Igitaramo “Nyanza Twataramye” cyagaragaje Nyanza nk’igicumbi cy’umuco

Igitaramo cyiswe “ I Nyanza Twataramye” cyakesheje ijoro mu Karere ka Nyanza cyagaragaje ko i Nyanza ari ku gicumbi cy’umuco Nyarwanda.

Bavugije ikondera bigeza ubwo bigaragura hasi.
Bavugije ikondera bigeza ubwo bigaragura hasi.

Ibi birori ngarukamwaka by’iki gitaramo byabaye mu ijoro ryo ku wa 5 Ukuboza 2015 kugeza bukeye abantu ibihumbi n’ibihumbi baturutse hirya no hino ku isi bataramye mu ruhurirane rw’ibyiza bigize umuco nyarwanda.

Abantu b’ingeri zitandukanye baturutse imihanda yose barimo abana, urubyiruko, abagabo b’ibikwerere, abagore n’abasaza n’abakecuru ntibakanzwe n’imbeho yo ku Gasozi ka Rwesero aho igitaramo cyabereye mu busitani bw’inzu yaho y’ubugeni n’ubuhanzi.

Umurishyo w'ingoma uri mu byanyuze amatwi ya benshi.
Umurishyo w’ingoma uri mu byanyuze amatwi ya benshi.

Uwacu Julienne Minisitiri ufite umuco mu nshingano ze, mu ijambo rye yavugiye mu gitaramo yasabye ko umuco w’u Rwanda ukomeza gusigasirwa.

Yagize ati “Umuco wacu ntugacike ahubwo tuwusigasire ibitaramo nk’ibi bikorwe henshi kandi kenshi mu gihugu”.

Bamwe mu bitabiriye iki gitaramo biganjemo ahanini urubyiruko, cyabakumbuje iby’umuco nyarwanda ndetse cyongera kuwubakundisha.

Uwacu Julienne, Minisitiri w'Umuco na Siporo, yashimiye abateguye iki gitaramo anasaba ko igitaramo nk'iki kijya kiba henshi mu gihugu mu rwego rwo gusigasira umuco.
Uwacu Julienne, Minisitiri w’Umuco na Siporo, yashimiye abateguye iki gitaramo anasaba ko igitaramo nk’iki kijya kiba henshi mu gihugu mu rwego rwo gusigasira umuco.

Iki gitaramo cyiswe “I Nyanza Twataramye” kimaze kuba igikorwa ngarukamwaka mu Rwanda.

Ubu ni ku nshuro ya kabiri cyari gikozwe kuko bwa mbere mu Rwanda cyakozwe mu mpera z’umwaka wa 2014 ubwo hamurikwaga inka z’inyambo ndetse hakabaho n’ibikorwa byo kumasha byakorewe mu ngoro yo mu Rukali i Nyanza.

Andi mafoto

Imbyino ziri mu byafashe umwanya mu nini muri "Nyanza Twataramye".
Imbyino ziri mu byafashe umwanya mu nini muri "Nyanza Twataramye".
Iki gitaramo kitabiriwe n'imbaga nini y'abantu b'ingeri zitandukanye.
Iki gitaramo kitabiriwe n’imbaga nini y’abantu b’ingeri zitandukanye.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Abirwa bamansura nibafate urugero.

likiba yanditse ku itariki ya: 19-04-2016  →  Musubize

Natwe muzadusure mudutaramire inyamasheke turabakunda

Samuel yanditse ku itariki ya: 6-12-2015  →  Musubize

’i Nyanza twataramye’Abategura ibyo biterane rwose ndabashyigikiye!Minister kiriya gitekerezo cy’uko byakorwa mu Rwanda hose nagikoreho bye kuba yesu azaza!ahari umuco wacu wagira byinsh udusigira.

kayijuka yanditse ku itariki ya: 6-12-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka