Umuryango Nyarwanda wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural (Isangano ry’Abagore baharanira Amajyambere y’Icyaro) watangije mu Karere ka Nyanza umushinga w’igihe gito ugamije gushishikariza abantu kuvuga no kudahishira ihohoterwa rikorerwa mu ngo.
Umugabo witwa Ndayisenga François utuye mu Mudugudu wa Kivumu mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza aravuga ko ari mu bibazo by’akaga gakomeye bituruka ku mugabo yishingiye muri banki amwita inshuti magara ye, ariko yamara guhabwa inguzanyo akamutorokera mu gihugu cya Zambia.
Mu rwego rwo kubungabunga imibereho myiza y’abaturage, ku wa 29 Mata 2015, umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda wamurikiye abaturage umuyoboro w’amazi ureshya n’ibirometero 13 mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza.
Umuyobozi w’itsinda rishinzwe gukurikirana abakoze Jenoside bagahungira hanze y’u Rwanda Siboyintore Jean Bosco, aravuga ko u Rwanda rumaze kohereza impapuro 294 mu bihugu byo hanze z’abagomba gufatwa bagakurikiranwa ku byaha baregwa.
Abaturage bo mu Karere ka Nyanza banenze bagenzi babo bagaragayeho gupfobya Jenoside muri iki gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu w’1994.
Ku cyumweru tariki 12 Mata 2015 ku biro bya Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatanzwe ibikoresho binyuranye polisi yafatanye abantu ikurikiranyeho ubujura buciye icyuho bwakorewe mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Nyanza mu minsi mike ishize.
Umugabo witwa Rwigema Samson ukomoka mu Kagari ka Rwesero ahitwa mu Kidaturwa mu Karere ka Nyanza avuga ko imibereho mibi y’ubuzima yatumye yibera mu giti nk’inyoni ariko ubu yibera mu kazu k’amazi ari na ko amaze ukwezi acumbitsemo mu Mujyi wa Nyanza.
Polisi y’Igihugu mu Karere ka Nyanza iravuga ko ikomeje gahunda yo guta muri yombi abakekwaho bose kwihisha inyuma y’ubujura n’abantu bagura ibyo baba bibye babyita ko biboneye imari ishyushye.
Umupolisi witwa Safari Gilbert yagejejwe imbere y’Urukiko rw’Ibanze rwa Busasamana ku wa 09 Mata 2015 aregwa ubujura bw’ibyuma by’imodoka y’ikamyo yari yafashwe na Polisi kubera amakosa yari iyikurikiranyeho.
Kayihura Pierre Céléstin wiganye na Dr Léon Mugesera mu kigo cyitiriwe Kristu Umwami kiri mu Karere ka Nyanza, avuga ko yahize n’ubundi yanga abatutsi ndetse ngo yagiye ashoza imvuru mu kigo akabakubitisha abandi banyeshuri.
Ku wa 3 Mata 2015, Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza yerekanye abantu batandatu ikurikiranyeho ubujura buciye icyuho bwibasiye bamwe mu batuye mu Mujyi wa Nyanza mu minsi ishize bakibwa bimwe mu bikoresho byo mu nzu.
Ku wa 04 Mata 2015, Ishuri rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu Karere ka Nyanza ryatanze impamyabushobozi ku banyamategko barimo abacamanza, abashinjacyaha n’abunganira abandi mu mategeko 269 bize ibirebana n’uko amategeko akorwa ndetse n’uko ashyirwa mu ngiro mu gihe cy’amezi icyenda.
Abaturage badafite ubushobozi bagenewe ubufasha bwo kunganirwa mu mategeko imbere y’ubutabera n’abanyamategeko bo mu nzu z’ubufasha mu by’amategeko bazwi nka MAJ bakorera buri turere tw’Igihugu.
Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa aravuga ko ikibazo cy’ihohoterwa mu muryango nyarwanda gikwiye kurandurwa kugeza ubwo gihinduka amateka.
Uwamahoro Alphonsine w’imyaka 25 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Kavumu mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza aravuga ko yataye umugabo we ku buryo budasubirwaho ahunga ihohoterwa yari amazemo imyaka irindwi, dore ko babanaga ariko batarasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo bwegukanye igikombe cy’ishimwe gitangwa mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kubera intambwe iba imaze guterwa mu mitangire y’amasoko aba yakozwe mu buryo bunyuze mu mucyo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 byamaze gutegurwa ku buryo bunoze ndetse ko buri kintu cyose ubu kiri mu mwanya wacyo mu gihe habura itageze ku cyumweru ngo icyunamo cy’iminsi ijana gitangire.
Polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza yakusanyije ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi na kanyanga n’ibindi yafashe mu bihe bitandukanye ndetse inagaragaza ububi bifite ku buzima bw’ababikoresha.
Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza iravuga ko kuba ibitaro by’Akarere ka Nyanza bimaze imyaka 4 bitagira umuyobozi bifite ingaruka zitandukanye, ku buryo hakwiye gushakwa umuyobozi ubiyobora kugira ngo ibibazo bihari bikemuke.
Inama njyanama y’Akarere ka Nyanza yateranye tariki ya 26 Werurwe 2015 yafashe umwanzuro ko imbwa zizerera zose zigomba kwicwa hagamije kubungabunga umutekano w’abaturage.
Mu kigo nderabuzima cya Mututu cyo mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza haravugwa umwuka mubi hagati y’umuyobozi wacyo witwa Nyiravuganeza Siphora n’abakozi bakorana kubera ko ngo abivangira mu kazi agamije inyungu ze bwite.
Abahinzi bo mu Mirenge ya Rwabicuma, Nyagisozi na Cyabakamyi mu Karere ka Nyanza batewe akanyamuneza n’urugomero rw’amazi bubakiwe na Leta y’u Rwanda muri gahunda yo kubafasha kuhira imirima yabo mu gihe cy’izuba.
Umugore witwa Uzamushaka Julienne w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Nyamiseke mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza avuga ko imiyoborere myiza yamukijije ihohoterwa yari amaze imyaka irindwi akorerwa n’umugabo we.
Turikunkiko Védaste utuye mu Mudugudu wa Birembo, Akagari ka Mpanga ko mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza aravuga ko umugore bari bamaranye imyaka irenga 35 babana yamutanye abana bane barimo umuto ufite imyaka 14 y’amavuko mu mwaka wa 2014 akigira gushaka undi mugabo.
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza bafata itabi ry’igikamba n’ubugoro nk’imari ikomeye ibinjiriza amafaranga ikanabatungira imiryango.
Minisiteri y’abakozi ba Leta n’umurimo (MIFOTRA) itarangaza ko amatora y’intumwa z’abakozi bahagarariye abandi n’abagize komite zishinzwe ubuzima n’umutekano mu kazi ateganyijwe gutangira tariki 31/03/2015 areba ibigo byose by’abikorera mu Rwanda.
Imwe mu miryango yo mu turere twa Ruhango na Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo yemeza ko yari ibanye mu buryo bw’amakimbirane ubu iratanga ubuhamya ikavuga ko amahoro aganje iwabo mu miryango kubera inyigisho yahawe n’Umuryango RWAMREC.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buravuga ko bwamaze gutunganya ibishushanyo mbonera by’amazu azubakwa ku byambu binyurwaho n’Abarundi baza mu Rwanda cyangwa abanyarwanda berekeza i Burundi, hagamijwe korohereza abashinzwe umutekano batari bafite aho bakorera.
Komisiyo ya Sena y’u Rwanda ishinzwe Umutekano n’Ububanyi n’Amahanga, kuri uyu wa 12 Werurwe 2015 yasuye Akarere ka Nyanza iganira n’abatwara abagenzi ndetse n’abandi bashobora kugira uruhare mu gukumira impanuka zo mu muhanda kugira ngo barebere hamwe icyakorwa kugira ngo impanuka za hato na hato zitwara ubuzima bw’abantu (…)
Kayirama Libératha, umuhanzi akaba n’umwarimukazi w’imyaka 35 y’amavuko wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Rugenge rwubatse mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza yahuje abishe n’abiciwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu gace k’iwabo avukamo bubakirana amazu muri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge.