Abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Nyanza baravuga ko bagiye gukaza ingamba zo guhwitura bagenzi babo bitwara nabi rimwe na rimwe babitewe no kwirirwa mu tubari.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko 30% by’impfu z’abageze kwa muganga ziterwa no gutinda kubakira, kubakira nabi cyangwa gutinda kubavura.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge waba adakorana n’abafatanyabikorwa bakorera mu Murenge ayobora, yaba akora nabi.
Umukobwa w’imyaka 19 utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, avuga ko yatewe inda n’umugabo na we uba mu mujyi i Nyanza, bamenyaniye kuri telefone.
Minisitiri w’urubyiruko, Rosemary Mbabazi, yavuze ko abangavu batwaye inda mu Rwanda muri 2018 bangana n’abatuye Umurenge wa Rwabicuma muri Nyanza.
Kuri uyu wa 22 Mutarama 2019, minisitiri w’ubutabera muri Maroc, Mohamed Aujjar,yavuze ko icyaha cya jenoside kizajya gikurikiranwa mu gihugu cye.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza basimbuje imbuga z’amazu yabo uturima tw’imboga baravuga ko barwanyije imirire mibi mu bana babo.
Madamu Jeannette Kagame, umuyobozi n’umuryango Imbuto Foundation yahaye abana bafashwa n’uyu muryango imikoro yo guhangana n’ikibazo cy’abangavu batwara inda imburagihe, kurwanya sida ndetse no kwirinda amavuta ahindura uruhu.
Havugimana Saidi uzwi nka "Haji" ni umucuruzi w’amata ukomeye mu Karere ka Nyanza, asobanura inkomoko y’ubucuruzi bwe, n’inzira yanyuzemo kugira ngo agere ku rwego ariho ubu.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza bongeye kugaragaza ko bifuza kubona amazi meza n’umuriro w’amashanyarazi mu igenamigambi rya 2019/2020.
Ikigo gishinzwe guteza imbere amazi n’amashyamba mu Rwanda kiratangaza ko umwaka wa 2019 uzarangira 30% by’ubuso bumaze guterwaho amashyamba.
Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze buhangayikishijwe n’abana batitabwaho n’ababyeyi babo, bikaba ngombwa ko hitabazwa ba “Malayika murinzi” ngo babakurikirane.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo CG Gasana Emmanuel yavuze ko kugira ngo iyo ntara ishobore gutera imbere, hari ibyo abayikoramo bakwiye kugenderaho kandi bakabyubahiriza.
Isesengura rya Kt Radio rigaragaza ko Guverineri mushya w’Intara y’Amajyepfo CGP Emmanuel Gasana afite akazi katoroheye ko guhindura Intara y’Amajyepfo, ku mwanya asimbuyeho Mureshyankwano Marie Rose.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko abayobozi bitwara nabi bakwiye kubibazwa, kandi ko badakwiye gukomeza kurwazwa nyamara bahemukira abaturage.
Abayisilamu biga mu gihugu cya Arabie Soudite bahaye bagenzi babo bagororerwa muri Gereza ya Mpanga amafunguro yo kwifashisha mu gihe cy’igisibo.
Vuguziga Innocent umaranye imyaka myinshi ubumuga bwo kutabona, abasha gukoresha mudasobwa zikoreshwa n’ababona ndetse akaba ari n’umwarimu w’ikoranabuhanga (ICT).
Minisiteri ishinzwe Ubutaka n’Amashyamba (MINILAF) yatangiye gahunda yo kubungabunga amashyamba 107 rukumbi ya kimeza u Rwanda rusigaranye, kugira ngo adacika.
Ibihumbi by’urubyiruko rugize umuryango w’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi berekeje mu Karere ka Nyanza mu bikorwa byo gufasha abaturage.
Ababyeyi barerera mu Kigo cy’amashuri cy’ubumenyingiro cya Nyanza Technical Shool baravuga ko inzu y’uburyamo bw’abana biyujurije igiye kurushaho kubungabunga umutekano wabo.
Depite Théogène Munyangeyo, visi perezida wa mbere w’ishyaka riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu, PL, avuga ko ishyaka ryabo ryahagurukiye guhashya ubukene mu banyamuryango baryo.
Abagize koperative ‘Urukundo’ bacururiza mu gikari cya Haji Enterprise i Mugandamure mu karere ka Nyanza bemeza ko iterambere bagezeho barikesha Haji wabakuye mu muhanda.
Ikigo cyita ku bafite ubumuga cya HVP Gatagara gifatanyije n’umuryango Handicap International, kiyemeje kuzajya kigenderera abafite ubumuga aho batuye kugira ngo basuzumwe bityo bavurwe hakiri kare.
Ange Mukagahima wo mu Karere ka Muhanga kuri ubu ari mu byishimo nyuma yo gutsindira igihembo cya miliyoni 1RWf kubera umushinga we wahize indi mu Ntara y’Amajyepfo.
Abaturage 397 bo mu Karere ka Nyanza baturuka mu miryango 95 ntibazongera kurwara ngo barembere mu rugo kuko bahawe ubwisungane mu kwivuza.
Mu muhango wo gushyingura Ntivuguruzwa Yvan wari ufite imyaka 28 y’amavuko uherutse kuraswa n’umusirikare wa RDF akitaba Imana, Maj Gen Jack nziza ushinzwe guhuza ibikorwa by’ingabo n’abasivile muri Minisiteri y’Ingabo, yatangaje ko RDF izahana yihanukiriye umusirikare warashe uwo ashinzwe kurinda.
Abaturage babarirwa mu 15000 bo mu Karere ka Nyanza batangiye kuvoma amazi meza babikesha umunyemari ukomoka muri Arabia Saudite witwa Saadi Ibuni Zaidi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Françis Kaboneka arasaba urubyiruko kutumvira ababyeyi barwigisha amacakubiri n’ivangura iryo ari ryo ryose, bagaharanira kubaka u Rwanda ari bamwe.
Minisitiri w’ubutabera n’uburenganzira bwa muntu muri Mali Mamadou Ismael Konate avuga ko imikorere y’inkiko Gacaca ari umuco mwiza azajyana iwabo.