Ntibisanzwe ko abantu bavukana bashobora gukundana bagashimana bakageza ubwo bafata icyemezo cyo gugashakana nk’umugore n’umugabo; amategeko y’u Rwanda ntabyemera kuko avuga ko abashakana bagomba kuba nibura badahuje amasano kugera ku gisekuru cya karindwi.
Iyo ugeze hagati mu ishyamba rya Nyungwe ugera ahantu hari icyapa kivuga ngo ku Uw’inka, iyo ukomeje ukinjira mu ishyamba uhasanga hoteri nziza ukahasanga ba mukerarugendo benshi bagana ku rutindo runini ruzwi ku izina rya canopy, ndetse bamwe bakahaca bajya gusura ibisimba bitandukanye bigize urusobe rw’ibinyabuzima biri (…)
Mu gihe Abanyarwanda hirya no hino bizihizaga imyaka 20 ishize ingabo zahoze ari RPA zahagarikaga Jenoside yakorerwaga Abatutsi, abaturage bo karere ka Nyamasheke bahuriye mu midugudu yabo bahabwa ibiganiro ndetse baranasabana.
Umwaka ushize abaturage ba Nyamasheke bagaragarije abashakashatsi bo mu kigo cy’igihugu gushinzwe imiyoborere (RGB) ko badashimishwa n’uburyo bagezwaho gahunda za Leta ndetse bakaba batagishwa inama mu bibakorerwa ndetse bakaba baranenze serivisi zitangwa mu karere kose.
Urwego ruzwi ku izina rya Local defense rwacungaga umutekano rwamaze gukurwaho n’itegeko, rukaba rugiye gusimbuzwa abo bita DASSO (District Administration Security Support Organ).
Mu nama yahuje abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyamasheke bibumbiye mu rugaga rwitwa JADF, bakoze inama yo kumurika ibyo bagezeho n’ibyo bazakira umwaka utaha barasabwa guhiga ibyo bashobora kuzahigura aho guhiga byinshi bakazakora bike.
Abahumanyijwe n’amafunguro bafashe ubwo bari mu munsi wo kwizihiza umwana w’umunyafurika wizizwa ku itariki ya 16 Kamena bavuga ko bamaze koroherwa mu gihe abandi bakiri kwa muganga kuko bataroroherwa neza.
Niwenshuti Anastasie wari mu kigero cy’imyaka 12 yagonzwe n’imodoka yo mu bwoko bwa minibus ahita yitaba Imana, byabereye mu mudugudu wa Nkero mu kagari ka Kigoya mu murenge wa Kanjongo tariki ya 25 Kamena 2014.
Abatishoboye biganjemo abakecuru n’abasaza bo mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke barimo kwiyandikisha ngo bazahabwe amafaranga y’ingoboka azatuma bava mu bukene bakagera ku buzima bwiza bukwiye umunyagihugu w’umunyarwanda, nk’uko biri muri gahunda y’igihugu yo kuvana abaturage mu bukene izwi ku zina rya VUP (vision (…)
Masengesho Ismael wari wasabwe kuba mwarimu mu rwunge rw’amashuri rwa Shangi nyuma yo gushinjwa imyitwarire mibi mu kazi, yasubijwe ku kazi ke ku bucungamutungo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamaugali.
Mukandekezi Laurence w’imyaka 42 wari utuye kagari ka Rugari mu murenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke, yitabye Imana mu buryo budasobanutse kuwa gatanu tariki ya 20 kamena 2014 mu masaha y’igicamunsi.
Umushoramari Karyabwite Pierre ushaka kubaka uruganda rw’icyayi mu murenge wa Karambi aho bita mu Gatare avuga ko akomeje kubangamirwa n’Umuhanda Kivugiza -Hanika wakozwe nabi n’akarere ka Nyamasheke akaba agiye kumara imyaka ibiri ataratangira kubaka uruganda rw’icyayi yemeye kubaka muri ako gace.
Nyuma y’aho mu minsi ishize mu kagari ka Ntura mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi habaye ikiza cy’ubutaka bwitse umusozi ukariduka hakangirika bikomeye amazu 2 y’imiryango ibiri mu yari ihatuye, ubu abaturage b’ako kagali baravuga ko bamaze kumva ko ibyo Leta ibabwira ibakangurira kuva ahantu h’amanegka bakajya (…)
Nishimwe Felix wavutse mu mwaka w’1988 washinjwaga kwiha ububasha ku mirimo itari iye akiyita muganga ndetse agasiramura abagabo yahamijwe icyaha ahanishwa igifungo cy’amezi ane n’urukiko rwa Kagano.
Akarere ka Nyamasheke kabonye umunyamabanga nshingwabikorwa mushya witwa Habiyaremye Pierre Celestin waje asimbura Ndagijimana Jean Pierre umaze amezi umunani afunzwe akurikiranweho ibyaha bya ruswa.
Niyomugabo Rajab w’imyaka 30 na Mukamujyama Margarita w’imyaka 52 bari mu maboko ya polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bashinjwa gufatanwa urumogi ndetse bakanarucuruza.
Kuri uyu munsi tariki ya 16 Kamena 2014, abanyamakuru bakorera ibitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda basuye ibitaro bya Kibogora biri mu karere ka Nyamasheke, basobanukirwa imikorere y’ibitaro muri serivisi zitandukanue zihatangirwa.
Abanyeshuri basaga 2000 biga mu mashuri yisumbuye ya IJW Kibogora (Institut JohnWesley) na GSFAK (Groupe Scolaire Frank Adamson de Kibogora) barasabwa buri gihe gushyira imbere amasomo bahabwa bakabifatanya no gushyira imbere indangagaciro nyarwanda zirimo kugira ibyo baziririza nk’abana b’Abanyarwanda bakazubaka u Rwanda (…)
Mantis bita Dystacta tigrifrutex cyangwa the bush tiger mantis ni ubwoko bushya bw’inigwahabiri (insects) bwavumbuwe ku isi buvumburwa mu ishyamba rya Nyungwe mu mezi make ashize ataragera ku mwaka.
Abaturage bo mu murenge wa Kagano bageneye inkunga abirukanwe muri Tanzaniya bagiye gutuzwa mu murenge wa Karambi mu karere ka Nyamasheke, ibintu bifite agaciro gasaga ibihumbi 800.
Abasirikare batanu bashinjwaga kwica Inkeragutabara yari iri ku irondo tariki 25/12/2013 bakatiwe n’urukiko rwa gisirikare rwari rukuriwe na Capitaine Charles Sumbanyi mu ruhame ku kibuga cy’umupira cya Kanjongo tariki 05/06/2014.
Abasirikare n’abaturage batuye mu karere ka Nyamasheke barafatanya mu kubakira incike zarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse bagafatanya gusana imihanda no gusibura imirwanyasuri mu murenge wa Gihombo.
Abitandukanije n’abacengezi hamwe n’abafasha babo bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke baratangaza ko ubu ari aba mbere mu kumva neza ibyiza n’akamaro bya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Masengesho Ismael wari umucungamutungo w’urwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Dominiko Saviyo rwa Nyamugari yasabwe kujya kwigisha mu rwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Yohani Bosco rwa Shangi, nyuma y’uko basanze yari afite imyitwarire idakwiye mu kazi yakoraga harimo gusuzugura ubuyobozi , inyandiko mpambano no gukererwa akazi.
Umushoramari Karyabwite Pierre uri kubaka uruganda rw’icyayi aho bita mu Gatare, mu murenge wa Karambi, avuga ko ahangayikishijwe n’uruganda yumva ko rushobora kubakwa , hafi y’uruganda rwe akemeza ko byaba binyuranyije n’amasezerano yagiranye na Leta mu guteza imbere ako karere.
Abaturage bo mu karere ka Nyamasheke bavuga ko umuryango wo mu bihugu by’iburasirazuba bw’afurika (EAC) ari umwe mu miryango babonaho inyungu ndetse n’amahirwe , mu kubateza imbere kabone n’ubwo imipaka y’ibihugu byo muri uyu muryango u Rwanda rurimo itabegereye.
Nyirangirabera Marianna na Bagambake Jacques bahagarariye itsinda ry’abahinzi 6 bahingaga imyumbati mu murenge wa Kanjongo, imyumbati yabo yaje kurandurwa n’abakoraga umuhanda wa kaburimbo, isigaye iyoborwamo amazi y’umugezi wa Kigoya.
Mpagazehe Philemon n’umugore we Mukamana Naeme bari batuye mu mudugudu wa Mitanga mu kagari ka Karengera, tariki ya 26 Gicurasi 2014 mu masaha ya saa tatu z’amanywa basanzwe mu nzu babagamo batemaguwe n’abantu bataramenyekana kugeza magingo aya.
Umuryango wa Karera Merchiol na Mukanzigiye Speciose batuye mu kagari ka Rwesero mu murenge wa Kagano mu mudugudu wa Kamasera bishimiye ko nyuma y’umwaka bari bamaze bishyuza akarere amafaranga ibihumbi 92 noneho bayabonye.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bahaye ishimwe umuyobozi w’ibitaro bya Kibogora, Dr Nsabimana Damien, kubera ubwitange n’urukundo yakomeje kugaragariza abarokotse mu buryo ayoboramo ibitaro ndetse n’ubufasha yakomeje kugaragaza ku giti cye abuha abarokotse Jenoside (…)