Abaturage bo mu tugari twa Gisa na Rwaza mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu bavuga ko kuba batuye ahantu hahanamye barasaba kwimurwa kuko aho batuye haabahejeje inyuma mu majyambere.
Ubuybozi bw’ikigo gishinzwe kwakira imisoro n’amahoro (RRA) mu karere ka Rubavu kirahamagarira abamenyekanisha umusoro ku nyungu kubikora mbere y’igihe aho gutegereza iminsi ya nyuma.
Imyiteguro yo gushyira kaburimbo mu muhanda uhuza uturere twa Rutsiro na Rubavu igeze kure ku buryo nta gihindutse imashini zizaba zatangiye gusiza mu kwezi kwa mbere 2014.
Abaturage bo mu kagari ka Gikombe umurenge wa Nyakiriba akarere ka Rubavu bavuga ko bamaze imyaka ibiri n’amezi atandatu batanze amafaranga yo kuzana umuriro aho batuye ariko amaso yaheze mu kirere.
Abanyeshuri bo mu ishuri ry’amahoteli n’ubucyerarugendo (RTUC) ishami rya Gisenyi bahuriye mu muryango wa AERG batangiye ibikorwa byo kwitegura icyunamo bakora ibikorwa byo gutanga ubufasha ku batishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu kiganiro ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Rubavu bwagiranye n’abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge ku byerekeye ibikorwa by’ihohoterwa rikorerwa mu mirenge basange ibikomeje kwiganza mu gutuma byiyongera ari ibinyobwa bitemewe hamwe n’amakimbirane yo mu miryango.
Gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, bizabera mu murenge wa Nyamyumba, kubera ubwicanyi bwakorewe abakozi b’uruganda rwa Bralirwa n’abandi bajugunywe mu kiyaga cya kivu ahari amashyuza.
Abaturage bo mu murenge wa Busasamana bakoresha umuhanda wa Gasiza-Busasamana, bavuga ko kutagira umuhanda mwiza biri mu bisubiza inyuma umusaruro w’ubuhinzi babona kuko kubona ababagurira bitaborohera niyo baje babahenda.
Abaturage bo mu mirenge ya Busasamana, Bugeshi, Mudende, Rubavu, Cyanzarwe, Rugerero na Nyakiliba yo mu karere ka Rubavu, taliki 21/03/2013 bashyikirijwe umuyoboro w’amazi meza ufite uburere bwa kilometero 102 uzagera ku baturage ibihumbi 52.
Nyuma y’umwaka umwe gahunda yo gushyikiriza imiryango abana baba mu bigo by’imfubyi itangijwe, abana ba mbere batangiye guhuzwa n’imiryango bakomokamo cyangwa ishaka kubarera.
Kuva mu kwezi k’ukuboza 2012 ingendo Rwandair yakoreraga mu karere ka Rubavu zarasubitswe ndetse n’abakozi bayo bahakoreraga bisubiriye Kigali.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko nubwo benshi mu barwanyi ba Gen Ntaganda bishyikirije ubuyobozi bakamburwa intwaro, hari abashoboye kwihisha ubuyobozi binjira mu baturage n’intwaro zabo.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe ngo ryige ku bibazo abacitse ku icumu bafite, tariki 15-16/3/2013 ryari mu karere ka Rubavu aho basanze hari amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside ariko akarere kakayatuzamo abandi bantu batari abagenerwabikorwa ba FARG.
Bishop Jean Marie Runiga n’ingabo ze batsinzwe n’abasirikare ba M23 yiyomoyeho, yashyize atangaza ko yemeye ko yatsinzwe. ubwo yagezwaga mu nkambi ya Nkamira yatangaje ko agiye kugendera ku mategeko agenga impunzi.
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko ingabo zigera kuri 650 zari mu mutwe uyobowe na Bishop Jean Marie Runiga wiyomoye ku buyobozi bwa M23 zamaze kwambuka umupaka w’u Rwanda zihahungira nyum yo gutsindwa mu mirwano yazishyamiranyije n’iza M23 zasigaye ziyobowe na Sultani Makenga.
Ku mugoroba wa taliki 14/03/2013 abandi Banyecongo 1143 bahungiye mu Rwanda zitinya ko intambara ihuje abarwanyi ba M23 basubiranamo ishobora kubageraho.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira ko Guverinoma y’u Rwanda iri gukora ibishoboka kugira ngo babone aho bimurirwa hisanzuye ndetse n’umutekano wabo ucungwe neza kurushaho.
Abanyeshuri biga muri za kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda batangije icyumweru cyo kugaragaza uruhare rwabo mu iterambere ry’igihugu bagendeye ku ntego imwe bihaye mu gushyira hamwe mu gutegura ejo hazaza muri gahunda bise “Students on the field” yatangirijwe ahitwa Kanembwe mu karere ka Rubavu mu burengerazuba bw’u (…)
Umunsi wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore mu karere ka Rubavu abagore bashimira guhabwa ijambo mu nzego zifata ibyemezo no kugira uruhare mu iterambere, kuko byatumye bitinyuka bakanahamya ko imbaraga zabo zizakomeza kubaka igihugu.
Inzego z’umutekano wo mu mazi mu karere ka Rubavu ziratunga agatoki abakora uburobyi mu kiyaga cya Kivu kwitwaza intwaro mu gihe baroba. Abarobyi ariko bo baravuga ko bitwaza intwaro bagamije kwicungira umutekano kuko ngo muri iki kiyaga hakorerwamo ubujura.
Kubera ko inkambi ya Kigeme yari yagenewe kwakira impunziz’Abanyekongo bakomeje guhungira mu Rwanda, ubu minisiteri ishinzwe Impunzi no Gukumira Ibiza mu Rwanda iri gushakisha ahandi izi mpunzi zikomeje kwiyongera zakoherezwa.
Kuva mu ntangiriro z’ukwezi kwa Werurwe abasore batanu bamaze gutabwa muri yombi bafashwe n’abaturage bari ku irondo mu murenge wa Busasamana aho bageragezaga kwinjiza mu Rwanda intwaro zirimo imbunda bazivana mu gihugu cya Congo.
Nyuma y’impanuka y’indege yabaye ku mugoroba w’itariki ya 04/03/2013 mu mujyi wa Goma, umubare nyakuri w’abari bayirimo ntuvugwaho rumwe n’inzego z’ubuyobozi, mu gihe ahabereye impanuka harinzwe bikomeye abantu badashobora kuhagera ngo bimenyere ukuri naho inzego zishobora gutanga amakuru zikaba zirinze kugira icyo zitangaza.
Umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bihuriye mu biyaga Bigari (CEPGL), wahagurukiye guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka bukorwa n’abagore muri uyu muryango kuko bufite uruhare mu iterambere nubwo budahabwa agaciro.
Nyuma y’inkuru yatangajwe na radio BBC y’Abongereza ku italiki ya 26/2/2013 mu rurimi rw’Ikinyarwanda ivuga ko hari abaturage bafunzwe mu karere ka Rubavu bazira kudatanga umusanzu mu bwisungane mu kwivuza bita mituweli, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwakurikiranye icyo kibazo busanga nta muturage wafunzwe azira ko atatanze (…)
Raporo yashyizwe ahagaragara muri uku kwezi kwa gashyantare n’umugenzuzi w’akarere ka Rubavu igaragaza ko hari amafaranga arenga miliyoni 21 ba rwiyemezamirimo bahezemo akarere kandi yagombye gukoreshwa muri gahunda z’iterambere.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu kagari ka Byahi, umurenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu bahagurukiye ikibazo cy’umuhanda mubi uri muri ako kagari bakora umuganda wo kuwusana mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Akarere ka Rubavu kongereye ingengo y’imari kagomba gukoresha umwaka wa 2012-2013 iva kuri miliyari 11, miliyoni 919 n’ibihumbi 493 igera kuri miliyari 13, miliyoni 736 n’inihumbi 33.
Nubwo akarere ka Rubavu kishimira ibikorwa by’uburezi by’umwaka wa 2012 birimo umubare w’abana batsinze hamwe n’ibyumba by’amashuri byubatswe ngo haracyagaragara inzitizi ku burezi zirimo umubare w’abana bata ishuri.
Abaturage bo mu murenge wa Nyundo bafatanyije n’ubuyobozi batangiye gukora umuganda wo kwiyubakira ivuriro rizuzura ritwaye akayabo ka miliyoni 40.