Ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka rubavu butangaza ko nyirabayazana w’impanuka z’amakamyo y’abanyamahanga agwa mu muhanda mushya wa Nyakiriba ari ukudakurikiza amabwiriza polisi iha abashoferi batwara aya amakamyo arimo guhagarara Nkamira.
Abacuruzi bo mu isoko rya Bazilette ahahoze hanyura umuhanda wa Rubavu-Musanze batangiye kujya bacururiza mu muhanda unyura Nyakiriba nyuma yo kubura abaguzi nk’abo bari basanzwe babona.
Mu gutangiza icyumweru cyahariwe community policing mu karere ka Rubavu hatwitswe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 700 twafatiwe muri aka karere ruvanywe mu gihugu cya Congo ndetse hanamenywe inzoga z’inkorano litiro zigera 1000.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagaragaje ikibazo bufite cy’abantu barenga ibihumbi 45 bitarabona ubwisungane mu kwivuza muri uyu mwakawa 2012-2013.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu yabasabye abanyamadini kwirinda kwakira impano zose babonye kuko hari izitangwa n’imitwe y’abagizi ba nabi barimo FDRL, avuga ko ayo mafaranga arimo umuvumo kandi yagira ingaruka ku Banyarwanda.
Ubuyobozi bw’abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu butangaza ko bugiye kugaragaza amahirwe yo gushora imari muri uyu murenge kuko ufite amahirwe menshi yo gukorerwamo ubucyerarugendo n’amahoteli.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu rwego rwo gushakira umutekano amakamyo ajyana ibicuruzwa muri Congo akunze gutinda ku mupaka bwashyizeho ahantu agomba kuruhukira nubwo hatajyanye n’igihe.
Akarere ka Rubavu gashima intambwe kamaze gutera mu gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund kuko muri miliyoni 521 kemeye gutanga, izigera kuri 140 zimaze gutangwa.
Ubuyobozi bwa Polisi mu karere ka Rubavu bwatangiye guhamagarira abafite moto zimaze igihe zifungiwe kuri Polisi kuza kuzireba kuko izirengeje amezi 6 zigiye gushyikirizwa inkiko zigatezwa cyamunara.
Abahinzi b’imboga bo mu murenge wa Nyakiriba mu karere ka Rubavu bashinze Koperative COPAGI ifite umushinga wo gukora umutobe mu mboga za karoti na beterave. Uwo mutobe ngo ushobora kumara igihe kandi ugacuruzwa ku mafaranga menshi aruta ayo bahabwa zikiva mu murima.
Mu kiganiro cy’abaturage b’imirenge ya Nyundo, Kanama, Nyakiriba na Kanzenze bagiranye n’ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza Prof Shyaka Anastase, basabye ubuyobozi bw’iki kigo kubakorera ubuvugizi ku bibazo bibabangamiye.
Minisiteri y’ingabo (MINADEF) na Minisiteri y’umutungo kamare (MINIRENA), kuri uyu wa 31/01/2013, batashye amazu 42 yubatswe n’Inkeragutabara yubakirwa abaturage baturiye umugezi wa Sebeya mu karere ka Rubavu.
Banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) ishami ryo mu karere ka Rubavu ryashyikirije umurenge wa Kanama inyubako z’ivuriro zifite agaciro k’amafaranga miliyoni 46 nyuma yo kubona ko inyubako z’ivuriro zidahagije.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu batangaza ko bugarijwe n’ikibazo cy’ubujura butobora amazu bugamije kwiba television n’ibikorana nayo nk’ibikoresho bikoreshwa n’amashanayarazi.
Umuyobozi wungirije w’akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza avuga ko ikibazo cy’abana batabwa ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo ndetse n’ahandi mu mihanda y’umujyi wa Gisenyi kimaze kwiyongera.
Ubuyobozi bw’uruganda rwa Bralirwa n’abakozi barukoramo hamwe n’imiryango yabuze ababo bibutse abakozi ba Bralirwa bayikoragamo bakicwa n’abacengezi batwikiwe muri bisi y’akazi mu mwaka wa 1998.
Ikibazo cy’ibiza byagaragaye mu karere ka Rubavu mu murenge wa Nyamyumba mu mpera z’umwaka wa 2012 bikomeje kugira ingaruka ku baturage batuye aho byabereye kuko icika ry’umuhanda ujya Bralirwa ngo ritera impanuka ubutitsa nk’uko bitangazwa n’abaturage bawuturiye.
Ubuyobozi bw’uruganda SOPICAF rutunganya ikawa butangaza ko ibiza by’imvura byibasiye akarere ka Rubavu by’umwihariko umurenge wa Nyamyumba rukoreramo bimaze kwangiza ibintu bifite agaciro ka miliyoni zirenga 700.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwasuye inyubako z’ikigo nderabuzima cya Nyakiliba bwemeje ko izo nyubako zifite ubuziranenge bitandukanye n’ibyari byaravuzwe na Nyanama y’ako karere yari yaravuze ndetse igasaba ko rwiyemezamirimo wazubakaga ahagarika imirimo.
Ubwinshi bw’abakora uburaya n’abandi bakora ibikorwa byo guhungabanya umutekano birimo guta abana no gukwirakwiza Virusi itera Sida, biri mu bibazo bikomeje gufata indi ntera mu karere ka Rubavu.
Abayobozi ba Kaminuza yigenga ya Kigali ishami rya Gisenyi basinye imihigo bagomba gukoreraho mu mwaka wa 2013, bikaba bimwe mu bizatuma iyi kaminuza ishoora kugera ku nshingano yihaye.
Abasore batatu (Nkundimana, Ndagijimana na Byigero) bafungiye kuri satasiyo ya Polisi mu karere ka Rubavu bakurikiranyweho ibyaha by’ubwinjira cyaha bashakaga gukorera muri aka karere Polisi ikabata muri yombi batarabigeraho.
Abagabo barindwi bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bashyikirijwe ubutabera kuri uyu wa 16/01/2013 bazira gutaburura inka ebyiri zatewe imiti bakazirya bagatanga n’inyama abaziriye bikabaviramo gupfa.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA), Dr Rose Mukankomeje, avuga ko bidakwiye ko abantu barwara amavunja bitwaje ibura ry’amazi kandi bafite ubushobozi bwo gutega amazi yo ku nzu agakoresha mu kwita ku isuku.
Karimunda Siperansiya umucyecuru w’imyaka 50 ari kuvurirwa kwa muganga mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu nyuma yo gukubitwa bikomeye azira kuroga umuryango w’abantu batandatu.
Umuyobozi wa banki y’abaturage ushinzwe ubucuruzi, Paul Van Apeldoorn, yahakanye ko iyi banki yahombye, ahubwo yagabanyije umuvuduko w’inguzanyo yatangaga, nyuma y’uko bigaragaye ko yatanze inguzanyo nyinshi.
Nsekuye Leonard uyobora akagari ka Gisa, mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo gutonesha no kugendera ku marangamutima akangiza inzu y’umuturage avuga ko agiye gushyira mu bikorwa imyanzuro y’urubanza rutabaye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Muringa mu karere ka Nyabihu butangaza ko hari byinshi bigomba guhinduka mu mibereho y’abatuye uyu murenge mu rwego rwo kubahiriza gahunda za Leta zirimo ubwisungane mu kwivuza, kubyarira kwa muganga no gufata neza ibikorwa remezo.
Ambasaderi Ramtane Lamamra ushinzwe amahoro n’umutekano mu muryango w’Ubumwe bwa Afurika, avuga ko hari igihe ibibazo bya Congo bizacyemuka impunzi z’Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bahohoterwa bagasubizwa mu gihugu cyabo.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu bavuga ko kuba kwisiramuza bidakorerwa kuri mituweli bibabangamiye mu gihe benshi mu baturage bamaze kumva akamaro ko kwisiramuza.