Mbyayingabo François yataye Mukabarinda Jacky bari bagiye gusezerana imbere y’amategeko mu Murenge wa Muyira mu Karere ka Nyanza.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyanza, Dr Hakizimana Kagabo Léon, n’umubaruramari witwa Kabalisa Roger Victor baburiwe irengero kuva mu cyumweru gishize.
Abadepite bagize komisiyo y’ingengo y’imari n’umutungo by’Igihugu basabye abakozi b’Akarere ka Nyanza kugendera kure ibyaha bya ruswa mu mirimo bashinzwe.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza biyemerera ko inzoga y’igikwangari bayita “Ndi umunyarwanda” kugira ngo bajijishe ubuyobozi.
Abagize umuryango w’Abanyeshuri n’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 (AERG na GAERG) bagaruriye icyizere umusaza w’imyaka 86 wo mu Karere ka Nyanza, bamusanira inzu.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri y’inshuke n’abanza, baraburirwa ko kutita kuri gahunda y’ “Inkongoro y’umwana” bishobora kubaviramo gukurikiranwa mu rwego rw’amategeko.
Umugore witwa Nyenyeri Evangeline utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza yarangije amashuri yisumbuye, yihangira umurimo wo kogosha.
Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza bavuga ko serivisi z’ubuzima bahabwa n’abajyanama b’ubuzima babegereye zibafatiye runini mu buvuzi bw’indwara.
Igikorwa cy’ubutabazi bwo kutanga amaraso cyakorewe mu kigo nderabuzima cya Nyanza mu karere ka Nyanza cyitabiriwe n’abaturage barenga abo bateganyaga.
Abantu bataramenyekana binjiye muri Kiliziya ya Paruwasi ya Kigoma mu Karere ka Nyanza biba bimwe mu bikoresho by’iyo Paruwasi.
Umuryango w’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Nyanza wasabye ko amazina y’abashyinguwe mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza yandikwa ku rwibutso.
Rulinda Dieudonné wiyita “Ru Bless” avuga ko imyaka itandatu yamaze muri Canada yamupfiriye ubusa kuko yagarutse mu Rwanda yarasigaye mu iterambere.
Bamwe bari biteze ko bashobora kubona akazi mu muryango wiyise “Women Forever” mu Karere ka Nyanza, baravuga ko batunguwe no gusanga bari abatekamutwe.
Abayobozi b’amashuri ya Leta n’afashwa na Leta muri Nyanza, baravuga ko kwigisha hifashishijwe telefoni byongereye ubushobozi bw’abana mu kumenya gusoma.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yasabye abakandida bateganya gukoresha ikoranabuhanga biyamamaza mu myanya inyuranye y’ubuyobozi mu nzego z’ibanze kuzitwararika.
Imodoka itwara abarwayi (Ambulance) y’ikigo nderabuzima cya Busoro mu karere ka Nyanza yakoze impanuka abantu bane barimo bararusimbuka.
Munyambibi Joseph wari umupfumu yishwe akubiswe n’uwitwa Ndungutse Theoneste wari ufite uburwayi bwo mu mutwe arimo kumuvurira iwe mu rugo.
Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu Karere ka Nyanza, hari abifuje ko n’“Umuturage Utazwi” yahagararirwa mu byiciro by’intwari.
Ikamyo yikoreye imifuka ya Sima yavaga i Rusizi yerekeza i Kigali, yakoreye impanuka mu Karere ka Nyanza hakomekeramo batatu.
Mukeshimana Béatrice wo mu Karere ka Nyanza, ufite akabari iwe mu rugo, yarumwe izuru n’umukiriya we arikuraho.
Abadepite barimo gusura Akarere ka Nyanza bagasabye kurandura burundu cy’indwara ya Bwaki.
Nyuma y’iminsi 10 hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Irakoze Gabriel mu murenge wa Busasamana hongeye gutoragurwa umurambo w’umusore bamwe bashya ubwoba.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda basuye Akarere ka Nyanza bishimira aho imirimo yo kubaka ibiro bishya byako igeze.
Nkurikiyabandi Jean Pierre bitaga “Bizigira” wari umuganga gakondo yishwe n’inzoka y’impiri yari imaze amezi ane ayororeye iwe mu rugo.
Abatuye i Busasamana mu mujyi wa Nyanza bavuga ko amatara yo ku mihanda yabakijije ubujura bwibasiraga amaterefoni n’udukapu tw’abagore mu ijoro.
Abarimu bashya 1039 basabye akazi ko kwigisha mu karere ka Nyanza mu mwaka w’amashuri wa 2016 bagiye kugahabwa binyuze mu ipiganwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, yemeye ko amakuru y’inzara yahagaragaye mu minsi ishize yiswe izina rya “Nzamurambaho” ari ukuri.
Abakobwa bane muri barindwi bahataniraga itike yo guhagararira Intara y’Amajyepfo mu marushanwa ya Miss Rwanda 2016, baraye batambutse kuri uyu wa 16 Mutarama 2016.
Mbabazi Berise, umunyeshuri wanikiye abandi bose mu Rwanda mu bizamini bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, yatangaje ko arangamiye kuzaba umuganga.
Mu karere ka Nyanza hafi y’ahahoze icyicaro cy’Intara y’Amajyepfo hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Irakoze Gabriel bikekwa ko yaba yishwe ahotowe.