Aho umunyamakuru wa Kigali Today yageze mu mujyi wa Gisenyi yasanze abantu bitabiriye amatora mu mutuzo, abaturage bakavuga ko bamwe bagenda baza uko amasaha ari bukure kuko banze kuza kubyigana.
Ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu (PL) kuri uyu wa kane taliki 12/9/2013 ryari mu karere ka Rubavu rigeza ku baturage imigambi ribafitiye mu gihe baritoreye kujya mu nteko ishingamategeko.
Ubwo ryiyamamazaga mu karere ka Rubavu tariki 12/09/2013, ishyaka PS-Imberakuri ryagaragarije Abanyarubavu ko ryashaka uburyo abanyeshuri biga muri Kaminuza batishoboye boroherezwa bakwiga.
Nyuma y’aho abaturage batuye akagari ka Rubona, umudugudu wa Rushagara umurenge wa Gisenyi akarere ka Rubavu intara y’uburengerazuba bagaragarije ikibazo cy’amazi y’imvura abasenyera amazu bitewe n’imigende yasibamye ntihagire igikorwa, na n’ubu bakomeje gutakamba ngo inzego z’ubuyobozi zihwiture abo bireba ariko abo (…)
Uwitwaga Ntawugoruwanga Mose wo mu kagari ka Butaka mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yitabye Imana ku itariki ya 02/09/2013 ya azize kurarana n’abagore babiri nkuko bitangazwa n’abaturage bo mu murenge wa Bugeshi.
Abaturage begereye umupaka w’u Rwanda na Congo mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu bavuga ko bongeye gusubira mu mirimo yabo nyuma yo guhumurizwa n’ingabo zabo kuko umutekano wabo ucunzwe neza.
Mu kwamamaza abakandida-depite b’ishyaka FPR-Inkotanyi mu karere ka Rubavu byabaye taliki 01/09/2013 kuri stade Umuganda, abahoze bakora akazi ko gucora ibicuruzwa bakura i Goma bavuga ko FPR yabigishije gukora bava mu bucoracozi ahubwo bashobora kwitabira koperative ubu batanga akazi.
Abaturage bo mu gace ka Kibumba na Kamahoro two muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no mu nkengero zaho batangiye guhungira mu Rwanda batinya imirwano ibasatira.
Mukagasana Vestine uherutse guhitanwa n’igisasu cyavuye ku butaka bwa Congo kikagwa mu Rwanda, washyinguwe mu cyubahiro n’abaturage benshi bo mu karere ka Rubavu.
Kuva tariki 29/08/2013, ku mipaka yombi ihuza Gisenyi n’umujyi wa Goma, Abanyarwanda bagabanyije kwambuka batinya guhohoterwa n’Abanyecongo ahubwo ingendo zihariwe n’Abanyecongo baza gufata ibintu Gisenyi bagasubirayo..
Kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 saa 9h15 igisasu kivuye mu bice bya Congo kiguye iruhande rw’isoko rya Mbugangari mu mujyi wa Rubavu gihitana umubyeyi naho umwana yari ahetse ndetse n’undi muntu barakomereka ndetse kinasenya inzu.
Kuva saa 11h55 zo kuri uyu wa 28/08/2013, ibisasu bitatu bimaze kugwa mu Rwanda bivuye muri Kivu y’Amajyaruguru aho ingabo za Congo (FARDC) zihanganye n’inyeshyamba za M23 mu bice bya Kanyarucinya.
Abanyarwanda bongeye gusubira gukorera i Goma nyuma y’ubwoba bwinshi batewe n’imyigaragambyo yabaye taliki 24/08/2013 ikagira n’Abanyarwanda ihitana.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagiranye inama n’abaturage mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, yari igamije kubahumuriza no kubasaba kwirinda kugendagenda kugira ngo ibisasu biri guterwa mu Rwanda bitagira uwo bihitana.
Mu masaha y’isaa 16h30’ zo kuri uyu wa Gatanu tariki 23/08/2013, ikindi gisasu cyongeye kugwa mu karere ka Rubavu, mu murenge wa Busasamana akagari ka Gacurabwenge umudugudu wa Bukumu.
Igisasu cyo mu bwoko bwa roquette cyaguye mu kagari ka Busigari Umurenge wa Cyanzarwe akarere ka Rubavu saa saba n’igice zo kuri uyu wa kane tariki 22/08/2013 cyangiza ubwiherero bw’umuturage.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari ijyanye ibikoresho by’ubwubatsi mu mujyi wa Gisenyi yabuze feri imanuka mu muhanda ugana ku bitaro bya Gisenyi ihita ibigonga abantu babiri bari bayirimo barakomereka. Iyi mpanuka yabaye saa 14h44 tariki 14/08/2013.
Ubuyobozi bwa Congo bushyinzwe impunzi bwageze mu Rwanda kuri uyu wa mbere taliki 12/08/2013 gukurikirana ikibazo cy’impunzi 666 z’Abanyecongo bahungiye mu Rwanda kubera intambara yahuje umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya Congo.
Bihereye mu karere ka Rubavu, mu ntara y‘uburengerazuba hashyizweho itsinda rigizwe n’abacungamari n’abagenzuramari kuva ku karere kugeza ku bigo by’amashuri n’amavuriro bya Leta rishinzwe kuzajya rigenzura imikoreshereze y’amafaranga ya Leta.
Abanyarwanda 51 bagaze mu Rwanda bavuye mu gihugu cya Congo, aho bamaze imyaka 19 mu buhunzi. Bemeza ko byatewe no kutamenya amakuru y’ukuri ku bibera mu gihugu cyabo.
Ibigo by’imari iciriritse byo mu murenge wa Kanama akarere ka Rubavu byatangije uburyo bwo kuzigama ku bana mu rwego rwo kubashishikariza umuco wo kuzigama bakiri bato.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Dr Habyarimana, avuga ko ishyirahamwe Inyenyeri rikorera mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu rizakomeza gufashwa kwimakaza ibikorwa ryatangiye byo kubaka ubumwe n’ubwunge.
Musabyimana Theoneste wo mu murenge wa Nyamyumba akagari ka Rubona yatwawe n’amazi yo mu kiyaga cya Kivu saa yine z’ijoro ryo ku taliki 4/8/2013 ubwo yarimo kugerageza gushaka uko akiza abari mu bwato atwaye.
Abanyarwanda bakorera n’abajya kwiga mu mujyi wa Goma bongeye gusubirayo nta kibazo, kubera agahenge kagarutse muri uyu mujyi nyuma y’uko hagati muri iki cyumweru dusoza hari hatangiye isakwa rikomeye hakagira n’abagabo n’abasore bafatirwayo n’ubu bataragaruka.
Abasore 9 b’abanyeshuri biga ubuganga mu mujyi wa Goma kuri uyu wa gatatu tariki 31/07/2013 bafatiwe ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo bazira ko Umunyecongo yafashwe n’inzego z’umutekano w’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwatangaje ko impunzi z’Abanyekongo 320 zahungiye mu murenge wa Busasamana zigiye kujyanwa mu nkambi ya Nkamira kugira ngo HCR ikorera mu Rwanda ivugane na HCR ya Congo zisubizwe mu gihugu cyabo.
Urwibutso rwa Jenoside mu karere ka Rubavu rukomeje guhura n’ibibazo byo kubura amafaranga agomba gukoreshwa mu kurwubaka atabonekera igihe bikadindiza ibikorwa.
Abaturage bo mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Rubavu bavuga ko ishyirwa mu byiciro by’ubudehe bitakozwe mu buryo bunoze bikaba bibagiraho ingaruka kubyemezo bafatirwa nko kwishyura ubwishingizi mu kwivuza kubatishoboye.
Abafite ubumuga bwo kutabona bo mu karere ka Rubavu bifatanyije n’abandi mu bikorwa by’umuganda bisoza ukwezi maze babumba amatafari yo kubakira umuturage utishoboye nawe ufite ubumuga bwo kutabona mu murenge wa Rubavu.
Kuva imirwano yakongera kubura mu nkengero z’umujyi wa Goma, Abanyarwanda bakorera ubucuruzi muri uwo mujyi kimwe n’abajya kurangura yo bavuga ko bahagaritse ibikorwa byabo kubera gutinya ihohoterwa.