Mu muhango wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 12/11/2013, ingabo z’u Rwanda zashyikirije ingabo za ICGLR ziba mu itsinda ryitwa EJVM umusirikare wa Kongo Cpl Kasongo wambutse umupaka ku buryo butemewe agafatirwa mu Rwanda kuwa 09/11/2013 ku isaha ya saa cyenda z’amanywa mu kagari ka Byahi, umurenge wa Rubavu.
Abayobozi bamwe mu tugari two mu mirenge ya Busasamana, Kanama na Nyakiriba mu karere ka Rubavu bigaga mu mujyi wa Goma na Kibumba muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, basabwe guhagarika amasomo yabo muri icyo gihugu ngo kubera impamvu z’umutekano.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu bwasabye abarinzi b’imyaka gukomeza umurego mu kurinda imyaka nyuma y’uko Mvuyekure Thomas umuturage utuye mu kagari ka Kageshi umudugudu wa Gasenyi aranduriwe ibirayi n’abantu bataramenyakana.
Taliki ya 2/11/2013 mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo, abasirikare batatu ba Congo bigabye mu murima w’umuturage kwiba ibirayi abaturage barabatesha.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu na Rutsiro bakomeje kwitwikira ijoro bakajya kuroba amafi n’isambaza mu gihe ikiyaga cya Kivu cyafunzwe amezi abiri kugira ngo umusaruro ushobore kwiyongera.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi burahamagarira abaturage bawutuyemo bajya muri Congo guca ku mipaka izwi kugira ngo bagabanye ihohoterwa riri gukorerwa abaturage basanzwe bicira inzira zidasanzwe.
Nyuma y’ibisasu 20 n’amasasu mato menshi yarashwe mu Rwanda n’ingabo za Congo bigahitana ubuzima bw’Abanyarwnda babili naho abandi 9 bagakomereka hamwe n’abanyecongo 7, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bazafata mu mugongo abagize ibyago.
Akarere ka Nyamasheke n’aka Rubavu two mu Ntara y’Uburengerazuba, tariki 29/10/2013 twashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gufasha utu turere kurushaho gutera imbere, by’umwihariko bamwe bigira ku bandi.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Mushimiyimana Vestine wo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yakomerekejwe n’amasasu yavuye muri Congo mu murwano yashyamiranyije M23 n’ingabo za Congo Kibumba hafi y’umupaka w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 28/10/2013.
Intambara ihuje ingabo za leta ya Congo FARDC na M23 mu kibaya gihuje u Rwanda na Congo mu masaha ya 6h45 kuri uyu wa gatandatu yakomerekeje Gisubizo umusore w’imyaka 16 mu kagari ka Rusura umudugudu wa kageyo.
Intambara iri kubera mu burasirazuba bwa Congo yanagize ingaruka ku bice by’u Rwanda byegegeranye, imaze kugwamo Abanyarwanda babiri naho undi arakomereka biturutse ku bisasu byinshi bimaze kuraswa mu Rwanda biturutse mu mpa ingabo za Congo ziherereyemo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu burahamagarira abaturage bahawe gitansi zibaca amande bahawe n’imirenge bazizana kugira ngo zikurikiranwe kuko gitansi zica amande zemewe zitangwa n’akarere.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi bushima igikorwa cy’abagore bafite abagabo babo muri FDLR kuko bahagurukiye kubashishikariza gutaha bakava mu mashyamba ya Congo.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi buvuga ko bwashoboye guca agahigo ko kwandika mu bitabo by’irangamimerere abana bakivuka, aho umurenge wihaye intego yo gusanga abaturage kwa muganga n’aho batuye bakandika abana bavuka kurusha uko abaturage bazaga ku murenge kubandikisha.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu batuye mu murenge wa Bugeshi begereye ikibaya gihuguza u Rwanda na Congo bavuga ko bamaze kuburira inka zirenga 200 muri iki kibaya zitwarwa n’ingabo za Congo bakabura uko bazigaruza.
Abanyeshuri bo ku bigo bya Kinogo na Munanira mu murenge wa Busasamana akarere ka Rubavu, bavuga ko ubu bishimiye intebe bahawe mu mashuri aho kwicara ku mabuye nkuko byari bisanzwe.
Ku mugoroba wa taliki ya 16/10/2013 mu mujyi wa Gisenyi polisi yakoze umukwabu wafatiwemo abakora ubucuruzi butemewe ku mihanda burimo inkweto, imyenda, telefoni zigendanwa hamwe n’abavunja amafaranga.
Umuyobozi w’ingabo z’u Rwanda mu ntara y’Uburengerazuba, Maj.,Gen. Mubaraka Muganga, araburira urubyiruko kwitandukanya n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge kuko uretse kubangiriza ubuzima hashyizweho ingamba zikomeye mu kurwanya ababitunda, ababicuruza hamwe n’ababikoresha.
Umuryango wa Mukagasana Vestine wahitanywe n’igisasu cyavuye ku butaka bwa Congo kikagwa mu Rwanda taliki 29/08/2013, urasaba ubufasha kuko uwari utunze uyu muryango yitabye Imana asize abana bato harimo n’ufite amazi abili ucyeneye kwitabwaho.
Kuva tariki 08/10/2013 amacumbi aciriritse mu karere ka Rubavu atujuje ibyangombwa arimo gufungwa by’agateganyo n’itsinda ry’akarere rishinzwe kugenzura isuku n’ibyangombwa byemerera aya macumbi gukora.
Ikamyo ifite nimero z’ingande UAP 778C yari itwaye ibiribwa bya PAM yabuze feri igeze ku Kabari maze igwa igeze mu makoni ya Nyakiriba mu karere ka Rubavu tariki 01/10/2013 saa 22h30 abantu babiri bahita bitaba Imana naho undi umwe ararokoka.
Ihagarikwa ry’uburobyi mu Kivu ryatumye amafi n’isambaza bihenda mu isoko rya Gisenyi kuko ubu ikiro cy’isamba kigura amafaranga 3000 kandi cyaguraga 1700. Amafi yo aragura amafaranga 3500 ikilo mu guhe yaguraga amafaranga 2500.
Uwamahoro Zawadi wo mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica abana babili b’impanga akabajugunya mu cyobo gikoreshwa n’abari mu nkambi ya Nkamira.
Kabera Pierre Celestin w’imyaka 45 wo mu murenge wa Mudende yitabye Imana azize inkuba. Inkuba kandi mu kagari Kanyundo yakubise inka 4, inzu 3 zo mu kagali ka Ndoranyi zivaho ibisenge naho inzu imwe irasenyuka kubera kurengerwa n’amazi y’iyi mvura yanangije imyaka.
Sibomana Emile yafatiwe mu mujyi wa Gisenyi taliki 29/9/2013 afite amafi yaboze yakuye i Kigali aje kuyacuruza mu mujyi wa Gisenyi nyuma y’uko uburobyi buhagaze mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abili.
Muri Miliyoni 521 akarere ka Rubavu kari kiyemeje gutanga mu kigega Agaciro Development Fund, ubu kamaze gutanga asaga miliyoni 360 angana na 70%.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarubuye akagari Gacurabwenge umurenge wa Busasamana bavuga ko barembejwe n’ubujura bw’amatungo bukorerwa mu kibaya baturiye gihuza u Rwanda na Congo.
Umuyobozi w’ikigo CCSME (Competence Center For Small And Medium Enterprises) kigisha imishinga iciritse mu karere ka Rubavu yahuye n’abaturage bamushinja kubambura amafaranga no kubahemukira abasobanurira uko ikibazo kimeze.
Capolari Karala wo mu ngabo za Congo yafatiwe mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu taliki 24/9/2013 saa18h30 afite imbunda n’amasasu arenga 85 kandi ari wenyine.
Abarwanyi batatu basanzwe muri FDLR bageze mu karere ka Rubavu n’imiryango yabo, Kuri uyu wa Gatatu tariki 18/09/2013. Bavuga ko baje barembye kubera uburwayi bafite babuze uko babwivuza bahitamo kwiyizira mu gihugu cyabo.