Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki ya 10/10/2014, umugabo uri mu kigero cy’imyaka 34 wari utuye mu mudugudu wa Kamasera mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, yasanzwe mu nzu yimanitse mu mugozi yamaze gushiramo umwuka.
Abantu 10 bo mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke barashakishwa bakurikiranweho guteza ubushyamirane hagati y’abaturage n’abashinzwe kurinda ikivu muri iki gihe gifunzwe.
Ngirumukunzi Tharcisse utuye mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke ahitwa ku i Yove, avuga ko yagiye akora ibikorwa byinshi byo kwiteza imbere ariko ubuyobozi bukamubangamira bufatanyije na bamwe mu baturage bafite ishyari ry’uko hari byinshi yamaze kugeraho kandi abikuye mu mutwe we.
Kayonga Zakayo w’imyaka 82 aratangaza ko yari umukene ariko ubu akaba yarabashije kwiteza imbere abikesheje gahunda ya VUP kuko yabashije gukora akiteza imbere.
Minisitiri w’Umutekano, Mousa Fazil Harelimana, atangaza ko gereza igiye kubakwa mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba ari andi maboko abaturage bahawe, akabasaba kuzakorana neza n’abahagororwa kugira ngo bazabafashe mu bikorwa by’iterambere.
Nyuma y’inkuru twabagejejeho y’umwana Agasaro Janvière wo mu karere ka Nyamasheke ufite uburwayi bwo kubyimba umutwe aho gukura bisanzwe, ubu yamaze kubagirwa mu bitaro bya Ruli byo mu karere ka Gakenke, umubyeyi we akaba afite icyizere ko azakira.
Nduwamungu Jean Claude w’imyaka 26 urerwa n’umuryango wamutoraguye mu karere ka Nyamasheke avuga ko yayobewe irengero ry’ababyeyi be ndetse akaba atibuka aho bari batuye.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 24 y’amavuko, Dushime Ernest ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga, mu karere ka Nyamasheke azira kugafatanwa impushya zo gutwara ibinyabiziga z’impimbano.
Nyuma y’ibibazo by’ubutaka byakomeje kurangwa hagati y’uruganda rw’icyayi rwa Gisakura n’abaturage baturanye n’uruganda, abayobozi b’akarere ka Nyamasheke baratangaza ko byaba bigiye kubonerwa umuti mu gihe ibiganiro bya nyuma n’abaturage byaba bigenze neza.
Abagabo babiri batuye mu murenge wa Nyabitekeri, akagari ka Muyange mu mudugudu wa Tumba bari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa amajerekani 15 yuzuye mazutu afite agaciro k’amafaranga asaga ibihumbi 300.
Inzitiramibu zigiye zidodanyije zigakora umutego munini, ndetse n’ibyo bita kaningini nizo abarobyi bamwe bakoresha mu kuroba isambaza n’amafi mu gihe ubundi inzitiramubu yagenewe kurinda abaturage umubu utera marariya.
Umushinga w’amazi meza witwa PEPP (Programme Eau Potable pour la Population des Grands Lacs) igihugu cy’Ubusuwisi giteramo inkunga mu turere twa Rusizi na Nyamasheke ngo waheze mu mpapuro nk’uko byagaragajwe mu nama yahuje abarebwa n’uwo mushinga kuwa 24/09/2014.
Ubwo abayobozi b’akarere ka Nyamasheke basuraga abaturage bo mu murenge wa Cyato, tariki 24/09/2014 abatuye uyu murenge basabye abayobozi kuzabagereza icyifuzo cyabo kuri Perezida Kagame ko bifuza kuzamubona imbone nkubone ngo bamwereke ibyo amaze kubagezaho.
Nyiranyenzi Aderiana w’imyaka 95 wari utuye mu mudugudu wa Rushoka , akagari ka Kibingo mu murenge wa Gihombo yahiriye mu nzu arashya arakongoka ubwo yari arimo kota umuriro mu nzu ye mu joro rya tariki ya 22 Nzeri 2014.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 18, Niyitegeka Emmanuel, wakoraga akazi ko mu rugo rwa Gerard Bandeke utuye mu mudugudu wa Munyinya akagari ka Gihundwe mu murenge wa kamembe akarere ka Rusizi, yatawe muri yombi afatanywe amafaranga ashinjwa kwiba sebuja.
Mu mezi atatu ashize abaturage bavuga ko barambiwe guhinga icyayi mu mirenge ya Ruharambuga, Shangi , Karengera na Bushekeri, aho abahinzi bavuga ko icyo gihingwa ntacyo kikibamariye bagahitamo kukirandura no guhinga ibindi bihingwa ngadurarugo bavuga ko ari byo bibafitiye akamaro kurusha icyayi.
Abagabo n’abagore batuye mu murenge wa Ruharambuga bavuga ko ubuharike n’ubushoreke bukomeje gufata isura mbi kandi bukaba bugenda bukura umunsi ku munsi ku mpamvu batavugaho rumwe.
Minisiteri y’inganda n’ubucuruzi yamurikiye akarere ka Rusizi ibyavuye mu nyigo igaragaza uko amasoko yo muri aka karere yagombye kuba yubatse, ibibura ndetse n’akeneye kuvugururwa.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 10 Nzeri 214 ku gicamunsi nibwo urukiko rwa gisirikare rwaburanishije mu ruhame urubanza rwa Pte Niyonsaba Olivier na bagenzi be mu bujurire, rwongera kwemeza igihano yari yahawe n’urukiko cyo gufungwa imyaka 11 hari ku itariki ya 5 Kamena 2014.
Nkundabanyanga Joseph utuye mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano yasenyewe n’ubuyobozi bw’umurenge ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki ya 9 Nzeri 2014, bamushinja kubaka mu mbago z’isoko rishya riri kubakwa no kubaka adakurikije amategeko.
Uruzi rwa Bitare rugabanya imidugudu ibiri ya Ryanyagahangara na Rurembo mu kagari ka Gasovu mu murenge wa Karambi, kugera mu mudugudu umwe uvuye mu wundi bisaba guca ku biti bibiri biri hejuru y’uruzi ahantu harehare nko muri metro eshatu uvuye ku rutindo ujya aho amazi agarukira niho abana bo mashuri abanza baca bava (…)
Umugore witwa Uwingabire Charlotte utuye mu murenge wa Kanjongo muri iki cyumweru aragezwa imbere y’ubutabera nyuma yo gukebesha umukozi yakoreshaga inzembe mu maso kugeza amugize intere.
Abagize urwego rushya ruzaba rushinzwe gucunga umutekano basabwe kuzaba inyangamugayo no kuzaba ijisho rya rubanda mu kazi kabo, bagatandukana n’urwego basimbuye rwari rutangiye gutakaza icyizere mu baturage.
Nsanande Athanase w’imyaka 51 utuye mu mudugudu wa Kaburiro mu kagari ka Karengera mu murenge wa Kirimbi, afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kanjongo nyuma yo gushinjwa kuruma umukobwa yibyariye umukondo, ndetse agahita yifungirana mu nzu akica ihene eshatu indi akayivunagura.
Umugabo witwa Hakizayezu Gratien bahimbaga Gatekasi uri mu kigero cy’imyaka 25 wakoraga akazi ko gucuruza inka, yasanzwe mu ruzi rwa Bitare yapfuye mu ma saa tatu za mu gitondo mu mudugudu wa Ryanyagahangara, mu kagari ka Gasovu mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke.
Umukobwa w’imyaka 20 witwa Uwitonze Chantal wavukiye mu mudugudu wa Kamina mu Kagari ka Shara mu Murenge wa Kagano, aragezwa imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki ya 7/9/2014 azira guta umwana yari yabyaye mu kwezi kwa Mutarama muri uyu mwaka wa 2014.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Nyamasheke, tariki 02/09/2014, umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibijyanye no gutwara abantu n’ibintu muri minisiteri y’ibikorwa remezo, Dr Nzahabwanimana Alexis, yasabye ko ahantu hatanoze mu iyubakwa ry’umuhanda uva Nyamasheke ugana i Karongi, hakosorwa kugira ngo inenge zashoboka zibashe (…)
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buratangaza ko bugiye gutanga ibirango (plaque) mu bwato bwose bukorera mu Kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kumenya ubwato buri mu karere, ndetse no kugumya kubungabunga umutekano w’abagenda n’abarobera mu kiyaga cya Kivu.
Ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 29/08/2014 mu masaha ya saa kumi n’ebyiri, nibwo hamenyekanye inkuru mbi y’urupfu rw’umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Shara mu murenge wa Kagano, Niyitegeka Twahirwa Marie Rose, akaba yaguye mu mpanuka yabereye mu ishyamba rya Nyungwe nyuma y’uko imodoka yari ibatwaye yarenze umuhanda (…)
Ndagijimana Callixte utuye mu Kagari ka Mubumbano mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, avuga ko imvura ivanze n’umuyaga yahuhuye inzu ye kuri uyu wa mbere tariki ya 25/08/2014 igasenyuka yose kubera uburangare bw’abayobozi b’akarere ka Nyamasheke bari baramwemereye ubufasha kugira ngo asane inzu ye yari yarangijwe (…)