Nyumbayire Bernard utuye mu murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, akurikiranweho gusambanya umwana amushukishije kumuha Bonane y’umwaka wa 2016.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi, REB, kuri uyu wa 31 Ukuboza 2015, cyagabiye inka abarimu babaye indashyikirwa mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Nyanza.
Kuba Umujyi wa Nyanza ugenda utera imbere ariko ukaba udafite aho abagenzi bategera imodoka biri mu bibazo bikomereye ubuyobozi.
Ishuli rikuru rya RTUC ryeguriwe n’Akarere ka Nyanza ubutaka bwa Hegitari 3 z’ubuntu mu rwego rwo kureshya ibikorwa byaryo by’ishoramari.
Umukecuru witwa Mukankusi Cecile yitabye Imana agwiriwe n’inzu tariki 28 Ukuboza 2015 mu ma saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Murengera Eric, Umukuru w’Umudugudu wa Misasa mu Karere ka Nyanza yatorokanye amafaranga hafi miliyoni 3 Frw yari abikiye abaturage.
Abarimu b’impuguke mu bumenyi butandukanye bashinze kampani ya VBC Ltd mu Karere ka Nyanza barwaniye inyungu ziyikomokaho bashaka kwicana.
Umugore witwa Akimana Peresi w’imyaka 41 y’amavuko yishe umugabo we witwa Musabyimana Alphonse w’imyaka 34 y’amavuko amukubise umuhini mu mutwe.
Gakwenzire Noël utuye mu murenge wa Cyabakamyi yagiye mu rutoki yararika insina za baramu be abaziza ko umugore we yabahukaniyeho.
Abaturage bo mu murenge wa Cyabakamyi, Akarere ka Nyanza basanga kuba ibyifuzo byabo byaritaweho igisigaye ari uruhare rwabo mu gutora.
Abantu 3 bakurikiranyweho ibyaha by’urugomo na polisi y’Igihugu ikorera mu karere ka Nyanza umwe muri bo yafashwe abandi 2 baratoroka.
Kirumugabo Joseph w’imyaka 78 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Nyagisozi, Akarere ka Nyanza yiyahuye arapfa bivugwa ko yari arambiwe kubaho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwahuje abikorera baturutse hirya no hino ku isi bubahishurira amahirwe ahaboneka bashoramo imari.
Igitaramo cyiswe “ I Nyanza Twataramye” cyakesheje ijoro mu Karere ka Nyanza cyagaragaje ko i Nyanza ari ku gicumbi cy’umuco Nyarwanda.
Urwego rw’umuvunyi rwahuje abayobozi b’ingeri zitandukanye mu Ntara y’Amajyepfo basobanurirwa ingaruka ziri mu guhishira ruswa n’akarengane.
Mu muganda wo ku rwego rw’igihugu wabereye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2015 bateye ibiti bya Macadamia 100.
Mu Ntara y’Amajyepfo haracyagaragara ikibazo cy’abagabo bamwe baha akato bagenzi babo, kuko bafasha abagore babo mu mirimo itandukanye mu rugo.
Mu karere ka Nyanza imvura yahasenye amazu ayandi irayasakambura inangiza n’imihanda ku buryo byahagaritse imigendaranire.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Habimana Kayijuka John Herbert yeguye ku mirimo ye ku mpamvu ze bwite.
Abana babiri bavuka mu kagari ka Rurangazi, Umurenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza bishwe n’umugezi wa Mwogo barohamye.
Mu rugendoshuri bagiriye mu Karere ka Nyanza, abadepite bagize Komisiyo ishinzwe imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu cya Ghana bashimye uko umutungo wa Leta ukoreshwa.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Nyanza rwafunguye by’agateganyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Kayijuka John, ukurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kunyereza umutungo w’Akarere.
Ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’Abadivantisiti rya Kigali, ishami rya Nyanza ryatanze impamyabumenyi zo mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya Kaminuza.
Abahataniye kuyobora imirenge n’umuyobozi bw’ushinzwe imari mu karere ka Nyanza ntibemera amanota babonye mu gihe RALGA igaragaza ko ari ayabo.
Bamwe mu bacuruzi bafite amaduka akomeye mu mujyi wa Nyanza, baravugwaho kuba badatanga fagitire ku bakiriya ku bw’impamvu z’uburiganya.
Mu karere ka Nyanza igikorwa cyo gutangiza ukwezi k’urubyiruko cyagarutse ahanini ku bishuko abakobwa bahura nabyo bakangurirwa kunanira ababashuka.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, John Habimana Kayijuka gufungwa ukwezi by’agateganyo.
Mukamana Immaculée utuye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza yatoraguye uruhinja rukimara kuvuka ruzingazinze mu bitenge hafi y’urugomero rw’amazi.
Abatuye Akarere Nyanza basabwe kuvana isomo kuri 17 biswe abarinzi b’igihango kubera uruhare bagize mu kurwanya amacakubiri na Jenoside.
Mu karere ka Nyanza nka hamwe mu turere tw’u Rwanda twugarijwe n’indwara ya Malariya ubuyobozi bw’Akarere bwahagurukiye kuyirwanya.