
Polisi y’igihugu ivuga ko amasezerano agamije gukumira ibyaha yasinye n’akarere ka Rubavu tariki 14/5/2013 ameze nk’imihigo inzego zombi zigomba kuzajya zigenderaho zikora inshingano zazo mu kurinda umutekano.
Ubuyobozi bwa Koperative y’abahinzi n’aborozi CEA-Gisenyi burahamagarira abanyamuryango bahawe inguzanyo kwikubita agashyi bakishyura kuko abahawe inguzanyo batishyura bikaba bigeze ku bucyererwe bwa miliyoni 20.
Kuva taliki 07/05/2013, impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira zatangiye kwimurirwa mu nkambi ya Nyabiheke aho zishobora kuba igihe kirekire.
Nyuma y’aho mu murenge wa Mulinga mu karere ka Nyabihu, na Cyanzarwe na Busasamana mu karere ka Rubavu hagaragariye indwara y’uburenge ku nka, iyi mirenge yashyizwe mu kato.
Urubyiruko 25 rwarangije Kaminuza rutarabona akazi ruvuye mu bice bitandukanye by’igihugu ruri mu karere ka Rubavu mu kigo cya CCSME, rwigishwa kwihangira imirimo no kwiga imishinga aho kwicara rugategerez ako abandi bayihanga bakaruha akazi.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu kagali ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi bishimira ibikorwa bamaze kugezwaho n’uyu mu ryango ku buryo basanga bakwiye kunganira igihugu cyabo mu kwicyemurira ibibazo bafasha abatishoboye babari hafi.
Abafana bagomba guturuka Kigali berekeza i Rubavu bagiye gushyigikira Rayon Sport iza kuba ikina na Etinceles ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tarki 04/05/2013, baravuga ko n’ubwo umuhanda Kigali-Musanze wacitse bitababuza kuza kwihera ijisho uyu mukino ushobora kongerera amahirwe ikipe ya Rayon Sport igenda isatira (…)
Abaturage bo mu kagari ka Mbugangari mu murenge wa Gisenyi bakiriye neza icyemezo cy’ikigo nderabuzima cya Gacuba cyo kwimuka aho gikorera kikajya ahari abaturage benshi bakigana.
Minisitiri w’umurimo n’abakozi ba Leta, Anastase Murekezi, ashimira abakozi bitabira umurimo ubabeshaho ugashobora no kwinjiriza igihugu kuko kwitabira umurirmo ari ukwihesha agaciro no kugahesha igihugu.
Ikigo gitanga service zinyuranye zijyanye n’ubukerarugendo mu Rwanda, Diamond Holiday Travel, cyasuye abana b’imfubyi ziba mu kigo cya Nyundo mu karere ka Rubavu kibashyikiriza inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga miliyoni n’ibihumbi 600.
Umuyobozi mu muryango mpuzamahanga wita ku mbabare (ICRC) avuga ko afite amakuru menshi ku bwicanyi bwakorewe mu bitaro bya Gisenyi mu gihe cya Jenoside kuko ari mu bashoboye kwibonera n’amaso ye uburyo abarwayi bishwe urw’agashinyaguro n’abaganga babavuraga bakoresheje utwuma twitwa pistor mu gukata imitsi mu ijosi.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Rubavu barasaba akarere kugira icyo gakora kugira ngo gacyemure ikibazo cy’inzibutso zidafite amazi n’amashanyarazi bityo bikagora abazikoraho nabo ngo badahembwa.
Ishyirahamwe ry’abamotari mu karere ka Rubavu rizwi ku izina rya UCOTMRU, taliki 23/04/2013, ryashyikirije ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu cheque y’amafaranga miliyoni enye agomba gushyirwa mu kigega Agaciro Development Fund.
Niragire Angelique w’imyaka 23 wo mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu wabyaye abana batatu taliki 23/03/2013 yavuye mu bitaro afite impungenge zo gushobora kurera abana yibarutse kuko nta bushobozi.
Mu rucyerera rwa taliki 22/04/2013, abakiristu bo mu itorero rya Goshen Holy Church babuze aho basengera amasengesho ya Nibature nyuma yo gusanga urusengero basengeramo rwashyizweho ingufuri na bamwe mu bakiristu bavuga ko badashaka ko bamwe barusengeramo.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu mu karere ka Rubavu bufatanyije bw’ inama y’igihugu k’urwego rw’igihugu, batangije igikorwa cyo gushishikariza urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu gukorana n’amabanki kugira ngo rushobore guhanga imirimo no kurwanya ubukene.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bavuga ko gufata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside ari inshingano yabo kuko bavukijwe uburenganzira bazizwa uko baremwe.
Impuguke yihariye mu by’ubuzima ikaba n’intumwa ya Banki y’isi, Mme Miriam Schneidman, avuga ko labolatwari y’ibitaro bya Gisenyi igomba kuzaba ku rwego mpuzamahanga, ashingiye ku nkunga ibi bitaro byatewe yo kuyubaka.
Abaturage 21 baherutse gufatwa bajya gusengera mu rutare rwihishe mu murenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu, bavuga ko gusengera mu rutare rumeze nk’ubuvumo bituma amasegesho agera ku Mana kuko ntakibarangaza.
Imvura yaguye ku gicamunsi taliki 10/04/2012 mu karere ka Rubavu yasenye amazu 9 mu murenge wa Kanama isenya n’ikiraro gihuza umurenge wa Kanama ujya Gishwati na Rutsiro.
Gutangiza icyumweru cy’icyunamo mu karere ka Rubavu tariki 07/04/2013 byatangiriye mu murenge wa Nyamyumba, umwe mu mirenge ukora ku Kivu waguyemo abantu benshi banazwe mu mazi bikozwe n’Interahamwe n’abari abayobozi bayoboraga komini ya Nyamyumba.
Abantu babiri bitabye Imana mu murenge wa Kanama akarere ka Rubavu bahitanwe n’imvura yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 04/04/2013.
Nyuma y’ibyumweru bibiri bari mu murenge wa Mudende akarere ka Rubavu, abari abarwanyi ba Runiga witandukanyije na M23 iyobowe na Gen Makenga, bimuwe aho bari bacumbikiwe.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu umurenge wa Kanama ntibashoje Pasika neza kubera ibiza batewe n’imvura yaguye ku mugoroba wa tariki 31/03/2013 ikuzuza umugezi wa Sebeya yateye mu baturage igatwara abana babili.
Abanyeshuri bize muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda batarabona akazi barangije amahugukorwa yo gukora imishinga izabafasha guhanga imirimo.