Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi na polisi mu karere ka Rubavu bashyize ingufuri ku miryango urusengero rwa Goshen Holy Church rukoreramo mu Mbugangari nyuma y’uko abapasitori n’abakirisitu bafatanye mu mashati kubera kutumvikana ku byemezo byafashwe n’abayobozi bakuru b’iri torero bakorera Muhanga.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bitabiriye ibikorwa byo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2013 bavuga ko hari itandukaniro ry’iminsi mikuru ya 2013 na 2012.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, atangaza ko u Rwanda rurimo kubaka ubushobozi bwo gutunganya umusaruro w’inyama zifite ubuziranenge kuburyo mu minsi iri imbere hagiye gutezwa imbere ubworozi butanga umusaruro w’inyama mu gihe gito.
Abagize ishyirahamwe APRED rishinzwe kuganira ku ruhare rw’abanyamadini n’abanyapoliti mu kugarura amahoro mu karere k’ibiyaga bigari bavuga ko habaye ubushake ku mpande zombi amahoro yaboneka kuko abaturage bafite ubushake bw’amahoro.
Abacuruzi bo mu karere ka Rubavu bavuga ko babangamiwe n’izamuka ry’ibiciro by’amafarini n’akawunga kubera imisoro ya TVA yashyizwe kubicuruzwa bikorerwa mu Rwanda, mu gihe byambuka mu mujyi wa Goma bikagura amafaranga macye.
Umunyarwanda Kanyandekwe Faustin utuye mu kagari ka Rubona umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu yahohotewe n’abashinzwe umutekano muri Congo ubwo yari avuye gufata gufata amafaranga yakoreye muri Goma tariki 19/12/2013.
Ubuyobozi bw’abikorera mu karere ka Rubavu bwahisemo gushyira ibikorwa by’imurikagurisha (expo) hafi y’amazi kugira ngo abazaryitabira bashobore no kureba ubwiza bw’akarere nk’amazi y’ikiyaga cya Kivu.
Inzego zishinzwe umutekano mu mujyi wa Goma mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa Congo zikomeje kwitwaza inyeshyamba za M23 zigahohotera Abanyarwanda bajyayo mu bikorwa bitandukanye.
Nyuma y’uko abaturage bororera hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo mu gace ka Rubavu barambwiwe kujya batanga amafaranga mu basirikari ba Congo babaga babatwariye amatungo ngo bayasubizwe, ubu haravugwa ko umushumba yambuye imbunda umusirikari wa Congo wari uje kwiba inka agakizwa n’amaguru, ariko ngo bagenzi be bakaba noneho (…)
Intumwa za rubanda 23 n’izindi mpugucye mu muryango w’ubukungu w’ibiyaga bigari (CEPGL) kuva taliki ya 12/12/2013 bari mu Rwanda mu kuganira imikorere y’uyu muryango n’ibibazo uhura nabyo mu gushyira mu bikorwa inshingano ufite.
Umufasha wa perezida Kagame yifatanyije n’abana b’imfubyi ziba mu kigo cya Noel Nyundo mu mihango yo kwitegura gusoza umwaka wa 2013, ashyikiriza abandi 22 inzu zo kubamo, naho abarenga 50 bashyikirizwa imiryango izabarera kandi asangira nabo ifunguro yabageneye mu bihe byo gusoza umwaka.
Abarwanyi ba FDLR baherutse gutaha mu Rwanda babwiye Kigali Today ko kubasha kugaruka mu Rwanda bakabona bahakandagije ibirenge ari amahirwe kuko nta wakwifuza kugumam muri FDLR dore ko ngo na benshi mu bakiyirimo baba batabishaka.
Ku cyumweru tariki 08/12/2013 saa10h35 isoko rya Gisenyi ryafashwe n’inkongi y’umuriro bitewe n’insinga z’amashanyarazi zahiye hangirika imyenda ariko abaturage batabarira hafi hataragira byinshi byangirika.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Rusine Nyirasafari, ashima imikorere y’amatsinda (club) zita ku isuku kuko bitanga umusaruro mu kugabanya indwara zikomoka ku isuku nke.
Ubuyobozi bw’amashuri mu karere ka Rubavu bwashyizeho gahunda zifasha abana mu kiruhuko aho kujya mu miryango bakabura icyo gukora bakazerera, abandi bakajya ku kiyaga cya Kivu bashobora gukora impanuka zo kugwa mu mazi.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisenyi mu karere ka Rubavu burakangurira abaturage kudahishira uburiro (restaurants) bugaragaza umwanda kuko ugira ingaruka ku buzima bw’abaturage. Hari amazu yahoze ari depots z’amakara ariko zigatanga ifunguro rijyanye n’abafite ubushobozi bucye.
Nyuma y’uko bivuzwe ko mu karere ka Rubavu hari ibikorwa byo kunyereza abagabo n’abasore, ubuyobozi bw’akarere ka Rubvau buvuga ko abagabo n’abasore batanyerezwa ahubwo hafatwa inzererezi kandi zikajyanwa mu kigo ngororamuco.
Abaturage bo mu murenge wa Cyanzarwe mu karere ka Rubavu bavuga kuba umuhanda ubahuza n’indi mirenge idakoze neza bituma badashobora gushyikirana n’indi mirenge uko bikwiye, bagasaba ko hagira igikorwa.
Abanyarwanda 120 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda banyuze mu karere ka Rubavu bavuye mu duce twa Masisi, Ijwi, Kalehe na Rutshuro, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko bishimira kuba igiciro cy’ibirayi cyaratangiye kumanuka ariko bagaterwa impungenge n’izamuka ry’igiciro cy’ibishyimbo.
Nyuma y’icyumweru kimwe gusa mu tubari turi mu karere ka Ruhango hageze inzoga nshya ya Primus iri mu icupa rya santilitiro 50 benshi bitirira umuhanzikazi w’umunyarwanda Butera Knowles, abacuruzi bo muri Ruhango baratangaza ko iyo nzoga ngo ikunzwe cyane.
Umuryango wa Bazimaziki Saveri, umunyarwanda wiciwe i Goma arashwe ku mugoroba wo kuwa gatanu taliki ya 15/11/2013 wasabwe amadolari 300 kugira ngo uhabwe umurambo wa nyakwigendera uzanwe mu Rwanda aho uzashyingurwa.
Kuva ingabo za Congo zagaruka mu duce M23 yahozemo, abaturage bo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu basanzwe bajya gukorera i Kibumba muri Congo bavuga ko bahura n’Abanyarwanda bari basanzwe muri FDLR ubu bashyizwe mu ngabo za Congo.
Abanyarwanda 59 bagarutse mu Rwanda bavuye mu duce dutandukanye muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, aho bavuga ko ubuzima butari buborohereye ariko kubera kubura amakuru y’impamo y’ibibera mu Rwanda bagahitamo kunambira muri icyo gihugu.
Abasanzwe ari abakiriya ba Equity Bank mu karere ka Rubavu bavuga ko batunguwe no kubona iyi banki igiye kumara iminsi itatu ifunze imiryango idakora, kuko bizatuma abadafite amakarita ya ATM batazashobora kubona amafaranga.
Bazimaziki Saveri w’imyaka 29, yiciwe mu mujyi wa Goma arashwe ajugunywa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu inyuma ya Hotel Ihusi yegeranye n’umupaka w’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Umwe mu mu barwanyi ba FDLR batashye mu Rwanda bagize uruhare mu mirwano ya Kanyarucinya na Kanyamahura bavuga ko M23 itariyo yarashe mu Rwanda na Goma, ahubwo ko byakozwe n’abasirikare ba Congo bakoranaga na FDLR.
Mu murenge wa Bigogwe mu karere ka Nyabihu batangiye gukingira inka ziri guturuka muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Kongo zihungishirizwa mu Rwanda kugira ngo hatagira izakwanduza izisanzwe mu duce twegeranye na Kongo. Hagati aho ariko inka zambuka umupaka zikomeje kwiyongera, ngo bikaba biterwa n’uko ngo ingabo za (…)
Maniraguha Dukundane wo mu kagari ka Mahoko, mu murenge wa Kanama yakegeswe ijosi na Nzayisenga Eric ubwo yari agiye kumukiza mu gihe yarwanaga n’umugore we ku isaha ya saa saba z’ijoro mu ijoro ryo kuwa 12 rishyira 13/11/2013.
Inka zirenga 500 zimaze kugera mu Rwanda, ngo n’izindi nyinshi ziri mu nzira zihunga ubushimusi buri gukorwa n’ingabo za Kongo zitwa FARDC aho ziri kurya inka z’abaturage mu duce twa Bunagana, Runyonyi na Rumangabo.