Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Celestin Kabahizi, anenga uburyo mu karere ka Rubavu hari abaturage bubatse mu bibanza by’umusozi wa Rubavu kandi bitemewe, ndetse ngo n’inkeragutabara zagaragaje icyo kibazo ariko nticyakurikiranywa.
Abagabo umunani n’abagore bane bafugiye kuri station ya police ya Gisenyi mu karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gukwirakwiza ibiyobyabwenge birimo urumogi ibilo 180.
Abaturage baturiye umugezi wa Burehe wahoze unyura mu ruganda rwa Bralirwa ariko ukaza kwimurwa ugashyirwa hanze y’uruganda ahegereye abaturage none ukaba umaze kubasenyera barasaba kurenganurwa kubera ibiza bibibasira.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu barasaba amasosiyete afite serivise bakoreshwa cyane kujya yihangana guhagarika gahunda zayo batabimenyeshejejwe kuko bibatera igihombo.
Imiryango 40 yo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu kuri uyu wa kabiri tariki 11/09/2012 yangirijwe n’imvura yaguye mu gihe cy’amasaha ya saa tanu, ihitana n’umuntu umwe naho abana batatu bajyanwa kwa muganga.
Imvura yaguye kuri uyu wa gatandatu tariki 08/09/2012 yahitanye umwana inasenya amazu 14 mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu ariko hashobora kuba hari andi ataramenyekana kubera ibintu byinshi iyo mvura yangije.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu hamwe n’abahakorera, tariki 05/09/2012, bakusanyije miliyoni 521 n’imisago zo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund kandi abaturage biyemeje guteza imbere iki gikorwa.