Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanel Gasana ubwo yari mu Karere ka Nyanza mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 15 imaze ishizwe ndetse bigahuzwa n’icyunmweru cyahariwe ibikorwa byayo tariki 11 Kamena 2015, yatangaje ko bitarenze ku wa 1 Nyakanga 2015 Polisi izaba ikorera mu mirenge yose y’igihugu.
Mukamuyango Alphonsine umwe mu batishoboye bapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi, nyuma yo gushyikirizwa inzu kuri uyu wa 11 Kamena 2015 yavuze ko asezereye izina ry’abatishoboye ngo kuko icumbi yubakiwe na Polisi y’u Rwanda rigiye kumushoboza kugera ku iterambere rirambye.
Murekezi Zacharie w’imyaka 58 n’umugore we Mukankubito Rahabu w’imyaka 54 y’amavuko batuye mu Kagari ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, bahamya ko bamaze imyaka irenga 30 barokamwe n’ubukene kubera gushyira imbere amakimbirane yo mu muryango.
Kuri iki cyumweru tariki ya 07 Kamena 2015 abakinnyi, abayobozi na bamwe mu bafana b’ikipe ya Rayon Sports icumbitse mu Mujyi wa Nyanza bibutse ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda igahitana bamwe mu bari abakinnyi n’abakunzi bayo.
Nkundimana Richard utuye mu mudugudu wa Kavumu, Akagali ka Kavumu, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, aravuga ko abikesheje ubuhinzi bwa kijyambere bw’urutoki afite agiye kubaka inzu y’agaciro ka miliyoni 45 z’amafaranga y’u Rwanda.
Imwe muri Quartier ( Karitsiye) yiyise kuri 40 iri mu Mujyi wa Nyanza ikaba izwiho kuberamo uburaya kuri uyu wa 4 Kamena 2015 yapimwemo virusi itera SIDA kugira ngo abahatuye bafashwe kumenya uko bahagaze maze bafate ingamba z’ubwirinzi.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, na bamwe mu bakozi b’akarere kuri uyu wa 2 Kamena 2015 ubwo bari bagiye gukemurayo ibibazo by’abaturage mu Murenge wa Nyagisozi bakiriwe n’amaganya ya bamwe mu baturage babasaba kubakiza umugabo bavuga ko yigize indwanyi muri ako gace wahigize.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Kirambi ko mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza, Ndahimana Théogène, yatawe muri yombi na polisi akuriranyweho kwigabiza ishyamba rya leta akaritemesha atabiherewe uburenganzira.
Abitabiriye kongere ya 8 y’inama y’Igihugu y’urubyiruko mu Karere ka Nyanza yateranye ku wa 29 Gicurasi 2015, biyemeje kuba abarinzi b’ibyagezweho mu iterambere ry’igihugu, birinda uwo ari we wese waba intandaro yo kubisenya.
Ku nkunga y’ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID) muri porogaramu yacyo ya Ejo Heza abantu 412 bo mu murenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyanza bigishijwe gusoma, kwandika no kubara bakuze.
Intumwa ziturutse muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) zahagurukijwe n’ikibazo cy’imikoreshereze y’ifumbire mvaruganda mu Karere ka Nyanza maze zikorana inama n’abahinzi, abacuruza inyongeramusaruro n’izindi nzego kugira ngo harebwe icyakorwa kugira ngo umusaruro ukomoka ku buhinzi urusheho kwiyongera.
Ubwo Umunyamahanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Kalihangabo Isabelle, yaganiraga n’abaturage b’Umurenge wa Rugarika kuri uyu wa 27 Gicurasi 2015, yaburiye abakomeza kwinangira kwishyura imitungo bangije muri Jenoside yakorewe abatutsi abibutsa ko icyaha cya Jenoside kidasaza.
Mu muhango uhuza buri 26 wa Gicurasi abafite ubumuga baba baturutse hirya no hino mu Rwanda ndetse no hanze y’Igihugu bibuka Padiri Fraipont Ndagijimana washinze ikigo cyita ku buzima bw’abafite ubumuga cya HVP Gatagara humvikanyemo bwa mbere ijwi ryabo risaba ko Itegeko Nshinga ry’u Rwanda rivugururwa.
Ikigo cya HVP Gatagara cyubatse ku gasozi kitiriwe amizero mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, ku wa 26 Gicurasi 2015 habereye umuhango ngarukamwaka wo kwibuka Padiri Fraipont Ndagijimana washinze icyo kigo mu mwaka wa 1960 agamije kwita ku buzima bw’abafite ubumuga.
Mu nama Umuryango Mpuzamahanga uharanira Ubutabera, International Justice Misison (IJM), wagiranye n’inzego zifasha mu kumva ibibazo by’abantu ku wa 26 Gicurasi 2015, wabasabye gufatanya kugeza ubutabera ku wahohoteye kuko ari imwe mu ngamba zo gukumira ihohoterwa no kurirwanya.
Abaturage amagana n’amagana baturutse mu mirenge yose y’Akarere ka Nyanza ku mugoroba wo ku wa 25 Gucurasi 2015 bakiye bidasanzwe intore z’Abadahingwa bo muri aka karere bari bakubutse mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda mu gusaba ko Itegeko Nshinga rihinduka rikemerera Perezida Paul Kagame kongera kwiyamamaza.
Kuri uyu wa 23 Gicurasi 2015, mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Rwabicuma bibutse abari abaforomo, abarwayi n’abarwaza biciwe mu Kigo Nderabuzima cya Cyaratsi muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abashoferi n’abakanishi ba sosiyete itwara abagenzi ya Horizon Express mu Rwanda kuri uyu wa 21 Gicurasi 2015 basoje amahugurwa y’ibyumweru bibiri bari bamaze mu kigo cy’imyuga cya IPRC Kavumu kiri mu Karere ka Nyanza bigishwa uburyo barushaho kuba abanyamwuga nyabo.
Nsabihoraho Jean Damascène, umuyobozi ushinzwe imari n’ubutegetsi (DAF) mu Karere ka Nyanza arakekwaho gutorokana amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 24.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Nyanza babarizwa mu byiciro bitandukanye barahamya ko bamaze kwigira babikesheje kwishyira hamwe mu makoperative bagiye bibumbiramo ngo barwanye ubukene.
Umugabo witwa Bizimungu Léonidas w’imyaka 42 y’amavuko ukomoka mu Murenge wa Busoro ari mu maboko ya polisi y’Igihugu ikorera mu Karere ka Nyanza akekwaho gusambanya umwana w’imyaka itanu.
Ku wa 17 Gicurasi 2015, mu Karere ka Nyanza hasojwe amarushanwa y’imikino itandukanye mu bigo by’amashuri, maze mu mupira w’amaguru mu bahungu igikombe cyegukanwa n’ishuri ryisumbuye rya Nyanza, naho mu bakobwa kijyanwa n’ishuli rya Ste Trinité.
Ba rwiyemezamirimo n’abakozi barebwa n’amasoko ya Leta bo mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, basobanuriwe itegeko rishya rigenga ayo masoko, mu rwego rwo gukumira ibibazo bya hato na hato bishobora kuvuka iyo hatabayeho kuyubahiriza.
Mu Ishuri rikuru ry’Abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza riherereye i Busasamama mu Marere ka Nyanza habereye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nubwo iri shuri ryashinzwe nyuma y’ayo mahano ya Jenoside.
Umusore witwa Hakizimana Jean w’imyaka 28 y’amavuko uvuga ko akomoka mu Karere ka Muhanga mu Murenge Nyamabuye ari mu maboko ya Polisi kuva kuri uyu wa 11 Gicurasi 2015 nyuma ngo yo kugubwa gitumo na Polisi y’Igihugu akorera undi mu ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabizika.
Umugore witwa Icyitegetse Fortunée w’imyaka 56 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Shyira mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yaketsweho gucuragura mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira ku wa 12 Gicurasi 2015 maze arakubitwa kugeza ashizemo umwuka.
Uwimana Claudine w’imyaka 25 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza akekwaho gukubita Umwana w’umuhungu w’imyaka itandatu uvuka mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza yari abereye Mukase amuziza kwiba ubunyobwa mu murima wa se wabo witwa Niyomugabo bikamuviramo urupfu.
Ku gicamunsi cyo ku wa 10 Gicurasi 2015, ubwo hasozwaga ikiriyo cy’umucuruzi Twagirayezu Michel wari uzwi ku izina rya Ragadi, nyiri Motel IDEAL iri mu Mujyi wa Nyanza uherutse gupfa mu minsi ishize, mu rugo rwe habereye imidugararo ituma habaho ubushyamiranye bwatumye ab’iwabo w’umugore n’ab’iwabo w’umugabo bahangana mu (…)
Umuryango Nyarwanda wa Réseau des Femmes Oeuvrant pour le dévelopement Rural (Isangano ry’Abagore baharanira Amajyambere y’Icyaro) watangije mu Karere ka Nyanza umushinga w’igihe gito ugamije gushishikariza abantu kuvuga no kudahishira ihohoterwa rikorerwa mu ngo.
Umugabo witwa Ndayisenga François utuye mu Mudugudu wa Kivumu mu Kagari ka Nyanza mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza aravuga ko ari mu bibazo by’akaga gakomeye bituruka ku mugabo yishingiye muri banki amwita inshuti magara ye, ariko yamara guhabwa inguzanyo akamutorokera mu gihugu cya Zambia.